text
stringlengths
0
5.99k
source
stringclasses
14 values
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)82 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Amazu yo mu Mudugudu wa Karingorera 3. Ikibazo cya NTIBARWOGA Augustin na bagenzi be 26 bahawe ingurane mu gishanga cya Rubogeka NTIBARWOGA Augustin ubarizwa mu Mudugudu wa Runaba, mu Kagari ka Rusumo, mu Murenge wa Butaro, mu Karere ka Burera yagejeje kuri Komisiyo ikibazo cye avuga ko agisangiye n'abandi baturage 26. Abo baturage bari bafite amasambu yabo ya gakondo mu Murenge wa Butaro, bakaba bavuga ko mu mwaka w'1980, ubuyobozi bwa Komini Butaro bwayatanze ngo yubakweho Ikigo cy'Amashuri Abanza ya Runaba n'amashuri yisumbuye ya “Groupe Scolaire Runaba” bahabwa ingurane mu gishanga cya Rubogeka kiri mu Midugudu ya Kamonyi, Kabingo na Runaba. NTIBARWOGA Augustin akomeza avuga ko mu gihe cyo kwandikisha ubutaka nabo babaruje ubwo butaka, ariko ntibahabwa ibyangombwa byabwo kuko babwiwe ko ibishanga byose ari ibya Leta. Mu gukurikirana icyo kibazo, Komisiyo yageze aho igishanga giherereye isanga hari umuturage umwe muri bo witwa BUMBOGO Félicien wahawe icyangombwa cya burundu cy'ubwo butaka yaguraniwe mu gishanga.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)83 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Imiterere y'igishanga cya Rubogeka Komisiyo yagejeje kandi icyo kibazo ku buyobozi bw'Akarere ka Burera buyibwira ko ikibazo cy'abo baturage kizwi kandi ko n'ubwo batahawe ibyangombwa by'ubutaka bakomeje gukoresha icyo gishanga. Hashingiwe ku isesengura Komisiyo yakoze ku bibazo byerekeranye n'imitungo itimukanwa abaturage bo mu Karere ka Burera bayigejejeho, yasanze ibibazo byabo bimaze igihe kirekire cyane kandi bizwi n'ubuyobozi. Ku bijyanye n'igishanga cya Rugezi, Komisiyo yasanze cyarahindutse igishanga gikomye hashingiwe ku Masezerano Mpuzamahanga ya RAMSAR (Convention de RAMSAR) yo ku wa 2 Gashyantare 1971 yerekeye kubungabunga ahantu hahehereye hafite akamaro ku rwego mpuzamahanga ku bw'umwihariko indiri y'inyoni zo mu mazi, yemejwe burundu n'Itegeko n° 37/2003 ryo ku wa 29/12/2003. Isanga kandi kiriya gishanga gifite akamaro kanini cyane kuko kibika amazi menshi ajya mu kiyaga cya Burera no mu mugezi wa Mukungwa ujyana amazi mu rugomero rwa Ntaruka ruyabyaza ingufu z'amashanyarazi afitiye igihugu akamaro, bityo kikaba kigomba kubungwabungwa by'umwihariko. Ku rundi ruhande, n'ubwo nta muturage wemerewe gutuzwa mu gishanga, bariya baturage bari barahawe ubutaka mu gishanga cya Rugezi n'inzego z'ubuyobozi, zinaha ibyangombwa umwe mu baturage. Harimo abaturage bimuwe mu mitungo yabo bahabwa amasambu mu butaka bw'igishanga nk'ingurane, harimo n'abandi batujwe mu kibaya cya Karingorera n'ubuyobozi ariko ntibahabwa ibyangombwa by'ubutaka. By'umwihariko, Komisiyo isanga kuba abaturage baraguraniwe ubutaka mu gishanga cya Rubogeka bakaba babuhinga, bidasobanuye ko ari ubwabo kuko nta byangombwa babufitiye, bityo bakaba bagomba guhabwa ingurane ikwiye. Komisiyo ikaba isaba ko icyo kibazo gisuzumwa n'inzego bireba kugira ngo kibonerwe igisubizo vuba.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)84 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 6. 6. Uburenganzira bwo kutavangurwa Uburenganzira bwo kutavangurwa buteganywa mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, mu ngingo yaryo ya 11 igika cya 2, ivuga ko « Ivangura iryo ari ryo ryose rishingiye nko ku bwoko, ku muryango, ku nzu, ku gisekuru, ku ibara ry'umubiri, ku gitsina, ku karere, ku byiciro by'ubukungu, ku idini cyangwa ukwemera, ku bitekerezo, ku mutungo, ku itandukaniro ry'umuco, ku rurimi, ku bukungu, ku bumuga bw'umubiri cyangwa ubwo mu mutwe no ku rindi vangura iryo ari ryo ryose, rirabujijwe kandi rihanwa n'amategeko ». Ubwo burenganzira buteganyijwe kandi mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye guca burundu ivanguramoko iryo ari ryo ryose yo ku wa 21 Ukuboza 1965, yatangiye gukurikizwa tariki ya 04 Mutarama 1969, (binyuze mu Itegeko-teka N° 8/75 ryo ku wa 12/02/1975, J. O. N° 5 yo ku wa 12/02/1975). Uburenganzira bwo kutavangurwa bushyirwa mu bikorwa n'Itegeko n° 47/2001 ryo ku wa 18/12/2001 ryerekeye icyaha cy'ivangura nk'uko ryahinduwe kugeza ubu, mu ngingo yaryo ya mbere itanga igisobanuro cy'ivangura n'ingingo yaryo ya 3 iteganya ko ivangura no gukurura amacakubiri ari ibyaha. Ingingo ya 15 ikavuga ko icyaha cy'ivangura n'icyo gukurura amacakubiri bidasaza. Itegeko Ngenga N° 01/2012/OL ryo ku wa 02/05/2012 rishyiraho Igitabo cy'amategeko ahana mu Rwanda rivuga mu ngingo yaryo ya 136 ku ihanwa ry'icyaha cy'ivangura n'icyo gukurura amacakubiri. Ku byerekeye Uburenganzira bwo kutavangurwa, Komisiyo yakiriye ikirego 1 iragikurikirana kikaba cyarafashwe nk'icyitegererezo. 1. Ikirego cya NYIRANEZA Esther n'umugabo we MUSONERA Vincent Ku wa 21 Ukwakira 2011 NYIRANEZA Esther n'umugabo we MUSONERA Vincent babarizwaga mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Kagunga, Umurenge wa Ntyazo, bagejeje kuri Komisiyo ikibazo cyerekeranye n'ihohoterwa NYIRANEZA Esther akorerwa n'abo mu muryango w'umugabo we ririmo kumukubita, kumwoneshereza no kumurandurira imyaka bamuziza ko MUSONERA Vincent yanze gushaka umugore umuryango wari wamuhitiyemo. Iryo hohoterwa rikaba ryaratumye bahungira mu Kagari ka Rutete mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza. Mu maperereza Komisiyo yakoze kuri iki kibazo yasanze : - Ku wa 19 Nyakanga 2010 uwitwa NYIRANDAYISABA Godelive muramukazi wa NYIRANEZA Esther yaciwe n'Ubuyobozi bw'Inzego z'Ibanze, amafaranga ibihumbi ijana na makumyabiri ba birindwi (127. 000 frw) kubera kumwoneshereza, ntiyayatanga, ubuyobozi bw'Ibanze ntibwagira icyo bukora; - Ku wa 5 Nzeri 2010, NYIRANEZA Esther yakubiswe na MUKESHIMANA Damascène wo muri uwo muryango amuvuna igufwa ry'ukuboko. Yaregeye Urukiko maze ku wa 29 Mata 2011 Urukiko rw'Ibanze rwa Busasamana mu rubanza RP 0265/10/TB/Bssamana, rumuhanisha igifungo cy'umwaka, no guha uwo yahohoteye amafaranga ibihumbi magana atandatu (600. 000 Frw) mu gihe kitarenze iminsi umunani (8), kugeza ubu akaba amaze kumuha amafaranga ibihumbi ijana na makumyabiri (120. 000 frw) gusa;
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)85 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU- Ku wa 5 Ukuboza 2010, NYIRANEZA Esther yongeye gukubitwa inkoni n'ibibando mu gico cyari kigizwe na MUKESHIMANA Damascène wavuzwe haruguru, SEKAROMBA Abiyasi, NYIRANDAYISABA Godelive, MUBANDAKAZI Drocella, MUNYAMPUNDU Wellars na NZAYIRAMBAHO Razaro; -NZAYIRAMBAHO Razaro wari ufungiye muri Gereza ya Huye, kuri dosiye y'ubushinjacyaha RONJ 02441462/S1/10/RG/NY na dosiye yo mu Rukiko RP 0040/11/TB//Bssmana, yarakurikiranywe ariko urubanza rukaba rwarasubitswe inshuro eshanu kubera ko abafatanyacyaha badafunze batitabaga Urukiko, nyuma urubanza rwaraciwe bategekwa kuriha NYIRANEZA Esther amafaranga ibihumbi magana atatu (300. 000 frw) yo barayatanga. N'ubwo ariko bishyuye ariya mafaranga, ibi bigaragaza uburyo yatotejwe mu bihe binyuranye. Komisiyo yagejeje ikibazo cyabo ku buyobozi bw'Umurenge wa Ntyazo, ubw'Akarere ka Nyanza ndetse n'ubw'Intara y'Amajyepfo ibusaba kugikemura ariko nticyakemuka Ku wa 18 Kamena 2015, Komisiyo yongeye kugeza iki kibazo ku buyobozi bw'Akarere bwayibwiye ko bwari buzi ko ikibazo cya NYIRANEZA Esther n'umugabo we cyakemutse, ariko niba kitarakemuka, ko bazakoresha mu gihe cya vuba Inteko Rusange y'Abaturage ku rwego rw'Akagari, izigirwamo ikibazo cyabo, igafatirwamo ibyemezo byo kugikemura. Mu gihe iyi raporo yategurwaga, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza ibaruwa N°CNDP/ SEP/100/15. 16 yo ku wa 9 Nzeri 2015 isaba ko ikibazo cya NYIRANEZA Esther n'umugabo we gikemurwa. Komisiyo isanga nta muntu n'umwe ufite uburengenzira bwo kuziza NYIRANEZA Esther na MUSONERA Vincent kuba barashyingiranywe ku bushake bwabo nk'uko bishimangirwa n'ingingo ya 26 igika cya 3 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, ivuga ko “Ntawe ushobora gushyingirwa atabyemeye ku bushake bwe, yaba uw'igitsina gore cyangwa uw'igitsina gabo”. Isanga kandi itotezwa rikorerwa NYIRANEZA Esther n'umugabo we ryaratumye bavutswa uburenganzira bwo gutura aho bashaka, n'ubw'umutungo wabo bwite nabwo buteganywa mu ngingo ya 23 n'iya 30 y'Itegeko Nshinga ryavuzwe haruguru. Komisiyo irasaba ko inzego bireba zakemura iki kibazo, NYIRANEZA Esther n'umugabo we bagasubirana uburenganzira bwabo. 3. 6. 7. Uburenganzira ku bidukikije Uburenganzira ku bidukikije busobanurwa nk'uburenganzira bwa buri wese ku bidukikije bisukuye, bidashobora kwangiza ubuzima n'imibereho myiza by'abantu, Leta ikaba ifite inshingano yo kubibungabunga hifashishijwe ingamba nyazo zifasha gukumira ihumanywa ryabyo, buri muntu na we akagira inshingano ku giti cye yo kubungabunga no guteza imbere ibidukikije mu nyungu z'ibisekuruza biriho n'ibizaza. Uburenganzira ku bidukikije buteganywa n'Ingingo ya 49 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, ivuga ko umuntu wese afite uburenganzira bwo kuba ahantu hadafite ingaruka mbi ku buzima kandi hatunganye.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)86 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Iyo ngingo ikomeza ivuga ko umuntu wese afite inshingano yo kurengera, kubungabunga no guteza imbere ibidukikije, naho Leta ikishingira kurengera ibidukikije. Agace ka nyuma k'iyo ngingo kavuga ko Itegeko ngenga rigena uburyo bwo kurengera, kubungabunga no guteza imbere ibidukikije. Uburenganzira ku bidukikije buvugwa kandi mu ngingo ya 12 y'Amasezerano Mpuzamahanga mu by'Ubukungu, Imibereho Myiza n'Umuco yo ku wa 16 Ukuboza 1966. Agace ka 2b k'iyo ngingo kagaragaza ko ubuzima bwiza buzira umuze budashoboka mu gihe ibidukikije bitabungabunzwe uko bikwiye. Ingingo ya 24 y'Amasezerano Nyafurika y'Uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage yo mu 1981 na yo ivuga ko abaturage bafite uburenganzira ku bidukikije byiza kuri bose, bituma bagera ku iterambere. Mu rwego rw'Igihugu, Itegeko Ngenga n° 04/2005 ryo ku wa 8 Mata 2005 rigena uburyo bwo kurengera, kubungabunga no guteza imbere ibidukikije mu Rwanda, Itegeko n°18/2007 ryo ku wa 19 Mata 2007 ryerekeye kwimura abantu ku mpamvu z'inyungu rusange, Itegeko n° 16/2012 ryo ku wa 22 Gicurasi 2012 rigena imiterere, imikorere n'inshingano by'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibidukikije-FONERWA, Itegeko n° 24/2012 ryo ku wa 15 Kamena 2012 ryerekeye igenamigambi ry'imikoreshereze y'ubutaka n'imitunganyirize y'ubutaka mu Rwanda, Itegeko n° 43/2013 ryo ku wa 16 Kamena 2013 rigenga ubutaka mu Rwanda n'Itegeko n° 13/2014 ryo ku wa 20/05/2014 rigenga ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro na kariyeri (Iri Tegeko ryavanyeho Itegeko n° 37/2008 ryo ku wa 11/08/2008 rigenga Ubucukuzi bw'Amabuye y'Agaciro na Kariyeri n'Amateka ya Minisitiri arishyira mu bikorwa). Mu rwego rwo kurinda no kurengera uburenganzira ku bidukikije, kuva ku wa 13 kugeza ku wa 18 Mata 2015, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yagenzuye uko uburenganzira bwa Muntu bwubahirizwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda, hasuzumwa niba amategeko yubahirizwa. Komisiyo kandi yakiriye inakurikirana ibirego 2 byose byabonewe ibisubizo. Ibyo birego Komisiyo yabishyikirijwe ubwo yagenzuraga uko uburenganzira bwa Muntu bwubahirizwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro, bikaba bijyanye no kwangirika k'ubutaka bw'abaturage biterwa n'amazi aturuka ahacukurwa amabuye y'agaciro na kariyeri. Muri iyi raporo, mu gice kijyanye n'igenzura ry'uburenganzira bwa Muntu, haragaragara incamake y'ibyavuye mu igenzura ry'uko uburenganzira bwa Muntu bwubahirizwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda ari naho Komisiyo igaragaza ibibazo yagejeje ku nzego zishinzwe kurengera ibidukikije. 3. 6. 8. Uburenganzira ku butabera Uburenganzira ku butabera bukubiyemo uburenganzira bukurikira : Uburenganzira bwo kuva no kujya aho ushaka, Uburenganzira bwo kwiregura no kugira ukunganira mu nkiko, Uburenganzira bwo ku rubanza ruboneye kandi ruciye mu mucyo no mu gihe giciriritse, Uburenganzira bwo kuburanishwa n'urukiko rubifitiye ububasha, Uburenganzira bwo guhabwa kopi y'urubanza n' Uburenganzira bwo gufatwa nk'umwere ku cyaha uregwa igihe cyose kitaraguhama burundu. Uburenganzira ku butabera buteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, mu ngingo ya 18 ivuga ko « nta we ushobora gukurikiranwa, gufatwa, gufungwa cyangwa guhanirwa icyaha keretse mu gihe biteganywa n'amategeko akurikizwa mu gihe icyaha akurikiranyweho cyakorewe ».
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)87 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Iyo ngingo kandi ivuga ko umuntu wese ukurikiranyweho icyaha agomba « Kumenyeshwa imiterere n'impamvu z'icyaha akurikiranyweho, kwiregura no kunganirwa ni uburenganzinzira budahungabanywa mu bihe byose, ahantu hose mu nzego zose z'ubutegetsi, iz'ubucamanza n'izindi zose zifata ibyemezo ». Ingingo ya 19 iteganya ko «Umuntu wese afatwa nk'umwere ku cyaha aregwa igihe cyose kitaramuhama burundu mu buryo bukurikije amategeko, mu rubanza rwabereye mu ruhame kandi ruboneye, yahawe uburyo bwose bwa ngombwa bwo kwiregura ». Iyo ngingo ivuga kandi ko « nta we ushobora kuvutswa kuburanira imbere y'umucamanza itegeko rimugenera ». Uburenganzira ku butabera buteganywa kandi mu Masezerano Mpuzamahanga mu by'Imbonezamubano no mu bya Politiki, cyane mu ngingo ya 14 [1] ivuga ko « Abantu bose bareshya imbere y'Inkiko ntoya n'inkuru, kandi umuntu wese afite uburenganzira bwo kuburanishwa mu buryo buboneye kandi mu ruhame mu rukiko rwashyizweho n'amategeko rubifitiye ububasha, rwigenga kandi rutabogamye». Iyo ngingo kandi (14 [7]) ivuga ko « nta muntu ushobora gukurikiranwa cyangwa guhanirwa icyaha yahanaguweho cyangwa ku cyaha yakatiweho burundu mu rubanza rudasubirwamo hakurikijwe amategeko n'imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha bya buri gihugu ». Ubwo burenganzira kandi bushimangirwa n'Itegeko n° 30/2013 ryo ku wa 24 Gicurasi 2013 ryerekeye imiburanishirize y'Imanza Nshinjabyaha. Mu mwaka w'2014-2015, Komisiyo yakurikiranye ibirego 533. Muri byo, 257 byarakemutse, 276 ntibirakemuka bikaba bikubiyemo ibiri mu nkiko n'ibigikorerwa amaperereza. 3. 6. 8. 1. Uburenganzira ku rubanza ruboneye kandi ruciye mu mucyo Ubu burenganzira buteganyijwe mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye Uburenganzira mu by'Imbonezamubano no mu bya Politiki cyane cyane mu birebana n'imanza z'inshinjabyaha aho ingingo ya 9 igika cya 3 ivuga ko: «Umuntu wese ufashwe cyangwa ufungiye icyaha gihanwa n'amategeko agomba mu gihe kigufi gushyikirizwa umucamanza cyangwa undi mutegetsi itegeko riha gukora umurimo w'ubuca- manza kandi agomba gucirwa urubanza mu gihe giciriritse cyangwa akarekurwa... ». Ibi bishimangirwa kandi n'ingingo ya 13 y'Itegeko n° 21/2012 ryo ku wa 14 Kamena 2012 ivuga ko: «Urubanza rwose ruregewe urukiko, rugomba kuba rwaburanishijwe mu gihe kitarenze amezi atandatu kuva urukiko rushyikirijwe ikirego ». Ikirego gikurikira cyafashwe nk'icyitegererezo. Ikirego cya MUSOMANDERA Emiriana Ku wa 17 Gashyantare 2015, Komisiyo yakiriye ikibazo cya MUSOMANDERA Emiriana utuye mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kayonza, Umurenge wa Mukarange, Akarere ka Kayonza, Intara y'Iburasirazuba. Icyo kibazo kirebana n'uko yambuwe igice k'isambu ye hashingiwe ku rubanza n° RP 0054/12/TB/KDO rwo ku wa 8 Kamena 2012 yaburanye mu Rukiko rw'Ibanze rwa Kabarondo akaba yarashinjwaga icyaha cyo kurengera ubutaka.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)88 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Muri urwo rubanza MUSOMANDERA Emiriana yaburanaga na MUKANKUBANA Emerance, utuye mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kayonza, Umurenge wa Mukarange, Akarere ka Kayonza. Avuga ko urwo rubanza rwarangijwe nabi hadashingiwe ku bipimo byagaragajwe ku gishushanyo cyakozwe n'Ubugenzacyaha cyagaragazaga ko yarengereye metero icumi (10) bigatuma bamutwara ubutaka bwe. Mu maperereza Komisiyo yakoze yamenye ko urubanza RP 0054/12/TB/KDO rwo ku wa 8 Kamena 2012 rwaburanishijwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Kabarondo rwarangijwe nabi kubera ko rutagaragaje imbago zigomba gushingirwaho mu irangizwa ryarwo kandi izo mbago zikaba zari zaragarajwe mu maperereza yakozwe n'inzego zakurikiranaga iki kibazo. Muri ayo maperereza, Komisiyo yamenye ko ku wa 13 Ukuboza 2012, MUSOMANDERA Emiriana yasabye Urukiko rw'Ibanze rwa Kabarondo gusobanura urubanza RP0054/12/TB/KDO rwaciwe n'urwo Rukiko. Ku wa 8 Kamena 2012 urubanza rwahawe n° RP 0190/12/KDO ; Urukiko rukaba rwarasobanuye ko habaye uburengere ku isambu ya MUKANKUBANA Emerance iherereye mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kayonza, Umurenge wa Mukarange bwakozwe na MUSOMANDERA Emiriana bungana na metero icumi (m 10) nk'uko bigaragazwa n'igishushanyo cyakozwe n'Ubugenzacyaha. Komisiyo ishingiye ku maperereza yakoze, ishingiye ku manza zaburanwe, ishingiye kandi ku nyandikomvugo y'irangizarubanza yo ku wa 7 Kanama 2012 ndetse n'izindi nyandiko zirebana n'iki kibazo irasanga MUSOMANDERA Emiriana yaravukijwe uburenganzira ku mutungo we kuko mu kurangiza urubaza hatashingiwe kuri metero icumi (m10) zaburanwaga. Ku wa 16 Nyakanga 2015, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza ibaruwa n° CNDP/ JUL/021/15. 16 isaba ko urubanza rwa MUSOMANDERA Emiriana na MUKANKUBANA Emerance rwarangizwa hashingiwe ku rubanza RP 0190/12/TB/KDO rusobanura urubanza RP0054/12/TB/KDO rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Kabarondo ku wa 13 Ukuboza 2012, kugira ngo MUSOMANDERA Emiriana asubizwe igice cy'isambu ye hakuwemo metero icumi (m 10) z'uburengere. Urubanza rwa MUSOMANDERA Emiriana rwagombaga kuzarangizwa n'Akarere ka Kayonza nyuma y'iminsi cumi n'itanu (15) uhereye ku wa 30 Nyakanga 2015, ariko Komisiyo yamenye ko habaye impinduka mu buyobozi, uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Mukarange yimurirwa ahandi. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yamenye ko Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza yandikiye Umunyamabanga Nshingwabikorwa mushya w'Umurenge wa Mukarange amusaba kurangiza urwo rubanza. Komisiyo irasanga MUSOMANDERA Emiriana yaravukijwe uburenganzira ku mutungo we bitewe n'uko urubanza rwarangijwe nabi. Irasanga MUSOMANDERA Emiriana yarasiragijwe kenshi mu nzego zagombaga kumukemurira ikibazo kuko zatinze kumuha kashe mpuruza. Komisiyo kandi irasanga abacamanza bakwiye kujya basobanura neza imanza kugira ngo abashinzwe kuzirangiza bitababera inzitizi.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)89 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 6. 8. 2. Uburenganzira bwo kudafatwa ngo ufungwe binyuranyije n'amategeko Uburenganzira bwo kudafatwa ngo ufungwe binyuranyije n'amategeko buteganywa mu ngingo ya 18 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu. Igika cya kabiri cy'iyo ngingo kivuga ko «Nta we ushobora gukurikiranwa, gufatwa, gufungwa cyangwa guhanirwa icyaha keretse mu gihe biteganywa n'amategeko akurikizwa mu gihe icyaha akurikiranyweho cyakorewe». Mu rwego rwo kurinda no kurengera uburenganzira bwo kudafatwa ngo ufungwe binyuranyije n'amategeko, Komisiyo yakiriye inakurikirana ibirego 22. Muri ibyo birego, 19 byarakemutse naho 3 biracyakurikiranwa. Ibyo birego byakurikiranywe by'umwihariko mu gihe Komisiyo yajyaga kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu magereza no mu ma kasho. 3. 6. 8. 3. Uburenganzira bwo gusubizwa ibyo wambuwe Uburenganzira bwo gusubizwa ibyo wambuwe bushingira ku ihame ry'uko ibyemezo by'inkiko bigomba kubahirizwa na buri wese. Ibi bikaba biteganywa mu gika cya 5 cy'ingingo y'140 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, kivuga ko «Ibyemezo by'Inkiko bigomba kubahirizwa n'abo bireba bose, zaba inzego z'ubutegetsi bwa Leta cyangwa abantu ku giti cyabo». Icyo gika kandi kigira kiti: «Ntibishobora kuvuguruzwa keretse binyuze mu nzira no mu buryo buteganywa n'amategeko». Uburenganzira bwo gusubizwa ibyo wambuwe buteganywa kandi mu Itegeko n° 21/2012 ryo ku wa 14 Kamena 2012 ryerekeye Imiburanishirize y'Imanza z'Imbonezamubano, iz'Ubucuruzi, iz'Umurimo n'iz'Ubutegetsi mu ngingo ya 202, igika cya 1, ivuga ko: «Imanza, ibyemezo n'inyandiko ziriho inyandikompuruza birangizwa mu gihe kitarengeje amezi atatu kuva bisabwe n'uwatsinze urubanza cyangwa ufite icyemezo bitagishoboye kujuririrwa, cyangwa kuva bashyikirijwe inyandiko iriho kashe mpuruza». Ibirego Komisiyo yakiriye n'ibyo yakurikiranye bijyanye no gusubizwa uburenganzira wambuwe ni 223. Ibirego byakemutse ni 88 naho ibigikurikiranwa ni 135. Umubare munini mu bitarakemuka ni ibyohererejwe Inzego z'Ibanze kugira ngo zibibonere ibisubizo, birimo kandi ibirego Komisiyo igikurikirana n'ibindi itararangiza gukorera amaperereza. Bimwe mu birego by'icyitegerezo ni ibikurikira : 1. Ikirego cya GAKWAYA Evariste Ku wa 10 Nzeri 2014, GAKWAYA Evariste, ubarizwa Mudugudu wa Kabutora, Akagari ka Buvumo, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha kugira ngo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mukura cyangwa uw'Akagari ka Buvumo bashyire mu bikorwa icyemezo cy'Abunzi cyo ku wa 4 Kamena 2015. Mu maperereza Komisiyo yakoze kuri iki kibazo, yasanze mu rubanza RC 0198/11/TB/Ngoma rwo ku wa 31 Ukwakira 2012 rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Ngoma, bisabwe na UWIZEYIMANA Stéphanie utari warahawe umugabane.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)90 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Urukiko rwagaragaje abazungura ba MUGASA runagena igice cy'isambu buri muzungura wese agomba guhabwa. Ku bwumvikane bw'abo bazungura, bahisemo kugabana umutungo wa sekuru badakurikije icyemezo cy'Urukiko. Hubahirijwe umugabane bahawe, buri wese yahawe icyemezo cya burundu cy'ubutaka. Mu gihe cyo kugabana, KALINDA Yamin mwene KALINDA Innocent na UWIMANA Rose, mu mwanya w'ababyeyi be badahari yahawe ahari aha GAKWAYA Evariste, ahari hasanzwe ari ah'ababyeyi ba KALINDA Yamin hahawe GAKWAYA Evariste. KALINDA Yamin yanze kurekura aho yari asanganywe, anatwara aho yagenewe. GAKWAYA Evariste yareze KALINDA Yamin mu Bunzi aramutsinda, umwanzuro ushyirwaho kashempuruza. Mu gihe cyo gushyira mu bikorwa uwo mwanzuro w'Abunzi, UWIMANA Rose nyina wa KALINDA Yamin, yatambamiye icyo gikorwa agaragaza ko ubwo butaka bagiye gutanga abufitiye ibyemezo bya burundu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge yabuze icyo akora kuri icyo kibazo bitewe n'inzitizi zatanzwe na UWIMANA Rose, GAKWAYA Evariste aguma mu gihirahiro. Mu isesengura Komisiyo yakoze, yasanze icyemezo cy'Urubanza RC 0198/11/TB/Ngoma rwo ku wa 31 Ukwakira 2012 kitarigeze gishyirwa mu bikorwa kandi cyarabaye itegeko. Yasanze kandi ubwumvikane hagati y'abantu cyangwa umwanzuro w'Abunzi bidakuraho urubanza rwabaye itegeko. Ni muri urwo rwego Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Huye ibaruwa nº CNDP/JUL/042/15. 16 yo ku wa 27 Nyakanga 2015 imusaba ko icyemezo cy'urubanza RC 0198/11/TB/Ngoma gishyirwa mu bikorwa. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yari itarabona igisubizo cy'Umuyobozi w'Akarere ka Huye kandi GAKWAYA Evariste atarahabwa ibiteganyijwe mu rubanza. Komisiyo irasaba ko icyemezo cy'urubanza RC 0198/11/TB/Ngoma rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Ngoma ku wa 31 Ukwakira 2012 gishyirwa mu bikorwa. 2. Ikirego cya NTAGANIRA David Ku wa 18 Nzeri 2006, NTAGANIRA David ubarizwa mu Murenge wa Kamembe, Akarere ka Rusizi, Intara y'Iburengerazuba yakorewe iyicarubozo n'abapolisi bo kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamembe bamukekaho kwiba telefoni igendanwa, bimuviramo gukomereka bikomeye. Urubanza rw'inshinjabyaha RP 0271/06/TGI/RSZ rwaciwe ku wa 14 Ugushyingo 2007, TWAGIRAMUNGU Alexis na NDEKEZI Jean Claude bahamwa n'icyaha cyo gukubita no gukomeretsa NTAGANIRA David, urukiko rubakatira igihano cy'igifungo cy'umwaka umwe. Bafunguwe ku wa 15 Ugushyingo 2007 kubera ko igihe bari bamaze muri gereza cyasumbaga igihano bakatiwe. Iki kirego cyanditswe muri raporo y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka w'2012-20134. 4Raporo y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka w'2012-2013, urup. 69-70
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)91 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU5Raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y'umwaka w'2011-2012, urup. 48 Mu rubanza rw'indishyi no RC0009/08/TGI/RSZ, rushingiye ku rubanza rw'inshinjabyaha no RP 0271/06/TGI/ RSZ, rwaciwe ku wa 2 Mata 2009, Urukiko rwategetse ko TWAGIRAMUNGU Alexis na NDEKEZI Jean Claude bafatanya guha NTAGANIRA David indishyi mbonezamusaruro zihwanye n'amafaranga y'u Rwanda 20. 304. 000 hiyongereyeho indishyi z'ububabare zihwanye n'amafaranga y'u Rwanda 432. 000; yose hamwe akaba amafaranga y'u Rwanda 20. 736. 000, hakiyongeraho kandi 4 % yayo y'umusogongero wa Leta ahwanye n'amafaranga y'u Rwanda 829. 440. Ayo mafaranga yagombaga gutangwa mu gihe giteganywa n'amategeko, batayanga akavanwa mu byabo ku ngufu za Leta. Mu maperereza yakoze, Komisiyo yasanze igisebe cya NTAGANIRA David cyarakomeje kumera nabi. Mu ibaruwa no CNDP/614/14. 15 yo ku wa 28 Mata 2015, Komisiyo yandikiye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda imusaba gukora ibishoboka byose TWAGIRAMUNGU Alexis na NDEKEZI Jean Claude bagashakishwa kugira ngo bamenyeshwe imikirize y'urubanza rw'indishyi zikomoka ku cyaha cyabahamye n'izo ndishyi zizatangwe. Mu ibaruwa no 1207/14. 15 yo ku wa 19 Gicurasi 2015, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda yandikiye Komisiyo asubiza ibaruwa yavuzwe haruguru avuga ko TWAGIRAMUNGU Alexis na NDEKEZI Jean Claude batakiri abapolisi kuva mu mwaka w'2007. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, TWAGIRAMUNGU Alexis na NDEKEZI Jean Claude bari bataramenyeshwa imikirize y'urubanza rw'indishyi zikomoka ku cyaha cyabahamye. Komisiyo isanga NTAGANIRA David wakorewe icyaha mu mwaka w'2006 yaravukijwe uburenganzira bwo guhabwa indishyi yagenewe n'urukiko akaba yararenganye bikomeye, bityo Polisi y'u Rwanda ikaba igomba kubashakisha kugira ngo umwanzuro w'urukiko ushyirwe mu bikorwa. 3. Iyicwa rya GASHEMA Théophile Mu bihe bitandukanye, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yakoze iperereza ku kibazo cy'iyicwa rya GASHEMA Théophile wari utuye mu Kagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, Akarere ka Nyamasheke, Intara y'Iburengerazuba. Iki kirego cyanditswe ku buryo burambuye muri raporo y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka w'2011-20125. Ukuguru kwa NTAGANIRA David nyuma y`imyaka umunani (8) akorewe iyicarubozo
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)92 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Mu rubanza rw'indishyi no RP0008/13/HC/RSZ, rwaciwe ku wa 26 Nzeri 2013, Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Rusizi rwategetse MUNYABUHORO Emmanuel guha MUKAMUSHINZIMANA indishyi zihwanye n'amafaranga y'u Rwanda 1. 500. 000, naho KALISA Cyrille n'abavandimwe be barega bakagenerwa indishyi zihwanye n'amafaranga y'u Rwanda 2. 500. 000; yose hamwe akaba amafaranga y'u Rwanda 4. 000. 000. Ku wa 20 Ukwakira 2014, Komisiyo yabonanye n'abagize umuryango wa GASHEMA Théophile batangaza ko bababajwe no kuba bariciwe, uwabiciye akaba atarafashwe ngo ahanirwe icyaha yakoze ndetse anatange indishyi z'akababaro n'indishyi mbonezamusaruro. Mu ibaruwa no CNDP/709/14. 15 yo ku wa 22 Gicurasi 2015, Komisiyo yandikiye Umushinjacyaha Mukuru imusaba gukora ibishoboka byose kugira ngo MUNYABUHORO aboneke amenyeshwe imikirize y'urubanza hanyuma rushobore kurangizwa. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yari itarabona igisubizo cy'iyo baruwa. Komisiyo isanga umuryango wa GASHEMA Théophile waravukijwe uburenganzira bwo guhabwa indishyi wagenewe n'urukiko, bityo Polisi y'u Rwanda ikaba igomba kumushakisha kugira ngo icyemezo cy'urukiko gishyirwe mu bikorwa. 4. Ikirego cya HABIYAKARE Shema Ku wa 5 Ukuboza 2014, HABIYAKARE Shema utuye mu Mudugudu wa Rwakabanda, Akagari ka Ryamanyoni, Umurenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, yandikiye Komisiyo asaba kumufasha kurenganurwa ku kibazo afite cyo kutarangirizwa urubanza yaburanye n'uwitwa HABARUREMA Peter mu Bunzi b'Akagari ka Ryamanyoni ku wa 22 Ugushyingo 2012. Avuga ko yaburanye na HABARUREMA Peter kuba yaramusebeje ubwo yamubeshyeraga ko yibye inka za RUSAGARA Frank yari abereye umukozi, umwanzuro wa Komite y'Abunzi wemeza ko HABARUREMA Peter atsinzwe, ko agomba guha HABIYAKARE Shema amafaranga Miliyoni imwe n'ibihumbi magana atanu (1. 500. 000 Frw) bitarenze ku wa 22 Ukuboza 2012. Icyo cyemezo nticyajuririwe. Mu maperereza Komisiyo yakoze, yamenye ko hari ibaruwa HABARUREMA Peter yandikiye Ubushinjacyaha abumenyesha ko HABIYAKARE Shema yibye inka 1300 za RUSAGARA Franck. Ku wa 25 Mata 2011, Ubushinjacyaha bushingiye kuri iyo baruwa, bwareze HABIYAKARE Shema icyaha cy'ubuhemu mu Rukiko rw'Ibanze rwa Rukara. Mu rubanza RP0068/11/TB/RU, Urukiko rwanzuye ko HABIYAKARE Shema atsinzwe rutegeka ko afungwa umwaka umwe. Ku wa 30 Werurwe 2012, HABIYAKARE Shema yajuririye icyo cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, mu rubanza RPA 0027/11/TG/Ngoma, urwo Rukiko rwanzura ko urubanza RP 0068/11/TB/RU ruteshejwe agaciro kuko Ubushinjacyaha bwatanze ikirego bushingiye ku ibaruwa HABARUREMA Peter yabwandikiye kandi nta wamutumye, akaba atari afite uburenganzira bwo gukurikirana umutungo utari uwe nta «procuration» yahawe na nyirawo. HABIYAKARE Shema amaze guhanagurwaho icyaha cy'ubuhemu, ku wa 22 Ugushyingo 2012, yatanze ikirego muri Komite y'Abunzi b'Akagari ka Ryamanyoni cy'uko HABARUREMA Peter yamusebeje, ategekwa kuzishyura amafaranga yavuzwe haruguru.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)93 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo yamenye kandi ko icyemezo cy'Abunzi kitashyizwe mu bikorwa bitewe n'uko hajemo inzitizi y'uko HABARUREMA Peter yibarujeho imitungo itari iye, bityo urubanza rwagombaga kurangizwa ntirwarangizwa hatagaragajwe umutungo we bwite. Komisiyo yagiye mu Biro bishinzwe ubutaka ku Ntara y'Iburasirazuba, igaragarizwa n° 6760 y'icyangombwa cy' ubutaka bwabaruwe kuri HABARUREMA Peter buri mu Mudugudu wa Kaneke, Akagari ka Ryamanyoni, Umurenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, nayo ibimenyesha Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Murundi. Ku wa 10 Mata 2015, uwo Munyamabanga Nshingwabikorwa yandikiye Umubitsi w'Impapuro mpamo z'ubutaka mu Ntara y'Iburasirazuba, asaba amakuru ku butaka bwa HABARUREMA Peter nyuma y'uko yanze kwishyura ku neza. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yamenye ko ubutaka bwa HABARUREMA Peter bwatejwe cyamunara ku wa 31 Kanama 2015, bugurishwa amafaranga miliyoni enye n'ibihumbi ijana na cumi (4. 110. 000 Frw) hagamijwe guha HABIYAKARE Shema amafaranga Miliyoni imwe n'ibihumbi magana atanu (1. 500. 000 Frw) yatsindiye. Komisiyo ishingiye ku Itegeko Nshinga rya Repuburika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, mu ngingo yaryo y'140, agace ka 5, ishingiye kandi ku Itegeko no 21/2012 ryo ku wa 14 Kamena 2012 ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'imbonezamubano, iz'ubucuruzi, iz'umurimo n'ubutegetsi, mu ngingo ya 202 ivuga ko imanza, ibyemezo n'inyandiko ziriho kashempuruza birangizwa mu gihe cy'amezi atatu (3) kuva bisabwe n'uwatsinze urubanza cyangwa ufite icyemezo bitagishoboye kujuririrwa, cyangwa kuva bashyikirijwe inyandiko iriho kashe mpuruza; Komisiyo ishingiye kandi ku maperereza yakoze no ku isesengura ry'imanza, irasanga HABIYAKARE Shema yarasiragijwe igihe kirekire mu nzego zagombaga kumukemurira ikibazo, bituma atabona ibyo yatsindiye mu gihe giteganywa n'amategeko. Komisiyo irasaba Ubuyobozi bw'Akarere ka Kayonza n'abandi bashinzwe kurangiza imanza kubahiriza igihe giteganywa n'amategeko kugira ngo barinde abaturage kujya basiragira mu nzego. 5. Ikirego cya MUKAZAYIRE Marie Ku wa 25 Nyakanga 2014, MUKAZAYIRE Marie utuye mu Mudugudu wa Kabagendwa, Akagari ka Kamashashi, Umurenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha kugira ngo abana yabyaranye na MUDAHERANWA Ferdinand bahabwe ibyo batsindiye mu manza RC 0058/13/TGI/ GSBO na RC0059/13/TGI/GSBO zaciwe n'Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ku wa 14 Kamena 2013. MUKAZAYIRE Marie mu izina ry'abana be ABANJYE Vanessa (imyaka 16) na NIYONSHUNGU Yvan (imyaka 14), yaburanye na MURENZI Fred (umuvandimwe wa MUDAHERANWA Ferdinand) umutungo ugizwe n'amafaranga Miliyoni icyenda n'ibihumbi bitanu na magana atandatu na cumi n'icyenda (9. 005. 619 Frw) y'imperekeza ya MUDAHERANWA Ferdinand, amafaranga Miliyoni eshatu (3. 000. 000 Frw) akomoka ku mpozamarira y'impanuka yamuhitanye yatanzwe na SORAS, inzu ifite agaciro ka Miliyoni cumi n'umunani (18. 000. 000 Frw) iri mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo n'imodoka yo mu bwoko bwa Corolla Plaque RAB 237 M.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)94 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ibyo byose yabimureze kuko ari we uri mu mutungo w'umugabo we yitwaje ko arera abandi bana ba MUDAHERANWA Ferdinand yabyaranye n'umugore wa mbere. Ikindi kandi akaba ari we wahawe amafaranga y'imperekeza angana na Miliyoni icyenda n'ibihumbi bitanu na magana atandatu na cumi n'icyenda (9. 005. 619 Frw) na Miliyoni eshatu (3. 000. 000 Frw) y'impozamarira akomoka ku mpanuka yakoze. Urukiko rwemeje ko ABANJYE Vanessa na NIYONSHUNGU Yvan kimwe n'abandi bana ba MUDAHERANWA Ferdinand ari bo MUKAMURENZI Pamela na MUNYENSANGA Igor bafite uburenganzira bungana bwo kuzungura imitungo ikiriho igizwe n'imodoka Corolla n'inzu ifite no 0942/GAS/RUS, kuko indi mitungo MURENZI Fred yayikoresheje mu gihe abana ba MUDAHERANWA Ferdinand yabyaranye na MUKAZAYIRE Marie bari bataremerwa ku buryo bwemewe n'amategeko. Abo bana MURENZI Fred ntiyabemeraga nk'abana ba MUDAHERANWA Ferdinand kuko MUKAZAYIRE Marie bababyaranye yari umugore wa kabiri. Mu maperereza Komisiyo yakoze, yabonanye n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rusororo avuga ko ku wa 16 Nyakanga 2014, yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Gasabo asaba kurangiza urubanza rwa MUKAZAYIRE Marie kuko we yari atararahira ariko nta gisubizo yabonye. Mu bihe bitandukanye, Komisiyo yakomeje gukurikirana icyo kibazo imenya ko urubanza rwa MUKAZAYIRE Marie rutararangizwa. Ikindi kibazo cyagaragajwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rusororo ni uko inzu ivugwa mu rubanza ari yo umubyeyi wa MUDAHERANWA Ferdinand na MURENZI Fred abanamo n'abandi bana 2 ari bo MUKAMURENZI Pamela na MUNYENSANGA Igor basizwe na MUDAHERANWA Ferdinand, kuyibavanamo bikaba byatera ikindi kibazo. Ku wa 17 Kamena 2015, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Gasabo ibaruwa n° CNDP/ JUN/711/14. 15 isaba ko urubanza rwa MUKAZAYIRE Marie rwahabwa ubwihutirwe rukarangizwa bityo akabona ibyo yatsindiye. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Umuyobozi w'Akarere ka Gasabo yandikiye Komisiyo ibaruwa n0 132/07. 01. 02/2015 yo ku wa 27 Nyakanga 2015 ayimenyesha ko Akarere kazarangiza urubanza rwa MUKAZAYIRE Marie. Komisiyo irasanga Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rusororo akwiye gushyira mu bikorwa icyemezo cy'urukiko kuko icyo kibazo kimaze igihe. 6. Ikirego cya HABUMUGISHA Thomas Ku wa 5 Gicurasi 2015, HABUMUGISHA Thomas utuye mu Kagari ka Gako, Umurenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha guhabwa umutungo we ugizwe n'inzu yatsindiye mu rubanza RC0195/11/TB/NYRGA rwo ku wa 2 Ukuboza 2011 yaburanyemo na MUKAMASABO Emeritha, rukaba rwararangijwe n'Umuhesha w'Inkiko w'Umwuga ku wa 31 Mutarama 2014 ariko ntahabwe ibyo yatsindiye kuko uwo baburana yanze kuva mu nzu.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)95 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo yasesenguye inyandiko zose ziri ku mugereka w'ibaruwa HABUMUGISHA Thomas yandikiye Komisiyo zirimo : - Inyandikomvugo y'irangizarubanza RC0195/11/TB/NYRGA ; - Kopi y'urubanza RC0195/11/TB/NYRGA rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Nyarugunga ku wa 2 Ukuboza 2011, rwemeje ko Umwanzuro wa Komite y'Abunzi b'Akagari ka Gako wo ku wa 13 Mata 2011 n'uwa Komite y'Abunzi b'Umurenge wa Masaka wo ku wa 12 Gicurasi 2011 igomba kugumaho igashyirwa mu bikorwa, MUKAMASABO Emeritha agasohoka mu nzu ya HABUMUGISHA Thomas; - Ibaruwa Minisitiri w'Ubutabera yandikiye HABUMUGISHA Thomas ku wa 17 Mata 2014, isubiza iyo yari yamwandikiye ku wa 11 Werurwe 2014 asaba kurenganurwa. Muri iyo baruwa Minisitiri yagiriye inama HABUMUGISHA Thomas yo kubwira Umuhesha w'Inkiko we agasaba Umukuru wa Polisi mu Karere n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere n'uw'Umurenge iyo nzu iherereyemo bakamufasha kumurangiriza urubanza ; - Ibaruwa Minisitiri w'Ubutabera yandikiye MUKAMASABO Emeritha asubiza iyo yanditse ku wa 9 Kamena 2014 asaba kurenganurwa. Mu ibaruwa ya Minisitiri w'Ubutabera, yasabye MUKAMASABO gushyira mu bikorwa ibyemezo by'inkiko agaha HABUMUGISHA Thomas inzu ye mu rwego rwo kwirinda ingaruka z'irangizwa ku ngufu ; -Kopi y'urubanza RCA 0306/14/HC/KIG rwo ku wa 12 Kanama 2014, aho Urukiko Rukuru rwa Kigali rwemeje ko urubanza RC 0371/13/TGI/GSBO rwaciwe n'Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ku wa 23 Mata 2014 ruhindutse mu ngingo zarwo zose kuko ikirego MUKAMASABO Emeritha yari yaratanze muri urwo rukiko kigasuzumwa kitagombaga kwakirwa ku rwego rwa mbere n'urwo rukiko kuko urubanza RC0195/11/TB/NYRGA cyari gishamikiyeho rwari rwarabaye itegeko ; - Ibaruwa yo ku wa 6 Kamena 2013 n'iyo ku wa 4 Gicurasi 2015 HABUMUGISHA Thomas yandikiye Umuvunyi Mukuru amugezaho akarengane ke. Komisiyo isanga izo nyandiko n'ibyemezo byose byafashwe nta cyashyizwe mu bikorwa. Komisiyo ishingiye ku isesengura yakoze no ku ngingo y'140 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, ivuga ko ibyemezo by'ubucamanza bigomba gukurikizwa n'abo bireba bose kandi bitavuguruzwa keretse iyo binyuze mu nzira no mu buryo buteganywa n'amategeko, irasanga HABUMUGISHA Thomas yaravukijwe uburenganzira ku byo yatsindiye. Ku wa 17 Kamena 2015, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Kicukiro ibaruwa n° CNDP/ JUN/712/14. 15, isaba ko HABUMUGISHA Thomas ahabwa inzu ye, ariko mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yari itarabona igisubizo cy'iyo baruwa n'ikibazo kitarakemuka. Komisiyo irasaba ko icyemezo cy'urukiko gishyirwa mu bikorwa, MUKAMASABO Emeritha yakomeza kwinangira hagashyirwa mu bikorwa ingingo ya 589 y'Itegeko no 01/2012 ryo ku wa 2/05/2012 rishyiraho Igitabo cy'amategeko ahana iteganya ko «Umuntu wese watsinzwe urubanza rugeze igihe cyo kurangizwa udashyira mu bikorwa icyemezo cy'urukiko, aba asuzuguye ubucamanza kandi ahanishwa igifungo kuva ku mezi 6 kugeza ku myaka 2».
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)96 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU7. Ikirego cya MWIZERWA Jérôme Ku wa 15 Mutarama 2014, MWIZERWA Jérôme atuye mu Mudugudu wa Rujumbura, Akagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha kurenganurwa we n'abavandimwe be NIZEYIMANA Jean Claude na MUKASHYAKA Epiphanie bakarangirizwa urubanza RC 0511/12/TB/KGRO rwo ku wa 2 Nyakanga 2013 batsinze umubyeyi wabo KAMUHANDA Félicien mu Rukiko rw'Ibanze rwa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana. Muri urwo rubanza, Urukiko rwategetse KAMUHANDA kujya yishyurira abana be amafaranga y'ishuri ibihumbi magana abiri na mirongo ine (240. 000 Frw) ku gihembwe, akanabaha amafaranga ibihumbi makumyabiri na bitatu (23. 000 Frw) buri kwezi yo kubatunga. Mu maperereza Komisiyo yakoze, yamenye ko KAMUHANDA Félicien atuye kandi afite imitungo mu Mudugudu wa Nyenyeri, Akagari ka Bwerankori, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro. Afite kandi inzu zikodeshwa mu Mudugudu w'Uwateke, Akagari ka Rwampara, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro. Yamenye kandi ko yagurishije imwe mu mitungo ye igizwe n'ishyamba n'ibibanza 2 amafaranga Miliyoni makumyabiri n'umunani n'ibihumbi magana atanu (28. 500. 000 Frw), ibyo bikaba byaremejwe n'Umukozi w'Umurenge wa Kigarama ushinzwe Irangamimerere n'Ibibazo by'Abaturage. Ku wa 5 Nzeri 2013, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigarama yandikiye KAMUHANDA Félicien ibaruwa n° 266/07. 01. 03/KIG. /013 amusaba kurangiza urubanza yatsinzwe kugira ngo abana babone amafaranga y'ishuri kubera ko babirukanye n'amafaranga yo kubatunga. Muri iyo baruwa KAMUHANDA Félicien yahawe iminsi 15 kugira ngo abe yakemuye iki kibazo. Yasabwe kandi ko amafaranga azajya ayanyuza kuri Konti n° 400-1007454-11. Ku wa 3 Mutarama 2014, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge yongeye kwandikira KAMUHANDA Félicien ibaruwa n° 001/07. 01. 03/KIG. /013 kuko atashyize mu bikorwa ibyo yasabwe amenyeshwa ko natabikora, amafaranga yatsindiwe azavanwa mu mutungo we bitarenze ku wa 8 Mutarama 2014. Muri iyo baruwa, Ubuyobozi bw'Umurenge bwavuze ko ibyo nibidashyirwa mu bikorwa amafaranga y'ubukode bw'amazu azajya ahita ahabwa abana. Muri ayo maperereza kandi Komisiyo yamenye ko KAMUHANDA Félicien yasabye abakodesha inzu ze kumwishyura umwaka wose, amasezerano akaba yarageraga muri Gicurasi 2015. Ibi byatumye umwana wa MWIZERWA Jérôme witwa NIZEYIMANA Jean Claude akomeza kwiga atishyura amafaranga y'ishuri, umwenda abereyemo Urwunge rw'Amashuri rwa APEGA Gahengeri (Association des Parents des Elèves de Gahengeri) ungana n'amafaranga ibihumbi magana atatu (300. 000 Frw), nk'uko bigaragazwa n'icyemezo cyo ku wa 30/8/2013 Ubuyobozi bw'ikigo bwamuhaye, naho MWIZERWA Jérôme na MUKASHYAKA Epiphanie baretse kwiga kuko babuze amafaranga y'ishuri. Ku wa 17 Kamena 2015, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Kicukiro ibaruwa n° CNDP/ JUN/713/14. 15 isaba ko ikibazo cya MWIZERWA Jerôme n'abo bavukana cyahabwa ubwihutirwe kugira ngo bahabwe ibyo batsindiye. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo ntirabona igisubizo cy'Akarere kandi abana ba KAMUHANDA Félicien ntibarabona ibyo batsindiye.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)97 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo irasanga MWIZERWA Jérôme n'abavandimwe be baravukijwe uburenganzira ku byo batsindiye bikabaviramo kuva mu ishuri. Komisiyo irasanga Ubuyobozi bw'Akarere ka Kicukiro bugomba kurangiza icyo kibazo vuba kugira ngo abo bana basubizwe uburenganzira bavukijwe. 8. Ikirego cya TUYIZERE Claudine uhagarariwe na MUSHAMBOKAZI Jeanne Ku wa 25 Werurwe 2015, ubwo Komisiyo yakiraga ibirego by'abaturage mu kwezi kw'Imiyoborere Myiza, yagejejweho ikibazo na MUSHAMBOKAZI Jeanne umubyeyi wa TUYIZERE Claudine, ubarizwa mu Mudugudu wa Ruyumba, Akagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Kamonyi. Avuga ko ubuyobozi bw'Umurenge wa Nyamiyaga bwananiwe kumurangiriza urubanza rw'umutungo w'isambu yatsindiye mu rubanza n° RC027/13/TB/GBWE rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Gacurabwenge ku wa 12 Kamena 2014, ubwo yaburanaga na IRAFASHA Alphonse, MUKAMANA Agnès na KAYITESI Donatille abavandimwe ba NDAYISABA Théogène, Urukiko rwemeje ko TUYIZERE Claudine afite uburenganzira bwo kuzungura isambu ya se. Mu maperereza Komisiyo yakoze yamenye ko isambu yari yaragurishijwe n'abavandimwe ba NDAYISABA Théogène guhera mu mwaka w'2000 ku buryo ubu ituwemo n'imiryango mirongo ine (40). Komisiyo yabonanye n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamiyaga imusaba kurangiza urubanza rwa TUYIZERE Claudine ariko avuga ko atabona uko arurangiza kuko aramutse yimuye iyo miryango ubuyobozi butabona aho bubatuza kandi mu nshingano zabwo zigomba kwita ku nyungu rusange z' abaturage. Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi ibaruwa n° CNDP/JUL/055/15. 16 yo ku wa 31 Nyakanga 2015 imusaba ko urubanza rwa TUYISENGE Claudine rwarangizwa kugira ngo hubahirizwe ibyemezo by'Inkiko. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yari itarabona igisubizo cy'iyo baruwa, kandi n'ikibazo cyari kitarakemuka. Komisiyo ikaba yongeye gusaba Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi gukemura icyo kibazo hashyirwa mu bikorwa ingingo y'140 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003, igika cya 5 ivuga ko ibyemezo by'ubucamanza bigomba gukurikizwa n'abo bireba bose. 9. Ikirego cya NIYITEGEKA François Ku wa 26 Werurwe 2015, ubwo Komisiyo yakiraga ibirego by'abaturage mu ruhame mu kwezi kwahariwe Imiyoborere myiza, yagejejweho na NIYITEGEKA François ubarizwa mu Mudugudu wa Nyakizu, Akagari ka Nyamirembe, Umurenge wa Karama, Akarere ka Kamonyi, ikibazo cy'uko ubuyobozi bw' Umurenge wa Karama bwanze kumurangiriza urubanza n° RC1393/4 rwaciwe ku wa 4 Werurwe 1975 n'Urukiko rwa Kanto rwa Gacurabwenge, aho yaburanye na RUGARAVU Ibrahim (Charles) isambu bari baraguze yanga kuyimuha yongera kuyigurisha n'abandi.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)98 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Mu maperereza Komisiyo yakoze, yamenye ko RUGARAVU amaze gutsindwa yajuririye urubanza rwavuzwe haruguru mu Rukiko rwa mbere rw'Iremezo rwa Gitarama, rwandikwa kuri n° RCA3616/09 ariko ntiyarukurikirana. NIYITEGEKA François yagiye nawe kenshi kwibutsa ubwo bujurire urukiko rumubwira ko ruzabatumaho, arategereza araheba kugeza jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ibaye. Kubera ko iyo sambu yagurishijwe abandi byabaye inzitizi yo kururangiza kuko bisaba kubakuramo NIYITEGEKA François agahabwa isambu yatsindiye nk'uko Urukiko rwabitegetse Komisiyo yamenye kandi ko ku wa 27 Gashyantare 2013, NIYITEGEKA François yongeye kwibutsa ubwo bujurire bwandikwa kuri RCA0045/13/TGI/MHG /RCA3616/09 urubanza rucibwa ku wa 30/9/2013 n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga RUGARAVU aratsindwa, rwemeza ko urubanza rwajuririwe rwabaye itegeko. RUGARAVU ajuririra mu rubanza RCAA0220/13/HC/NYA mu Rukiko Rukuru, urugereko rwa Nyanza rwanagobokeshejwemo abafite iyo sambu ubu, rucibwa ku wa 11 Mata 2014 rwemeza ko imikirize y'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga igumyeho. Kubera ko iki kibazo kimaze igihe kirekire, Komisiyo yandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi ibaruwa n° CNDP/JUL/047/15. 16 yo ku wa 28 Nyakanga 2015 isaba ko NIYITEGEKA François yahabwa ibyo yatsindiye. Mu gihe hategurwaga iyi raporo Komisiyo yari itarabona igisubizo cy'iyo baruwa, kandi n'urwo rubanza rwari rutararangizwa. Komisiyo isanga NIYITEGEKA François yaravukijwe uburenganzira bwo kurangirizwa urubanza bitwaje ko isambu yaburanywe ifitwe n'abantu benshi kandi urubanza rugomba kurangizwa uko rwaciwe. Komisiyo ikaba yongeye gusaba Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi gukemura icyo kibazo hashyirwa mu bikorwa ingingo y'140 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 igika cya 5, ivuga ko ibyemezo by'ubucamanza bigomba gukurikizwa n'abo bireba bose NIYITEGEKA François agahabwa ibyo yatsindiye. 10. Ikirego cya MUKAMINANI Charlotte Ku wa 24 Ukuboza 2012, MUKAMINANI Charlotte ubarizwa mu Mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Gatagara, Umurenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza, yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha akarangirizwa urubanza RC0317/06/TB/BSSMANA rwaciwe ku wa 19 Gashyantare 2007 n'Urukiko rw'Ibanze rwa Busasamana umwana we agahabwa ibyo Urukiko rwamugeneye mu rubanza, kuko urwo rubanza rutarangijwe Mu maperereza Komisiyo yakoze yamenye ko MUKAMINANI Charlotte yatewe inda na NZARAMBA Michel ubwo yarererwaga iwe, nyuma aza kwihakana umwana. Komisiyo yamenye kandi ko: -Mu rubanza RC0317/06/TB/BSSMNA rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Busasamana ku wa 19 Gashyantare 2007, Urukiko rwemeje ko NDIKUMWENAYEZU Germain ari mwene NZARAMBA Michel rutegeka ko amwandikwaho, runamutegeka guha MUKAMINANI Charlotte amafaranga ibihumbi birindwi (7. 000 Frw) y'indezo ya buri kwezi ndetse n'indishyi z'akababaro z'amafaranga ibihumbi cumi na bibiri (12. 000 Frw);
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)99 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU-Mu rubanza rw'ubujurire RCA 0020/TGI/HUYE rwaciwe n'Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwasomwe ku wa 15 Kamena 2007, Urukiko rwemeje ko imikirize y'urubanza rwa mbere idahindutse; - Mu rubanza RCAA 2424/08/HC/NYANZA rwaciwe n'Urukiko Rukuru rwa Nyanza, rwasomwe ku wa 24 Ugushyingo 2009, urwo rukiko rwanze kwakira ubujurire bwa NZARAMBA Michel, bityo hagumaho imikirize y'urubanza rwa mbere; - Mu rubanza RC0830/013/TB/RHGO rwaciwe n'Urukiko rw'Ibanze rwa Ruhango, muri uru rubanza NZARAMBA Michel akaba yarasabaga Urukiko kwemeza ko umwana NDIKUMWENAYEZU Germain ahabwa se ngo bikamurinda gukomeza kwandagara. Urukiko rwasibye uru rubanza ku wa 17 Ukwakira 2014 ku mpamvu z'uko NZARAMBA Michel atigeze yitaba Urukiko kandi ari we watanze ikirego. Komisiyo yamenye nanone ko MUKAMINANI Charlotte yasabye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Gatagara kumurangiriza urubanza RC0317/06/TB/BSSMANA rwaciwe ku wa 19 Gashyantare 2007, ntiyabikora, nyuma ajya kureba Umukozi w'Umurenge ushinzwe ibibazo by'abaturage n'irangamimerere ngo arurangize na we ntiyagira icyo amumarira. Kugeza ubu NZARAMBA Michel amaze kwishyura amafaranga ibihumbi cumi na bibiri (12. 000 Frw) by'indishyi n'amafaranga ibihumbi birindwi (7 000 Frw) gusa by'indezo yishyuye ku wa 25 Ukuboza 2009, kandi MUKAMINANI Charlotte abayeho mu buzima buruhije kuko atishoboye. Bitewe n'uko MUKAMINANI Charlotte yakomeje kurangaranwa urubanza rwe ntirurangizwe, ku wa 18 Kamena 2015 Komisiyo yabonanye n'Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza na bamwe mu bakozi bako babishinzwe, ibasaba gukora ibishoboka ngo rurangizwe. Umukozi ushinzwe MAJ wari waratangiye gukurikirana iki kibazo, yayibwiye ko yari azi ko ikibazo cya MUKAMINANI Charlotte cyo kutarangirizwa urubanza cyakemutse kuko MUKAMINANI Charlotte yamubwiye ko yumvikanye n'uwo babyaranye, amafaranga y'indezo y'umwana azajya amuha buri kwezi; ariko niba kitarakemuka, ko bagiye kugikurikirana ku buryo urubanza rwe rurangizwa nko mu kwezi kumwe. MUKAMINANI Charlotte yamenyesheje Komisiyo ko aho kugira ngo NZARAMBA Michel atange indezo nk'uko Urukiko rwabitegetse yibye umwana aramutwara ubu niwe ubana na we. Kugeza ubwo iyi raporo yandikwaga urubanza rwari rutararangizwa. Komisiyo isanga MUKAMINANI Charlotte yarahohotewe bikabije na NZARAMBA Michel wabanje kumutera inda kandi amurera nyuma akanihakana n'umwana babyaranye. Isanga kandi MUKAMINANI Charlotte yaratereranywe igihe kirekire n'ubuyobozi butamurangirizaga urubanza kugeza ubwo NZARAMBA Michel amwiba umwana akamutwara ubuyobozi ntibugire icyo bukora. Komisiyo irasaba ubuyobozi bw'Akarere ka Nyanza kurangiza urubanza RC0317/06/TB/BSSMANA rwaciwe ku wa 19 Gashyantare 2007 kandi umwana agasubizwa nyina.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)100 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 6. 9. Uburenganzira bw'abafungwa Abafungwa ni abantu bafungiye ahantu habigenewe mu rwego rwo kurangiza ibihano bakatiwe n'inkiko cyangwa bakurikiranywe n'Ubushinjacyaha igihe bataraburanishwa. Uburenganzira bw'abafungwa buvugwa muri iki gice bukubiyemo uburenganzira bukurikira: Uburenganzira ku ifungwa rikurikije amategeko, uburenganzira ku mibereho myiza n'uburenganzira bwo kurekurwa igihe yagizwe umwere cyangwa yarangije ibihano. Uburenganzira ku ifungwa rikurikije amategeko ni ukudafatwa no kudafungwa binyuranyije n'amategeko, bukaba uburenganzira bwa buri wese buteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, mu ngingo yaryo ya 18, aho mu gika cyayo cya 2 kivuga ko nta we ushobora gukurikiranwa, gufatwa, gufungwa cyangwa guhanirwa icyaha keretse mu gihe biteganywa n'amategeko akurikizwa mu gihe icyaha akurikiranyweho cyakorwaga. Ifungwa ridakurikije amategeko nk'uko ingingo ya 90 y'Itegeko nº 30/2013 ryo ku wa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha ribivuga ni ugufungira umuntu mu nzu itabigenewe; gufunga umuntu igihe kirenze icyateganyijwe n'inyandikomvugo zo gufata n'inyandiko zifunga by'agateganyo mbere y'urubanza; gukomeza gufunga umuntu harafashwe icyemezo kitemera cyangwa kitongera ifungwa mbere y'urubanza, cyangwa cyemera ifungurwa ry'agateganyo; no gukomeza gufunga umuntu harafashwe icyemezo kimugira umwere. Uburenganzira bwo kurekurwa igihe imfungwa yagizwe umwere cyangwa yarangije igihano buteganywa n'ingingo ya 51 agace ka 30 n'iya 52 agace ka 10 z'Itegeko n° 34/2010 ryo ku wa 12/11/2010 rishyiraho Urwego rw'Igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa (RCS) rikanagena imitunganyirize n'imikorere byarwo, aho izo ngingo ziteganya ko ubuyobozi bwa gereza bufite inshingano yo kurekura umugororwa urangije igihe cyo gufungwa cyangwa urukiko rwemeje ko arekurwa. Ubwo burenganzira buteganywa kandi n'Itegeko nº 30/2013 ryo ku wa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha mu ngingo yaryo ya 228: aho ivuga ko ushinjwa uhanaguweho icyaha ahita arekurwa n'umuyobozi wa gereza agaragarijwe matolewa y'urubanza. Uburenganzira bw'umufungwa bugaragarira kandi mu biteganywa n'Itegeko n° 34/2010 ryo ku wa 12/11/2010 rishyiraho Urwego rw'Igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa (RCS) rikanagena imitunganyirize n'imikorere byarwo mu ngingo zaryo 36-48, igashimangirwa n'Amahame Rusange yerekeye Uburenganzira bw'Abafungwa yemejwe n'Inama ya mbere y'Umuryango w'Abibumbye yabereye i Genève mu mwaka w'1955. Ayo mahame yemejwe kandi n'Inama y'Ubukungu n'Imibereho myiza mu cyemezo cyayo cya 663 C (XXIV) cyo ku wa 31 Nyakanga 1975; n'icyemezo cya 2076 (LXII) cyo ku wa 13 Gicurasi 1977, akaba akubiye mu mubumbe w'amategeko ntarengwa yo kwita ku banyururu (Ensemble des règles minima pour le traitement des détenus). Muri rusange, iyo mibereho igizwe no guhabwa amafunguro ahagije kandi yuzuye, amazi meza yo kunywa, aho kuryama n'ibyo kuryamirwa, umwuka n'urumuri bihagije, isuku muri rusange ariko by'umwihariko ku mubiri n'ibindi bituma imfungwa idatandukana cyane n'abandi bantu badafunze. Mu rwego rwo kurengera uburenganzira bw'imfungwa, Komisiyo yakiriye kandi ikurikirana ibirego 5; kimwe cyarakemutse ibindi 4 biracyakurikiranwa.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)101 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 7. ISHYIRWA MU BIKORWA RY'IMYANZURO KURI RAPORO Y'IBIKORWA BYA KOMISIYO Y'UMWAKA W'2013-2014 Muri iki gice hakubiyemo ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro ku bibazo by'icyitegererezo Komisiyo yari yagaragaje muri raporo yayo y'umwaka w'2013-2014. Imbonerahamwe igaragaza ibirego Komisiyo yatanzeho icyitegererezo cy'ibirego yakurikiranye muri raporo y'ibikorwa byayo mu mwaka w' 2013-2014 n'aho bigeze bikurikiranwa NOUburenganzira bwa hohotewe Amazina Akarere abarizwamo Imiterere y'ikibazo Aho kigeze ubu Page yo muri raporo kiriho 1Uburenganzira ku mutungo MUGABUSHAKA Amani Nyarugenge Ku wa 10 Ukuboza 2013, MUGABUSHAKA Amani, yagejeje ikirego kuri Komisiyo ayisaba kumufasha agasubizwa amadolari y'amanyamerika ibihumbi bitanu na magana arindwi (5 700$ US) avuga ko yabitswe n'Ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge, ubwo yafungurwaga ku wa 29 Ukwakira 2013 ntiyayahabwa. Cyarakemutse 67 2Uburenganzira ku mutungo NYIRAVAKURE Asiteriya Rutsiro NYIRAVAKURE Asiteriya yagejeje ikirego cye kuri Komisiyo avugako mu mwaka w'2011 EWSA yamwononeye ishyamba rigizwe n'ibiti by'inturusu na sipure, ibiti by'imbuto n'ibishyimbo, bashaka ahobanyuza insinga z'amashanyarazi, ntiyahabwa ingurane. Komisiyo yagejeje iki kibazo ku buyozi bwa REG65 3Uburenganzira ku mutungo RWAMUGIRA Gerard Nyagatare Akarere ka Nyagatare kari kafatiriye ibyangombwa bye by'ubutaka. Cyarakemutse kuko yasubijwe ibyo byangombwa64 4Uburenganzira ku mutungo NKURUNZIZA Aimable Nyarugenge Kuzungura imitungo ya se NKURUNZIZA Aimable yaratsinzwe, yiteguye kujurira mu Rukiko Rukuru. 80 5Uburenganzira bwo kudakorerwa iyicarubozo NSENGIYUMVA Jean de Dieu Nyarugenge Ku wa 20 Mutarama 2014, NSENGIYUMVA Jean de Dieu ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yandikiye Komisiyo y`Igihugu y`Uburenganzira bwa Muntu ayisaba kumufasha kurenganurwa ku ihohoterwa avuga ko yakorewe n'Umucungagereza witwa MANARIYO Salvator wamukubise akamukomeretsa. Cyarakemutse 60-61
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)102 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUNOUburenganzira bwa hohotewe Amazina Akarere abarizwamo Imiterere y'ikibazo Aho kigeze ubu Page yo muri raporo kiriho 6Uburenganzira bwo kubaho MUHAWENIMANA Marc Rusizi Mu bihe binyuranye, Komisiyo y`Igihugu y`Uburenganzira bwa Muntu yakurikiranye urubanza rw`ubwicanyi bwavukije ubuzima MUHAWENIMANA Marc, warashwe agapfa ku wa 1 Kamena 2010 n`uwitwa MUSABYEMUNGU Gérard, Umucungashyamba mu ishyamba rya Nyungwe. Hategereje isomwa ry'urubanza ku wa 27/11/2015. 78 7kurangirizwa urubanza NYIRAHATEGEKIMANA Béata Rusizi Ikibazo cy'iyicwa rya NYIRAHATEGEKIMANA Béata wari utuye mu murenge wa Nyakarenzo, Akarere ka Rusizi, cyagejejwe kuri Komisiyo ku wa 11 Kanama 2011. NYIRAHATEGEKIMANA Béata yishwe na NDAHAYO Jacques mu ijoro ryo ku wa 1 Kanama 2011. Urubanza ntirurarangizwa kubera ko NDAHAYO Jacques nta mutungo afite wafatirwa. 78-79 8Guhana umwana mu buryo bw'indenga kamere AKAYEZU ABAKIRA Georges Rwamagana AKAYEZU ABAKIRA Georges, umwana w'imyaka 9 y'amavuko, yahanishijwe igihano gikomeye cyo gutwikwa na se umubyara witwa AKAYEZU Alexis kuko yakoze mu nkono akoresheje amazi y'ikidomoro cya palasitike. cyararangiye 85 9Uburenganzira ku ubutabera SIBOMANA Innocent Nyagatare Karangazi NIZEYIMANA yagejeje ikirego kuri Komisiyo atabariza umuhungu we SIBOMANA Innocent w'imyaka 22, warashwe n'umupolisi ku wa 21/2/2014, bigeze nijoro Polisi imukura aho yari yagiye kwivuriza ijya kumufungira kuri station ya Polisi ya Nyagatare atavurwa Cyararangiye kuko SIBOMANA Innocent yavuwe kandi akanafungurwa68
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)103 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUNOUburenganzira bwa hohotewe Amazina Akarere abarizwamo Imiterere y'ikibazo Aho kigeze ubu Page yo muri raporo kiriho 10Kwandikwa mu bitabo by'irangamimerere no kurerwa n'ababyeyi bombi KWIHANGANA Alexis Burera Komisiyo yatanze ikirego mu Rukikorw'Ibanzerwa Cyeru, mu rubanza RC 0203/13/ TB/CYE rwo rwasomwe kuwa 17/09/2013 Urukikorwemejeko KWIHANGANA Alexis arimwene HARERIMANA Jean Bosco, runategek Akoyandikwa mu bitabo by'irangamimerere akabaha indezo iganana 20. 000 frs kukwezi KWIHANGANA Alexis yanditswe mu bitabo by' irangamimerere nyina ahabwa umurima uzavamo indezo77 11Kwandikwa mu bitabo by'irangamimerere no kurerwa n'ababyeyi bombi YAMBABARIYE Burera Umwana YAMBABARIYE uhagariwe na nyina NYIRASAFARI Béatrice yasabye ko Komisiyo yamufasha kurenganurwa kuko MANIRIHO Olivier babyaranye yanzekwemera umwanango amuhe n'indezo Komisiyo yatanze ikirego mu Rukiko rw'Ibanze rwa Cyeru, mu rubanza RC 0244/012/TB/CYE03/13/ TB/CYE rwasomwe ku wa 17/09/2013 Urukiko rwemeje ko hakenewe gupima ADN kugirango igaragaze ko YAMBABARIYE arimwene MANIRIHO Olivier Komisiyo yakoze ubuvugizi kuri Polisi kugirango iki kizamini gikorerwe kubuntu kuko NYIRASAFARI Béatrice ntabushobozi afite74 12Gusambanya amwana MUKAMANA Sifa Rusizi Ku wa 28 Ukwakira 2013, Komisiyo y`Igihugu y`Uburenganzira bwa Muntu yagejejweho ikirego cyerekeranye n`ihohoterwa rishingiye ku gitsina rya korewe MUKAMANA Sifa, umwana w'imyaka 17, ubarizwa mu Mudugudu wa Karusimbi, Akagari ka Karusimbi, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke wasambanyijwe n'uwitwa NIYIBIZI Daniel. Ntikirakemuka 85 13Uburenganzira bwo gusubizwa ibyo wambuwe MANIRIHO Sirivaniya Rutsiro Yavukijwe uburenganzira bwo gukoresha ibyo yatsindiye kubera ukwigomeka k'umuryango wa NTIHABOSE Sylvère baburanye agatsindwa Cyarakemutse 71
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)104 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUNo Uburenganzira bwa hohotewe Amazina Akarere abarizwamo Imiterere y'ikibazo Aho kigeze ubu Page yo muri raporo kiriho 14Uburenganzira bwo gusubizwa ibyo wambuwe NYIRANEZA Espérance Nyaruguru Hashize imyaka hafi itanu (5) urubanza no RCA 033/09/TGI/NYBE rutarangizwa, bikaba byaramuvukije we n`umuryango we uburenganzira ku mutungo batsindiye Cyarakemutse urubanza rwararangijwe72 15 Uburenganzira ku rubanza ruciwe mu gihe giciriritse REKAYABANZI Daniel na bagenzi be 11Karongi& Rutsiro We na bamwe muri bagenzi be bavukijwe uburenganzira ku rubanza ruciwe mu gihe giciriritse kubera ko bamaze imyaka isaga cumi n'irindwi bafunzwe nta dosiye. Umwe yakatiwe burundu abandi baracyafunzwe69 16 Uburenganzira ku mutungo HAKUZUMUKIZA Déogratias Rutsiro Avuga ko mu mwaka w'2000, Leta yabambuye amasambu yari ayabo iyaha uruganda rw'icyayi rwa « Pfunda Tea Limited » nta ngurane Cyarakemutse 66 17 Uburenganzira ku mutungo MUNEZERO Jean Claude na bagenzi be Rulindo Akarengane bavuga ko bakorewe n'Akarere ka Rulindo kabambuye amashyamba yabo mu mwaka w'2002, agahabwa Uruganda rw'Icyayi rwa SORWATHE sarl nta ngurane ikwiye bahawe. Cyarakemutse 61 18 Uburenganzira ku burezi DUSANGE Olivier Karongi Yabujijwe gukora ikizamini kirangiza amashuri atandatu yisumbuye ubuyobozi bw'Ishuri Ryisumbuye rya Gasenyi yigagamo bwamufungishije kuri Polisi ko yamennye ikirahure, ikamufungura ibizamini byararangiye. Cyarakemutse 59 19 Uburenganzira bwo kuticwa urubozo NDENDAHAYO Mohamed Gicumbi Yakorewe iyicarubozo ku wa 15/7/2012 n'umupolisi witwa Sergent RUHINDA Issa alias Sanyu ariko ntiyakurikiranwa ngo abihanirwe Ntikiracyemuka 56 20 Uburenganzira bwo kubaho Umwana wishwe na nyina GGisagara Uwo mwana yavukijwe uburenganzira bwo kubaho na nyina wihekuye amwicishije igisongo ubwo yari akimara kumubyara Hategerejwe isomwa ry'urubanza ku wa 2 Ukwakira 201455
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)105 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ibirego 8 byasigaye mu byari byagaragajwe muri raporo y'umwaka w'2013-2014: 1. VUGUZIGA Jean Baptiste, ubarizwa mu Mudugudu wa Marabuye, Akagari ka Nyakarera, Umurenge wa Ruhango, mu Karere ka Rutsiro, yavukijwe uburenganzira ku mafaranga ajyanye n'intera yazamuweho kuva mu mwaka w'1997 kugeza mu mwaka w'2008 mu rwego rw'akazi k'uburezi yakoraga; 2. NKURUNZIZA Aimable ubarizwa mu Mudugudu wa Mumanzi, Akagari ka Rugenge, Umurenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, yavukijwe uburenganzira ku rubanza ruciwe mu gihe giciriritse rujyanye no kwemerwa nk'umwana umubyeyi yabyaye; 3. NYIRAVAKURE Asiteriya ubarizwa mu Mudugudu wa Rugerero, Akagari ka Kaguriro, Umurenge wa Mushonyi, Akarere ka Rutsiro, yavukijwe uburenganzira ku mutungo we wangijwe na EWSA/REG ; 4. KANDAMUTSA Stéphanie (1948) ubarizwa mu Mudugudu wa Gisozi, Akagari ka Kamataba, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Rutsiro, yavukijwe uburenganzira ku mutungo yatsindiye ukomeje kuvogerwa n'uwo baburanye; 5. YAMBABARIYE ubarizwa mu Mudugudu wa Ngundu, Akagari ka Ruhanga, Umurenge wa Rusarabuye, Akarere ka Burera, ni umwana NYIRASAFARI Béatrice yabyaranye na MANIRIHO Olivier akaba yaravukijwe uburenganzira ku rubanza ruciwe mu gihe giciriritse kubera kubura amafaranga yo gukoresha ikizamini cya “ADN“; 6. MUKANGANGO Virginie ubarizwa mu Mudugudu wa Muzi, Akagari ka Bambiro, Umurenge wa Nyange, Akarere ka Ngororero, yavukijwe uburenganzira ku mutungo yatsindiye ukomeza kuvogerwa n'uwo yatsinze ; 7. Ikibazo cy`abagororwa 9 ari bo: NTAGANIRA Emmanuel alias Muturage, NZUNGIZE Azarias, TEGIBANZE Célestin, HISHAMUNDA Charles, KANYESHYAMBA Faustin, NIYIRORA Evariste, MUSONI Anselme, NTIBITANGIRA Clément na RUGUMIRIZA David, bafungiye muri Gereza ya Nyamagabe, bavukijwe uburenganzira ku rubanza ruciwe mu gihe giciriritse; 8. SEBISHWI Juvénal uhagarariye Umuryango w'Ababumbyi bo mu Rwanda (COPORWA) batuye mu Mudugudu wa Rwufe, Akagari ka Mujuga, Umurenge wa Kitabi, Akarere ka Nyamata, bavukijwe uburenganzira ku mutungo w'inzu zabo zangijwe, ababikoze bakaba badakurikiranwa. Nk'uko bigaragara, ku birego by'icyitegererezo 28 Komisiyo yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko kandi ikabitangaho ibyifuzonama, 20 ni ukuvuga 71. 4% byamaze kubonerwa ibisubizo, ibyifuzonama 8 ni ukuvuga 28. 5% ntibirashyirwa mu bikorwa. Komisiyo ikaba ishimira inzego za Leta zitandukanye zirimo Inteko Ishinga Amategeko, Imitwe Yombi hamwe n'inzego za Leta bireba zagize uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry'ibyo byifuzonama. By'umwihariko, ku bireba Inteko Ishinga Amategeko, Imitwe Yombi, nyuma yo gusuzuma raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y'umwaka w'2013-2014, buri Mutwe wafashe imyanzuro ishyikirizwa Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe kugirango inzego za Leta bireba ziyishyire mu bikorwa. Komisiyo irasaba ko ibirego 8 byasigaye mu byari byagaragajwe muri raporo y'umwaka w'2013-2014 ko na byo byabonerwa ibisubizo mu gihe cya vuba.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)106 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 8. IBIREGO KOMISIYO YAKURIKIRANYE MU MYAKA ITATU ISHIZE Muri iki gice cya raporo, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu igaragazamo icyegeranyo cy'ibirego bijyanye n'ihohoterwa ry'uburenganzira bwa Muntu yakurikiranye mu myaka itatu ishize (2012-2013, 2013-2014 na 2014-2015), ikaba yarasuzumye uko yagiye yakira ibyo birego n'uko byakurikiranwe muri iyo myaka itatu nk'uko bigaragazwa n'imbonerahamwe n'igishushanyo bikurikira. Imbonerahamwe ikurikira igaragaza ibirego byakiriwe n'ibyakurikiranwe mu myaka itatu ishize. Ibirego Umwaka w'2012-2013Umwaka w'2013-2014Umwaka w'2014-2015 Umubare w'ibirego Komisiyo yakiriye n'ibyo yari isanzwe ikurikirana 1576 1269 2038 Umubare w'ibirego Komisiyo yakurikiranye 1172 1116 1705 Umubare w'ibirego Komisiyo yarangirije amaperereza ikabishyikiriza inzego zibishinzwe 835 654 1056 Umubare w'ibirego byabonewe ibisubizo 626 401 806 Imbonerahamwe ikurikira igaragaza ibirego byakiriwe n'ibyakurikiranwe mu myaka itatu ishize. 0 500 1000 1500 2000 2500 Umubare w'ibirego Komisiyo yakiriye n'ibyo yari isanzwe ikurikirana Umubare w'ibirego Komisiyo yakurikiranye Umubare w'ibirego Komisiyo yarangirije amaperereza ikabishyikiriza inzego zibishinzwe Umubare w'ibirego byabonewe ibisubizo Umwaka w'2012-2013 Umwaka w'2013-2014 Umwaka w'2014-2015
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)107 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Mu mwaka w'2012-2013, Komisiyo yakiriye ibirego 1576, ikurikirana 1172 (74,3 %), mu mwaka w'2013-2014, Komisiyo yakira ibirego 1269, ikurikirana 1116 (87,9 %) ; naho mu mwaka w'2013-2014, Komisyo yakiriye ibirego 2038, ikurikirana 1705 (83,6 %). Biragaragara ko ibirego Komisiyo yakiriye n'ibyo yakurikiranye mu mwaka w'2014-2015 ari byo byinshi ugereranyije n'iby'imyaka ibiri yawubanjirije. Igishushanyo kiri hejuru kigaragaza kandi ko umubare w'ibirego Komisiyo yakoreye amaperereza ikabishyikiriza inzego zishinzwe kubikemura wiyongereye ukurikije umubare w'ibirego Komisiyo yakurikiranye. Ikibigaragaza ni uko mu mwaka w'2013-2014, Komisiyo yari yakurikiranye ibirego 1116, igashyikiriza izindi nzego ibirego 654 (58,6 %) ; naho mu mwaka w'2014-2015, Komisiyo ikaba yarakurikiranye ibirego 1705, ishyikiriza izindi nzego ibirego 1056 (61,9 %). Uko kwiyongera kw'ibirego byashyikirijwe izindi nzego kukaba kwaratewe ahanini n'uko ibirego byinshi Komisiyo yakurikiranye byerekeranye n'umutungo n'ubutabera kandi inzego zabishyikirijwe akaba ari zo zifite inshingano y'ibanze yo kubikemura. Ikindi kigaragara ni uko umubare w'ibirego byabonewe ibisubizo wiyongereye cyane kuko wavuye ku birego 401 mu mwaka w'2013-2014 ukagera ku birego 806 mu mwaka w'2014-2015. Uko kwikuba kabiri kw'ibirego byabonewe ibisubizo mu gihe cy'umwaka umwe byatewe n'impamvu ebyiri z'ingenzi. Iya mbere ni uko Komisiyo imaze igihe yarafashe ingamba zo gusanga abaturage bafite ibibazo mu Mirenge yabo kugira ngo ibishakire ibisubizo batarinze kuyisanga i Kigali. Iya kabiri ni uko abayobozi benshi b'inzego zitandukanye bafite ubushake bwo gukemura ibibazo by'abaturage Komisiyo ibagezaho. Imbonerahamwe n'igishushanyo bikurikira bigereranya ibirego Komisiyo yakurikiranye ikurikije ibyiciro by'uburenganzira bwa Muntu mu myaka itatu ishize (2012-2013, 2013-2014 na 2014-2015). Umwakauburenganzira bwo kubaho Uburenganzira ku buzima Uburenganzira kuburezi Uburenganzira ku mutungo Uburenganzira kubutabera Uburenganzira ku murimo Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose 2012-2013 6 12 18 30 42 72 22 14 36 199 257 456 112 116 228 26 27 53 2013-2014 8 15 23 6 8 14 22 27 49 163 166 329 94 135 229 6 27 33 2014-2015 8 13 21 1 6 7 58 64122 246 285 531 276 257 533 13 39 52 6 12 18304272 22 1436199257456 112 116228 26 2753 8 15 236 8 1422 2749163166329 94135229 62733 8 13 2116758 64122246285531 276 257533 133952 0100200300400500600 Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose Gore Gabo Bose Gabo Gore Bose uburenganzira bwo kubaho Uburenganzira ku buzima Uburenganzira kuburezi Uburenganzira ku mutungo Uburenganzira kubutabera Uburenganzira ku murimo2012-2013 2013-2014 2014-2015
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)108 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 9. ISHYIRWA MU BIKORWA RY'UBUBASHA BWA KOMISIYO BWO KUREGERA INKIKO Ububasha bwo kuregera inkiko Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ibuhabwa n'Itegeko nº 19/2013 ryo ku wa 25 Werurwe 2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, mu ngingo yaryo ya 9, ivuga ko Komisiyo ifite ububasha bwo kuregera inkiko mu manza z'imbonezamubano, iz'ubucuruzi, iz'umurimo n'iz'ubutegetsi iyo habaye ihungabana ry'Uburenganzira bwa Muntu buteganywa n'Itegeko Nshinga, Amasezerano Mpuzamahanga u Rwanda rwemeje burundu n'andi mategeko. Iyo ngingo inavuga kandi ko Komisiyo ishobora guhagararirwa mu Nkiko n'abakozi bayo babiherewe ububasha n'urwego rubishinzwe bisabwe na Perezida wa Komisiyo, cyangwa na Avoka yihitiyemo. Komisiyo kandi ishyira mu bikorwa ububasha bwayo bwo kuregera inkiko, ishingiye ku ngingo ya 10 y'iryo Tegeko isobanura ibyerekeye ikoreshwa ry'ububasha bwayo bw'ubugenzacyaha n'ubwo kuregera inkiko. Ibirego Komisiyo yashyikirije inkiko ni bimwe mu byo yakurikiranye harimo ibyerekeranye n'ihohoterwa ry'Uburenganzira bw'umwana, ihohoterwa ry'Uburenganzira bwo kubaho, uburenganzira bwo kudasambanywa ku gahato n'Uburenganzira bwo kuticwa urubozo. Kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, Komisiyo yakoresheje ububasha bwo kuregera Inkiko mu manza icyenda (9), Imanza ebyiri (2) zijyanye n'uburenganzira bwo kwemerwa n'umubyeyi nk'umwana yabyaye, eshatu (3) zijyanye n'indishyi zikomoka ku burenganzira bwo kubaho, eshatu (3) zijyanye n'uburenganzira ku mutungo bwambuwe abana, naho kimwe (1) kikaba kijyanye n'uburenganzira bwo kudasambanywa ku gahato. Mu birego icyenda Komisiyo yaregeye inkiko, ibirego 5 byafashwe nk'icyitegererezo muri iyi raporo. Ibyo birego ni ibikurikira: 1. Iyicwa rya NYIRAHATEGEKIMANA Béata Ikibazo cy'iyicwa rya NYIRAHATEGEKIMANA Béata wari utuye mu Mudugudu wa Mugerero, mu Kagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyakarenzo, Akarere ka Rusizi, Intara y`Iburengerazuba, cyagejejwe kuri Komisiyo y`Igihugu y`Uburenganzira bwa Muntu ku wa 11 Kanama 2011. NYIRAHATEGEKIMANA Béata yishwe na NDAHAYO Jacques mu ijoro ryo ku wa 1 Kanama 2011. Icyo kibazo cyanditswe ku buryo burambuye muri raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y`umwaka w'2011-20126, 2012-20137, n'iy'umwaka w'2013-20148. Komisiyo yashatse Avoka uburanira umuryango wa NYIRAHATEGEKIMANA Béata mu rubanza n° RP 0009/11/HC/RSZ, mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Rusizi. Urukiko rwahamije NDAHAYO Jacques icyaha cy`ubuhotozi akatirwa igihano cy`igifungo cya burundu. Urukiko rwanamutegetse guha IRANZI Drocelle na MBARUSHIMANA Samuel, abana ba nyakwigendera, na KANTARAMA Perpétue, nyina wa nyakwigendera, indishyi zingana n'amafaranga y'u Rwanda miliyoni icyenda (9. 000. 000 Frw). NDAHAYO Jacques ntiyishimiye imikirize y`urubanza ajuririra Urukiko rw'Ikirenga, ubujurire bwe buhabwa no RPA 0096/13/CS. Ku wa 4 Nzeri 2013, Komisiyo yandikiye Urukiko rw'Ikirenga ibaruwa no CNDP/SEPT/117/13. 14 isaba ko urubanza n° RPA 0096/13/C. S rwaburanishwa mu gihe cya vuba kugira ngo n'ikibazo cy'indishyi gishobore gukemuka. 6 Raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y'umwaka w'2011-2012, urup. 49. 7 Raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y'umwaka w'2012-2013, urup. 54-55 8 Raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y'umwaka w'2012-2013, urup. 78-79
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)109 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo imaze gukurikirana icyo kibazo igasanga nta cyakozwe, ku wa 24 Kamena 2014, yongeye kwandikira Urukiko rw`Ikirenga ibaruwa no CNDP/JUN/696/13. 14 yibutsa ibaruwa yavuzwe haruguru, isaba ko urubanza RPA 0096/13/CS rwaburanishwa mu gihe cya vuba. Minisitiri w`Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta yagenewe kopi y'iyo baruwa. Umwaka w'2013-2014 warangiye Komisiyo nta gisubizo cy'ayo mabaruwa yombi ibonye kandi n'urubanza no RPA 0096/13/CS rutaburanishijwe. Urubanza rwaje kuburanishwa ku wa 19 Nzeri 2014, Urukiko rw'Ikirenga rwemeza ko nta gihindutse ku mikirize y'urubanza n° RP 0009/11/HC/RSZ. Mu kurangiza urubanza, umuhesha w'inkiko yasanze NDAHAYO Jacques nta mutungo afite wafatirwa kugira ngo haboneke ubwishyu bw'indishyi yatsindiwe. Komisiyo ikomeje gusaba ko hashyirwaho ikigega cy'indishyi cyajya kigoboka mu kwishyura igihe abatsinzwe mu nkiko badashobora kwishyura. 2. Ikirego cya NTAKIRUTIMANA Mariam Ku wa 26 Kanama 2013, NTAKIRUTIMANA Mariam ubarizwa mu Mudugudu wa Nyabigoma, Akagari ka Murwa, Umurenge wa Bweyeye, Akarere ka Rusizi, Intara y`Iburengerazuba, yandikiye Komisiyo ayisaba kumurenganura ku bijyanye n'iburanishwa ry'Urubanza rwerekeye iyicwa ry'umwana we IRASUBIJE Daniel avuga ko, ku wa 24 Ugushyingo 2011, yarasiwe mu ishyamba rya Nyungwe n`Umucungashyamba witwa NKURIYIMANA Jean. Yisunze ikirego cy'Ubushinjacyaha, Komisiyo yashatse Avoka uburanira umuryango wa IRASUBIJE Daniel mu kirego cy'indishyi. Avoka yakurikiranye icyo kirego mu Bushinjacyaha no mu Rukiko Rukuru, Urugereka rwa Rusizi mu rubanza nº RP 0006/13/HC/RSZ. Ku wa 31 Ukuboza 2013, urubanza rwarasomwe, urukiko rwemeza ko NKURIYIMANA Jean afatanyije na RDB baha NTAKIRUTIMANA Mariam n'abo bafatanyije kuregera indishyi, amafaranga y'indishyi angana na Miliyoni zirindwi (7. 000. 000 Frw). Ku wa 30 Mutarama 2014, Avoka wa Komisiyo yisunze ubujurire bw'Ubushinjacyaha na we yajuririye urubanza rwavuzwe haruguru kubera ko indishyi zagenewe umuryango wa IRASUBIJE Daniel yabonaga ari nkeya. Ku wa 6 Gicurasi 2015, ni bwo urubanza rw'ubujurire rwagombaga kuburanishwa, ariko RDB yemera gutanga indishyi ku bwumvikane. Kuri iyo tariki, urubanza rwarasubitswe, abagize umuryango wa IRASUBIJE Daniel bahamagarwa mu rubanza ku giti cyabo. Urubanza rwimuriwe ku wa 5 Ukwakira 2015. Ku wa 14 Nyakanga 2015, nyuma y'imishyikirano na Komisiyo yari ihagarariye abaregeye indishyi, RDB yemeye gutanga indishyi ku bwumvikane. Ku wa 6 Kanama 2015, ni bwo RDB yashyikirije amafaranga beneyo nk'uko impande zombi zari zabyumvikanyeho. Komisiyo irashima uburyo ikibazo cyarangijwe kandi irasaba inzego zose zishyikirizwa ibibazo kujya zibikemura mu bwumvikane hatabayeho gusiragira mu nkiko.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)110 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. Ikirego cy'ifatwa ku ngufu ry'abana U. G, B. G na I. D. Ku wa 23 Nyakanga 2014, JENI Félicien, Umukorerabushake wa Komisiyo mu Murenge wa Kagano yandikiye Komisiyo ayisaba kurenganura abana 3 ari bo U. G, B. G na I. D. babarizwa mu Mudugudu wa Ryarutungura, Akagari ka Gako, Umurenge wa Kagano, Akarere ka Nyamasheke, Intara y'Iburengerazuba. Mu maperereza Komisiyo yakoze yamenye ko U. G. w'imyaka umunani (8), B. G. w'imyaka umunani (8) na I. D. w'imyaka itandatu (6) bahohotewe n'umugabo w'imyaka 58 witwa KAYEGO Modeste. Abo bana bakimara kubibwira ababyeyi babo ko babahohoteye bihutiye kubimenyesha umuyobozi w'Umudugudu wa Ryarutungura. KAYEGO Modeste yarafashwe ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kanjongo, abana bahita bajyanwa mu bitaro bya KIBOGORA gupimwa mu gihe yarimo ikora iperereza. Bamaze gupimwa, bahawe imiti ibafasha kuko umwe muri bo yari yakomeretse bikabije bikamutera kwihagarika amaraso. Polisi yakoze dosiye iyishyikiriza Ubushinjacyaha ku Rwego rw'Ibanze rwa Kagano, ariko umushinjacyaha ntiyahamagaye ababyeyi n'abana babo kugira ngo ababaze. KAYEGO Modeste yarafashwe arafungwa ; ku wa 22 Nyakanga 2014 arafungurwa, ababyeyi b'abo bana bakaba bibaza icyo umushinjacyaha yashingiyeho amufungura. Komisiyo yakurikiranye icyo kirego kugeza aho ubushinjacyaha buregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi, dosiye ihabwa no RP 0170/14/TGI/RSZ. Komisiyo yashakiye Avoka imiryango y'abo bana kugira ngo aburane urubanza rw'indishyi rwaburanishirijwe rimwe n'urw'ubushinjacyaha. Ku wa 14 Mata 2015, urubanza rwaraburanishijwe, rusomwa uwo munsi, KAYEGO Modeste ahanishwa igifungo cy'imyaka 10, anategekwa gutanga amafaranga y'indishyi angana na miliyoni enye n'ibihumbi magana atanu (4 500 000 Frw). KAYEGO Modeste ntiyishimiye imikirize y'urubanza arujuririra mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Rusizi, ubwo bujurire bukaba bwaraburanishijwe ku wa 2 Kamena 2015, Urukiko rwanzura ko umuganga agomba kurwitaba kugira ngo agire icyo asobanura ku isuzuma ry'abana bakorewe icyaha; nyuma rukazongera kuburanishwa ku wa 8 Nzeri 2015. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, Komisiyo yamenye ko urubanza rwaburanishijwe rukaba ruzasomwa ku wa 30 Nzeri 2015. 3. 10. UBURENGANZIRA BW'ABANTU BARI MU BYICIRO BYIHARIYE Abantu iyo bava bakagera bavuka bareshya mu cyubahiro no mu burenganzira kandi itegeko rigomba kubarengera ku buryo bumwe nta vangura iryo ari ryo ryose. Iri hame ryo kureshya kw'abantu mu gaciro no mu burenganzira rishimangirwa mu ngingo ya 16 y' Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, turisanga kandi mu ngingo ya 26 y'Amasezerano Mpuzamahanga mu by'Imbonezamubano na Politiki yo ku wa 16 Ukuboza 1966, no mu ngingo ya mbere y'Itangazo Mpuzamahanga ry'Uburenganzira bw'Ikiremwa Muntu ryo ku wa 10 Ukuboza 1948. Abantu bari mu byiciro byihariye nk'abana, abagore, abafite ubumuga, abafite ubwandu bw'agakoko gatera SIDA, abageze mu za bukuru, impunzi n'abakozi b'abimukira, bagomba kurengerwa by'umwihariko mu rwego rwo kubarinda ihohoterwa bashobora gukorerwa Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25 Werurwe 2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, ingingo ya 6, agace ka 4, y'iri tegeko iha Komisiyo inshingano yo gukurikirana by'umwihariko iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'umwana.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)111 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, Komisiyo yakurikiranye iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'ibyiciro byihariye bikurikira: 3. 10. 1. Uburenganzira bw'Umwana Uburenganzira bw'umwana bushingiye mbere na mbere ku mahame shingiro y'uburenganzira bwa Muntu yavuzwe haruguru, by'umwihariko bugashingira ku mahame y'Uburenganzira bw'Umwana akurikira: inyungu z'umwana, ukutavangurwa, kubaho no gukura neza no kugira ijambo mu gihe hafatwa ibyemezo bimureba. Ubwo burenganzira buteganywa mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu mu ngingo ya 27 n'iya 28. Na none Uburenganzira bw'umwana bushimangirwa mu mategeko y'u Rwanda cyane cyane mu Itegeko n° 54/2011 ryo ku wa 14 Ukuboza 2011 ryerekeye uburenganzira bw'umwana n'uburyo bwo kumurinda no kumurengera. Hari n'Iteka rya Minisitiri no1/MININTER/16 ryo ku wa 14/11/2013 rishyiraho gahunda n'ingamba zo kurera no gukurikirana abana batarageza ku myaka itatu babana na ba nyina bafunzwe. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibiteganywa n'Amategeko n'Amasezerano Mpuzamahanga ku burenganzira bw'Umwana, mu mwaka wa 2006 Komisiyo yashyizeho Urwego rushinzwe Igenzura ry'Iyubahirizwa ry'Uburenganzira bw'Umwana(ODE/ Observatoire des Droits de l'Enfant) ruyifasha gukurikirana uko uburenganzira bw'umwana bwubahirizwa mu Gihugu. Uru rwego rugizwe n'abakorerabushake bakorera ku rwego rw'Umurenge, n'Akarere, rukagira na Komite yo ku rwego rw'Igihugu igizwe n'inzego zitandukanye zifite ubunararibonye mu guteza imbere no kurengera uburenganzira bw'Umwana. Abakorerabushake bakorera mu Mirenge no mu Turere bakora raporo ku ihohoterwa ry'Uburenganzira bw'Umwana igashyikirizwa Komisiyo buri kwezi. Komisiyo isuzuma izo raporo yasanga harimo ihohoterwa ry'uburenganzira bw'umwana ikabikurikirana Kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, Komisiyo yakurikiranye ibirego 587 byerekeranye n'ihutazwa ry'Uburenganzira bw'umwana biri mu byiciro bikurikira:
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)112 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUN0Ibyiciro by'uburenganzira bwa Muntu Ibibazo byakemutse Ibibazo bitarakemuka Igiteranyo rusange Hungu Kobwa Bose Hungu Kobwa Bose 1 Uburenganzira bwo kubaho4 2 6 3 3 6 12 2 Uburenganzira ku buzima1 0 1 1 0 1 2 3 Uburenganzira ku burezi33 25 58 30 24 54 112 4 Uburenganzira ku mutungo12 8 20 4 13 17 37 5 Uburenganzira ku butabera12 35 47 0 8 8 55 6 Uburenganzira bw'abafite ubumuga0 0 0 0 10 10 10 7 Uburenganzira bwo kudakoreshwa imirimo ivunanye0 0 0 0 3 3 3 8 Gusubizwa uburenganzira wambuwe0 0 0 1 1 2 2 9 Uburenganzira bwo kudasambanywa ku ngufu0 18 18 1 54 55 73 10 Ihohoterwa rishingiye ku gitsina1 60 61 5 102 107 168 11 Ihohoterwa rikorerwa mu ngo3 2 5 1 2 3 8 12 Uburenganzira bwo kwandikishwa mu bitabo by'irangamimerere7 8 15 6 6 12 27 13 Uburenganzira bw'umwana bwo kumenya ababyeyi bombi no kurerwa na bo21 12 33 22 28 50 83 14 Uburenganzira bw'umwana bwo guhabwa ibimutunga no kurerwa n'ababyeyi20 14 34 0 0 0 34 15 Uburenganzira bw'umwana bwo kurererwa mu muryango1 1 2 6 3 9 11 16 Uburenganzira bwo kudakorerwa iyicarubozo1 0 1 0 0 0 1 17 Uburenganzira bwo kudahabwa ibihano ndengakamere1 0 1 0 0 0 1
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)113 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU18 Ifata n'ifunga ridakurikije amategeko0 6 6 0 0 0 6 19 Uburenganzira ku mutekano (Ibura ry'abantu)1 4 5 4 4 8 13 20 Ubundi burenganzira 0 0 0 1 1 2 2 IGITERANYO 118 177 295 84 208 292 587 Mu birego 587 by'ihohoterwa ry'uburenganzira bw'umwana Komiyo yakurikiranye mu gihe cy'umwaka uhereye muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, ibigera kuri 295 muri byo byabonewe ibisubizo, 292 biracyakurikiranwa. Ibyo bibazo byabonewe ibisubizo n'inzego zibishinzwe nyuma y'uko Komisiyo ibibamenyesheje. Aha twavuga nk'ibyerekeranye n'uburenganzira ku burezi. Nyuma yo kuganira na Komisiyo, Inzego bireba cyane cyane Umurenge n'Ubuyobozi bw'ibigo by'amashuri zahise zikemura ikibazo abana basubira mu ishuri. Nk'uko bigaragara mu mbonerahamwe, muri rusange abana b'abakobwa usanga ari bo bahohoterwa cyane ugeranyije n'abahungu kuko mu bibazo 587 byagaragaye, 385 byerekeranye n'ihohoterwa ryakorewe abana b'abakobwa mu gihe abana b 'abahungu bahohotewe ari 202 kuri 587. Imbonerahamwe igaragaza kandi ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari ryo riri ku isonga, ahagaragaye ibibazo 168 kuri 587 bingana na 28,6%. Abana benshi bahohoterwa ni abiga mu burezi bw'ibanze bw'imyaka icyenda na cumi n'ibiri batagaburirwa saa sita, bakunze guhohoterwa mu nzira bataha. Ababahohotera bakaba babafatirana kubera inzara n'urugendo. Hari n'abana bato bahohoterwa biturutse ku burangare bw'abayeyi babasigira abantu batizewe bakajya mu mirimo itandukanye, abo babasigiye bakabahohotera mu gihe ababyeyi badahari Ihohoterwa ry'uburenganzira ku burezi rikurikiraho n'ibibazo 112 kuri 587, bihwanye na 19,03%. Komisiyo yasanze abana benshi bata ishuri bitewe ahanini n'ubukene bukabije mu miryango, abana bagahitamo kuva mu ishuri bakajya gushaka imirimo ibazanira amafaranga cyangwa bakishora mu buzererezi. Hari kandi abana biga muri gahunda y'uburezi bw'ibanze bw'imyaka icyenda na cumi n'ibiri bava mu ishuri kubera kutabona ifunguro rya saa sita bitewe n'uko ababyeyi babo batashoboye kwishyura amafaranga asabwa. Ihohoterwa ry'uburenganzira bw'Umwana bwo kumenya ababyeyi bombi no kurerwa nabo rikurikira ihohoterwa ry'uburenganzira ku burezi aho usanga hari ibibazo 83 bingana na 14,14%. Icyo kibazo gikunze kugaragara ku bana bafite ba nyina babyariye iwabo batarashatse, ugasanga umwana akura yisanga kwa sekuru ubyara nyina atazi se. Nyina w'umwana akenshi ntamubwira se bitewe n'uko aba atamwemera. Ikirego cy'icyitegererezo ku bijyanye n'icyiciro cy'uburenganzira bw'umwana ni igikurikira: Ikirego cya U. D., U. F. na U. J. U. D. na U. F. bafite imyaka 12 na U. J. ufite imyaka 8 ni bene B. J. D. na M. J. batuye mu Mudugudu wa Bwotamana, Akagari ka Rubumba, Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza. Abo bana basambanyijwe na se ubu ufungiye muri Gereza ya Rwamagana, akaba yarabanduje agakoko gatera SIDA.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)114 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Icyo kirego cyagejejwe kuri Komisiyo n'umukorerabushake w'Urwego rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'umwana (ODE) ku wa 7 Ugushyingo 2014. Muri raporo ye, avuga ko nyina w'abana yabonye Polisi itwara umugabo we, ariko ntiyamenye niba afungiye gusambanya abana be kandi na dosiye ye ntazi aho igeze. Nyina w'abo bana avuga ko abana be bafite ikibazo cyo kuvangurwa no guhabwa akato n'abaturanyi, kandi ko ubufasha babona budahagije ku buryo babaho nabi. Mu maperereza Komisiyo yakoze mu Murenge wa Kabare, umukozi ushinzwe Imibereho Myiza n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Rubumba, babajijwe ku bufasha buhabwa abana U. D, U. F na U. J, bandujwe virusi itera SIDA n'umubyeyi wabo ndetse no ku bivugwa ko bahabwa akato n'aba turanyi. Abo bayobozi bavuze ko abo bana nta kato bahabwa, ariko ko bagiye kubikurikirana bakamenya niba hari ibyabayeho koko. Abana bavuze ko biga neza, ko nta kato abandi bana babaha kandi ko bafashwa bakaba banafata imiti. Ku bijyanye n'ubufasha, abo bayobozi bavuze ko uwo muryango ufashwa uko bishobotse, kuko Ikigo Nderabuzima cya Cyarubare kibaha buri kwezi ibiro 15 by'ibishyimbo, litiro 3 z'amavuta, ibiro 12 by'ifu y'igikoma (SOSOMA) n'ibiro 3 by'isukari. Bahabwa kandi amafaranga 1000 buri mwana iyo yagiye mu isuzuma rikorwa buri kwezi, n'andi 1200 kuri buri mwana iyo yagiye mu bujyanama bukorwa buri kwezi. Abo bayobozi basobanuye ko abana bose barihiwe ubwisungane mu kwivuza kandi biga. Ibyo bikaba byaremejwe n'abana ubwabo. Mu gukomeza gukurikirana icyo kibazo, Komisiyo yasanze B. J. D. aho afungiye muri Gereza ya Rwamagana, imubaza ku kibazo cyo gusambanya abana be aregwa muri dosiye ifite no RP0364/14/TGI/NGM ariko avuga ko atacyemera. Yavuze kandi ko yaburaniye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Ngoma ku wa 15 Ukuboza 2014, akaba yari gusomerwa ku wa 30 Ukuboza 2014 ariko ntashobore kujyayo. Komisiyo yageze mu bwanditsi bwa Gereza B. J. D. isanga yarahamwe n'icyaha cyo gusambanya abana no guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igihano cyo gufungwa cya burundu y'umwihariko. Komisiyo isanga abana U. D., U. F. na U. J. barakorewe ihohoterwa rikabije na se B. J. D. N'ubwo yahanwe kandi abo bana bakaba babona ubufasha bwavuzwe haruguru, Komisiyo isanga ubuyobozi bw'Akarere ka Kayonza bukwiye kurushaho kubitaho cyane cyane bakarindwa ihungabana kandi bakongererwa ubufasha bahabwa. 3. 10. 2. Uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga Uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga bushingiye ku mahame remezo y'Uburenganzira bwa Muntu yo kubahiriza agaciro ntagereranywa n'icyubahiro bya Muntu, kureshya kw'abantu mu gaciro no mu burenganzira no kutavangurwa, yemeza ko abantu bose bavuka bareshya mu gaciro, mu cyubahiro no mu burenganzira; bityo, ko ivangura iryo ari ryo ryose ryaba irishingiye ku bumuga ari uguhakana icyubahiro n'agaciro bikwiriye Muntu. Uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga bushimangirwa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, mu ngingo ya 9, igika cya 4 n'icya 5 yerekeye Amahame Remezo Leta y'u Rwanda yiyemeje kugenderaho; no mu ngingo ya 11, iya 14 n'iya 16 mu gice cyerekeye uburenganzira bw'ibanze bwa Muntu. Izo ngingo zose zishimangira uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga bwo kutavangurwa n'ubwo kugira ubwisanzure n'uburenganzira bingana n'iby'abandi Banyarwanda bose.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)115 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ubwo burenganzira bushimangirwa kandi n'ihame ryo kutavangura rivugwa mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye uburenganzira bwa Muntu mu by'Imbonezamubano no mu bya Politiki mu ngingo ya 2, agace ka 1 n'iya 26 ndetse no mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye uburenganzira bwa Muntu mu by'Ubukungu, Imibereho myiza n'Umuco mu ngingo ya 2, agace ka 2. Izo ngingo zivuga ko uburenganzira bwa Muntu bukubiye muri ayo Masezerano Mpuzamahanga yemejwe na Leta y'u Rwanda, bwemerewe abantu bose; ko Ibihugu byayemeye bisabwa kubahiriza no kurinda uburenganzira bukubiye muri ayo Masezerano ku bantu bose bari mu Gihugu, kandi ko uburenganzira buyakubiyemo buzubahirizwa nta vangura iryo ari ryo ryose, ryaba irishingiye ku bumuga bw'umubiri cyangwa ubwo mu mutwe. Ubwo burenganzira nanone buteganywa by'umwihariko mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga yo ku wa 13 Ukuboza 2006 yemejwe burundu na Leta y'u Rwanda ku wa 15 Ukuboza 2008, agamije guteza imbere, kurengera no gutuma abantu bafite ubumuga bagira ku buryo busesuye kandi bungana n'ubw'abandi uburenganzira bwa Muntu n'ubwisanzure bw'ibanze; agamije kandi guteza imbere iyubahirizwa ry'agaciro ka Muntu ku Bantu bafite ubumuga. By'umwihariko ingingo ya 3, agace ka 3, y'ayo Masezerano Mpuzamahanga iteganya amahame rusange akwiye kwitabwaho mu guharanira uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga akurikira: - Kubaha agaciro n'icyubahiro umuntu avukana, - Ukwigenga kwa buri Muntu harimo n'ubwisanzure bwo kwihitiramo, - Kutavangura, kugira uruhare rusesuye kandi rufatika no kwibona mu muryango mugari, - Kubaha ugutandukana kw'abantu no kwemera abantu bafite ubumuga nk'abagize imbaga y'abantu batandukanye mu muryango mugari, - Kugira amahirwe angana, - Kubasha kugera ku bikenewe, - Ukureshya hagati y'umugore n'umugabo, - Kubaha iterambere ry'ubushobozi bw'umwana ufite ubumuga no kubaha uburenganzira bw'abana bafite ubumuga bwo kugumana ibibaranga. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibiteganywa n'ayo Masezerano Mpuzamahanga, mu Rwanda hatowe Itegeko n° 01/2007 ryo ku wa 20 Mutarama 2007 rirengera abantu bafite ubumuga muri rusange, hafatwa n'ingamba zinyuranye mu rwego rwo guteza imbere, kurinda no kurengera uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga. Kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga, Komisiyo yatanze inyigisho n'ibiganiro bikangurira Abaturarwanda uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga. Komisiyo kandi yifatanyije n'inzego z'abafite ubumuga ijya mu nama no mu bikorwa binyuranye byateguwe n'izo nzego harimo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'abantu bafite ubumuga wo ku wa 3 Ukuboza. Komisiyo nanone yakurikiranye inama nyunguranabitekerezo zerekeye uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga zateguwe n'inzego zabo. Muri izo nama no mu bindi bikorwa, Komisiyo yagiranye ibiganiro n'abari bahagarariye inzego zinyuranye zita ku bafite ubumuga, itanga ibitekerezo n'ibyifuzonama biteza imbere Uburenganzira bw'abafite ubumuga.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)116 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Mu rwego rwo kurinda no kurengera uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga, Komisiyo yakomeje gukurikirana mu buryo bwihariye ibibazo by'ihutazwa ry'uburenganzira bw'abafite ubumuga. Muri urwo rwego, kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, Komisiyo yakurikiranye ibirego cumi na bibiri (12) by'ihutazwa ry'uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga. Muri ibyo birego, umunani (8) byashyikirijwe izindi nzego zishinzwe kubikemura, naho bine (4) biracyakurikiranwa. Ibirego by'icyitegererezo ku ihutazwa ry'uburenganzira bw'abantu bafite ubumuga Komisiyo yakurikiranye ni ibikurikira : Ku wa 19 Werurwe 2014, ubwo Komisiyo yasuraga ibigo byita ku bafite ubumuga hagamijwe kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abafite ubumuga muri ibyo bigo, yageze mu Kigo kirera abana bafite ubumuga kizwi ku izina rya ″Centre des Handicapés de Saint François d'Assise″ kiri mu Murenge wa Mururu, Akarere ka Rusizi, ibonana na MUKARORA Florida, ubarizwa mu Mudugudu wa Bucuzi, Akagari k'Uwimpara, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, ayigezaho ikibazo cy'ifatwa ku ngufu yakorewe na HUMURE HABIMANA Jean Paul, akaba yarabyaye umwana ufite ubumuga bw'uruhurirane witwa GANZA, yarereshaga muri icyo Kigo. Mu maperereza Komisiyo yakoze yasanze MUKARORA Florida yarasambanyijwe ku ngufu mu mwaka w'2004 afite imyaka 16 akaba yari umunyeshuri ku Kigo cy'Amashuri Abanza ya Nyamasheke mu mwaka wa 6. Ukekwa kumuhohotera, HUMURE HABIMANA Jean Paul yakoraga muri Paruwasi ya Nyamasheke. Komisiyo yamenye kandi ko nyuma yo kubyara umwana ufite ubumuga bw'uruhurirane, MUKARORA Florida yirukanywe mu muryango we ntiyafashwa kubera uwo umwana. Ntiyigeze kandi yitabwaho n'umuryango wa HUMURE kubera ubumuga bw'umwana, n'ubwo bashiki ba HUMURE ari bo MUKASHIMWE, MUKASHYAKA na MUSANABERA bari bazi neza ko uwo mwana yabyawe na musaza wabo. Ikindi ni uko uwo mwana yatereranwe n'imiryango akomokamo bitewe n'uko yavukanye ubumuga bukomeye. MUKARORA Florida ntashobora kubona uko akorera ibimutunga kuko umwana yabyaye atajya amushyira hasi na gato, akaba yarasabye Komisiyo kumukorera ubuvugizi agafashwa kandi se w'umwana agashakishwa kugira ngo bafatanye kurera uwo mwana. Komisiyo yamenye ko HUMURE HABIMANA Jean Paul aherereye mu Mudugudu wa Bwishyura, Akagari ka Bwishyura, Umurenge wa Bwishyura, mu Karere ka Karongi akaba akora umwuga w'ubumotari. Komisiyo yagejeje icyo kibazo ku Muyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyamasheke, ayibwira ko azakora ibishoboka byose HUMURE agafatwa agashyikirizwa ubutabera. Mu gihe cyo gutegura iyi raporo, HUMURE HABIMANA Jean Paul ntarafatwa ngo abazwe iby'icyaha akekwaho cyo gusambanya MUKARORA Florida no kutita ku mwana babyaranye. Uyu ni GANZA ufite ubumuga bw'uruhurirane bwo kutabona, kutumva, kutagenda, kutavuga,...
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)117 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo isanga uwo mwana yaratereranwe, anavutswa uburenganzira bwo kurerwa na se no kuvuzwa na we ahanini bitewe n'ubumuga yavukanye. Komisiyo ikaba isaba inzego z'ubuyobozi bw'Akarere ka Nyamasheke gufasha MUKARORA Florida se w'umwana akamenyekana kandi akamufasha kumurera, ndetse n'Inzego z'Ibanze zishinzwe imibereho myiza zikamwitaho by'umwihariko. Ikirego cya NYIRANZANYWAYINGOMA Candide Ku wa 27 Mutarama 2015, NYIRANZANYWAYINGOMA Candide ufite ubumuga bw'ingingo ubarizwa mu Mudugudu wa Misave, Akagari ka Rusayo, Umurenge wa Gashonga, Akarere ka Rusizi, yandikiye Komisiyo ayisaba kumufasha kurenganurwa. Avuga ko yagurije amafaranga ibihumbi magana atatu na mirongo ine n'icyenda (349. 000Frw) HABIMANA Alphonse ubarizwa mu Mudugudu wa Kirehe, Akagari ka Hangabashi, Umurenge wa Gitambi, Akarere ka Rusizi. Mu masezerano bagiranye ku wa 29 Nyakanga 2012, bumvikanye ko yari kuzayamwishyura ku wa 29 Nzeri 2012, HABIMANA akaba yaratanze ingwate y'inzu iri kuri Centre Kamukobe. HABIMANA Alphonse yarenze ku masezerano agurisha ingwate yatanze atabimenyesheje uwo bafitanye amasezerano kubera ubumuga afite. Mu maperereza Komisiyo yakoze yasanze NYIRANZANYWAYINGOMA Candide yaratanze ikirego mu Rukiko rw'Ibanze rwa Nyakabuye, igihe cyo kuburana kigeze ntiyaboneka, ahagera yakererewe kubera ubumuga bwe, nyuma urubanza ruza gusibwa mu bitabo kuko atitabye urukiko ku gihe. Hashingiwe ku nshingano ya Komisiyo yo kurengera by' umwihariko uburenganzira bw'abafite ubumuga, Komisiyo yakurikiranye ikibazo cye igera mu Rukiko rw'Ibanze rwa Nyakabuye isaba ko urubanza rubyutswa kuko kuba NYIRANZANYWAYINGOMA Candide yarakererewe mu rubanza byatewe n'uko afite ubumuga bw'ingingo kandi akaba ari impamvu yumvikana. Urubanza rwarabyukijwe, haregwa HABIMANA Alphonse, ruhabwa nimero RC187/14/TB/NYKB, ruburanishwa ku wa 10 Gashyantare 2015, urukiko rwemeza ko NYIRANZANYWAYINGOMA Candida atsinze. Komisiyo isanga hari abantu bavutswa uburenganzira bwabo bakanasuzugurwa kubera ubumuga bafite. Komisiyo ikaba isaba inzego z'ubuyobozi zose kujya zibitaho ku buryo bw'umwihariko. 3. 10. 3. Uburenganzira bw'impunzi Uburenganzira bw'impunzi ni bumwe mu burenganzira bwa Muntu buteganywa mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003, nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 25 iteganya uburenganzira bwo guhabwa ubuhungiro mu buryo bwemewe n'amategeko. Uyu ni NYIRANZANYWAYINGOMA Candida Komisiyo imuvanye mu Rukiko rw'Ibanze rwa Nyakabuye imujyanye iwe
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)118 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ubwo burenganzira buteganyijwe cyane cyane mu Masezerano Mpuzamahanga y'i Genève yo ku wa 28 Nyakanga 1951, yerekeye amategeko agenga impunzi, yatangiye gukurikizwa ku wa 22 Mata 1954, yemezwa burundu na Leta y'u Rwanda ku wa 15 Ugushyingo 1979 (Itegeko-teka n° 29/79 ryo ku wa 22/10/1979, J. O. n° 22 yo ku wa 15/11/1979), cyane cyane mu ngingo yayo ya mbere itanga igisobanuro cy'impunzi, ingingo ya 2 ivuga ko impunzi zifite inshingano zo kubaha amategeko y'Igihugu cyazakiriye, n'ingingo ya 4 ivuga inshingano z'Igihugu cyakiriye impunzi. Ubwo burenganzira buvugwa kandi mu Masezerano y'Inyongera adahatirwa ku Masezerano y'i Genève yo ku wa 28 Nyakanga 1951 yerekeye Amategeko agenga Impunzi yemejwe ku wa 31 Mutarama 1967 yuzuza aya mbere. Mu mategeko y'u Rwanda, Uburenganzira bw'impunzi buteganyijwe mu Itegeko n° 13/ter/2014 ryo ku wa 21/5/2014 ryerekeye impunzi mu ngingo yaryo ya 18 ivuga ko «bitanyuranyije n'andi mategeko umuntu wese wemerewe Sitati y'ubuhunzi mu Rwanda afite uburenganzira n'ubwisanzure biteganywa mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye impunzi yemejwe na Leta y'u Rwanda». Iryo Tegeko rinashyiraho Komite ishinzwe gutanga sitati y'ubuhunzi iteganywa mu ngingo yaryo ya 3, rikanagena inshingano zayo ziteganywa mu ngingo ya 4. Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ikaba ifite uyihagarariye muri iyo Komite nk'uko biteganywa mu ngingo ya 5 y'iryo tegeko. Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25/03/2013 rigena Inshingano, Imiterere n'Imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu mu ngingo yaryo ya 6, agace ka 4, ivuga ko Komisiyo ikurikirana by'umwihariko uburenganzira bw'impunzi. Kuva ku wa 1 Nyakanga 2014 kugeza ku wa 30 Kamena 2015, nk'uko byagaragajwe na Minisiteri y'Imicungire y'Ibiza no Gucyura Impunzi, mu Rwanda hari impunzi ibihumbi ijana na cumi na birindwi na magana arindwi na mirongo itanu na barindwi (117. 757), zigizwe n'abagore ibihumbi mirongo itatu na kimwe na magana atanu na mirongo irindwi n'icyenda (31. 579), abagabo ibihumbi makumyabiri na bine na mirongo inani (24. 080) n'abana ibihumbi mirongo itandatu na bibiri na mirongo icyenda n'umunani (62. 098). Iriya mibare yiyongeraho impunzi magana cyenda na cumi n'umunani (918) zo mu nkambi ya Muyira zari zitarashyirwa mu byiciro hakurikijwe imyaka n'igitsina. Izo mpunzi ziri mu nkambi icyenda (9) ari zo Gihembe, Kiziba, Nyabiheke, Kigeme, Mugombwa, Mahama, Bugesera, Nyagatare, Muyira no mu Mujyi wa Kigali. ➢ Ibyakozwe na Komisiyo mu rwego rwo kurengera uburenganzira bw'impunzi Ibiganiro na Minisitiri w'Imicungire y'Ibiza no Gucyura Impunzi Mu bihe bitandukanye Komisiyo yasuye inkambi za Gihembe, Kiziba, Nyabiheke, Kigeme na Mugombwa isanga hagaragaramo ibibazo bijyanye n'uburenganzira ku burezi, uburenganzira ku buvuzi n'ikibazo cy'imibereho y'impunzi muri rusange. Ibyo bibazo akaba ari byo Komisiyo yagejeje kuri Minisitiri w'Imicungire y'Ibiza no Gucyura Impunzi ku wa 16 Gashyantare 2015.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)119 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ku bijyanye n'uburenganzira ku burezi, Komisiyo yari yagaragaje ikibazo cy'amashuri ashaje, icy'amashuri y'incuke n'amarerero adahagije, icy'abana barangiza icyiciro cya mbere cy'uburezi bw'ibanze bw'imyaka icyenda ntibashobore gukomeza amashuri n'icy'ubusumbane bw'imishahara y'abarimu b'impunzi na bagenzi babo b'abanyagihugu. Minisitiri w'Imicungire y'Ibiza no Gucyura Impunzi yabwiye Komisiyo ko ku bufatanye n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) hariho gahunda yo kubaka amashuri, ku buryo n'uburezi bw'ibanze bw'imyaka 12 bwakubahirizwa ku bana bose. Yanavuze kandi ko Leta iteganya kubaka amashuri hafi y'inkambi kugira ngo abe ari ho abo bana biga, ko kandi Minisiteri ikurikirana ikibazo cy'imishahara y'abo barimu. Ku bijyanye n'uburenganzira ku buvuzi, Komisiyo yari yagaragaje ikibazo cy'abafite ubumuga batabona insimburangingo n'inyunganirangingo kuko imiryango nterankunga itazitanga. Minisitiri yavuze ko icyo kibazo kiri ku murongo w'ibigomba gukemurwa vuba ku bufatanye na HCR. Ku bijyanye n'imibereho y'impunzi muri rusange, Komisiyo yari yagaragaje ikibazo cy'impunzi zo mu nkambi za Kiziba, Gihembe na Nyabiheke zimazemo igihe kirekire (imyaka 20), ibyo bikaba bigira ingaruka zinyuranye ku buzima bwabo. Mu rwego rwo gukemura icyo kibazo, Minisitiri yavuze ko hatangijwe gahunda yo gutuza bamwe muri izo mpunzi mu bindi bihugu nka Amerika, hakaba na gahunda yo kubashishikariza gutaha ku bushake, ndetse no kubaha ubushobozi bwo gutura mu Rwanda ku babishaka. Iteka rya Perezida rikazagena uburyo impunzi zituzwa. Isurwa ry'inkambi z'impunzi z'Abarundi Kuva ku wa 11 kugeza ku wa 12 Gicurasi 2015, Komisiyo yasuye inkambi z'impunzi z'Abarundi zatangiye kugera mu Rwanda guhera mu ntangiriro za Mata 2015, hagamije kugenzura uko uburenganzira bwazo bwubahirizwa. Umubare w'impunzi zari mu nkambi 3 Komisiyo yasuye (Gashora iri mu Karere ka Bugesera, Mahama iri mu Karere ka Kirehe na Muyira iri mu Karere ka Nyanza), wari ibihumbi cumi n'icyenda n'ijana na mirongo irindwi na bane (19. 174). Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ageza ubutumwa ku mpunzi z'Abarundi mu nkambi ya Mahama
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)120 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Imibare itangwa na Minisiteri y'Imicungire y'Ibiza no Gucyura Impunzi igaragaza ko kugeza ku wa 30 Kamena 2015, muri izo nkambi eshatu umubare w'impunzi wari ibihumbi mirongo ine na bitatu na magana atatu n'umunani (43. 308). ➢ Ibyagaragariye Komisiyo mu gikorwa cyo gusura inkambi z'impunzi z'Abarundi Iryo sura ryari rigamije kureba uko imibereho n'uburenganzira bw'impunzi byubahirizwa hashingiwe ku Mategeko igihugu kigenderaho ndetse n'Amasezerano Mpuzamahanga u Rwanda rwemeje burundu. Komisiyo yasanze impunzi z'Abarundi zifashwa n'imiryango nterankunga inyuranye mu bijyanye no kubona icumbi n'ibikoresho by'ibanze, guhabwa ibiribwa, inkwi zo gucana, amazi meza, ibikoresho by'isuku no kuvuzwa. Ku bijyanye n'ubuvuzi, mu nkambi zasuwe hari abaganga n'abaforomo n'abandi babafasha mu mirimo inyuranye yo kuvura. Impunzi zifite ikibazo cy'uburwayi bukomeye zijyanwa ku Bigo Nderabuzima n'ibitaro byegereye inkambi, abagore batwite na bo bitabwaho by'umwihariko. Ku bijyanye n'umutekano, inkambi z'impunzi zirarinzwe kandi zifite umutekano uhagije. Mu bibazo byihariye byagaragariye Komisiyo, mu nkambi ya Gashora mu Karere ka Bugesera, hari ikibazo cy'abana bageze mu Rwanda barazahaye cyane bitewe n'imirire mibi, ku bageze mu kigero cyo kurya uretse gusa igikoma bahabwa ntibashobora kurya ibishyimbo n'ibigori kandi n'imiryango yabo itishoboye kugira ngo ibashakire ibindi biribwa. Hari n'abana baburanye n'imiryango yabo bafashwa na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) mu gikorwa cyo kubahuza na yo. By'umwihariko, inkambi ya Mahama yakiraga impunzi ziturutse mu zindi nkambi kandi zahagereraga icyarimwe ari nyinshi, bigatuma haba ubucucike ku buryo ibiribwa n'ibikoresho byatangwaga bitari bihagije. Abaganga bita ku barwayi na bo bari bake ugereranyije n'umubare w'abarwayi babaganaga. Hari kandi ikibazo cy'abana batari bashyirwa mu ishuri kuko ari bwo bari bagihunga. ➢ Umwanzuro Hashingiwe ku bibazo byagaragaye igihe Komisiyo yasuraga inkambi z'impunzi, yasanze uburenganzira bw'impunzi bwubahirizwa ariko hakiri ibibazo bimwe na bimwe bikeneye gukorerwa ubuvugizi kugira ngo bishakirwe ibisubizo bityo ikaba isaba inzego bireba gukomeza kubyitaho by'umwihariko. Ni muri urwo rwego isaba Minisiteri y'Ubuzima gukomeza kwita ku kibazo cy'umubare udahagije w'abaganga n'abaforomo ukurikije abarwayi babagana, ikibazo cy'impunzi zirwaye igituntu n'izifite ubwandu bw'agakoko gatera SIDA batabona imiti ku gihe ndetse ngo banahabwe indyo irimo intungamubiri n'ikibazo cy'abana bagaragaraho imirire mibi. Komisiyo irasaba kandi Minisiteri y'Uburezi gukomeza kwita ku kibazo cy'abana b'impunzi z'Abarundi batiga. Komisiyo irasaba Minisiteri y'Ibiza no Gucyura Impunzi gukomeza kwita ku kibazo cy'ubucucike bwo mu nkambi ya Mahama buterwa n'umubare munini w'impunzi n'ikibazo cy'ibiribwa bike.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)121 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 11. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU 3. 11. 1. Igenzura ry'uburenganzira bwa Muntu mu Bigo by'Agateganyo binyuzwamo abashobora kujya mu bigo ngororamuco (Transit centers) Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ishingiye ku ngingo y'177 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y`u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk`uko ryavuguruwe kugeza ubu, ivuga inshingano rusange za Komisiyo; Ishingiye ku ngingo ya 7, agace ka 20, y'Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25/03/2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, iyiha inshingano yo “kugera aho ari ho hose hakekwa cyangwa havugwa ihohoterwa ry'uburenganzira bwa Muntu”; Ishingiye ku Iteka rya Minisitiri no 001/10 ryo ku wa 17/03/2010 rigena imiterere, n'imikorere y'ibigo ngororamuco by'abana, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 11, riteganya ko mu rwego rwo kugenzura abana bajyanwa mu bigo ngororamuco, Inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali cyangwa y'Akarere ishobora gushyiraho ikigo cy'agateganyo kiri ku rwego rw'Umujyi wa Kigali cyangwa urw'Akarere, iyo bigaragaye ko hari abana benshi barangwa n'imico ivugwa mu ngingo ya mbere y'iryo Teka. ➢ Icyari kigamijwe Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ishingiye ku bubasha ihabwa n'Itegeko, yakoze igenzura mu bigo by'agateganyo binyuzwamo abashobora kujyanwa mu bigo ngororamuco igamije kureba ko uburenganzira bw'abantu bari muri Transit centers bwubahirizwa no gusaba inzego zibishinzwe gukemura ibibazo by'ihohoterwa ry'ubwo burenganzira igihe byaba byahagaragaye. By'umwihariko, muri iki gikorwa, Komisiyo yari igamije ibintu bibiri by'ingenzi bikurikira : - Kumenya ibijyanye n'ishyirwaho ry'ibigo bya Transit centers ndetse n'imikorere yabyo; -Kumenya ibigenderwaho mu kwakira abaza mu bigo bya Transit centers, uko imiryango yabo imenyeshwa, niba basurwa, ndetse n'uko bandikwa mu bitabo bya Transit centers. Mu rwego rwo kugera kuri izo ntego no gushyira mu bikorwa inshingano yayo yo gukurikirana by'umwihariko iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abanyura muri ibyo bigo, muri Mutarama na Gashyantare 2015, Komisiyo yagenzuye Transit centers 28 zikurikira: - Gashora mu Karere ka Bugesera, - Rusarabuye mu Karere ka Burera, - Gakenke mu Karere ka Gakenke, - Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, - Kageyo mu Karere ka Gicumbi, - Gikonko mu Karere ka Gisagara, - Mbazi mu Karere ka Huye, - Kayenzi mu Karere ka Kamonyi,
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)122 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU- Mwendo mu Karere ka Karongi, - Rukara mu Karere ka Kayonza, - Nyamugari mu Karere ka Kirehe, - Muhanga mu Karere ka Muhanga, - Kinigi mu Karere ka Musanze, - Remera mu Karere ka Ngoma, - Kabaya mu Karere ka Ngororero, - Karago mu Karere ka Nyabihu, - Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, - Tare mu Karere ka Nyamagabe, - Kagano mu Karere ka Nyamasheke, - Mpanga mu Karere ka Nyanza, - Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, - Mudende mu Karere ka Rubavu, - Ntongwe mu Karere ka Ruhango, - Bushoke mu Karere ka Rulindo, - Gashonga mu Karere ka Rusizi, - Murunda mu Karere ka Rutsiro, - Kigabiro mu Karere ka Rwamagana na - Gikondo mu Mujyi wa Kigali. ➢ Ibyagaragariye Komisiyo Abari muri ibyo bigo n'impamvu Mu igenzura Komisiyo yakoze muri ibyo bigo, yasanze harimo abantu 1854 barimo ab'igitsina gabo 1800 n'ab'igitsina gore 54. Komisiyo yasanze kandi abari muri ibyo bigo barazanywe kubera impamvu zinyuranye ari zo : kutagira ibibaranga bagafatwa nk'inzererezi, ubusinzi butera urugomo, ubuzererezi, ubujura bworoheje, gucuruza cyangwa kunywa ibiyobyabwenge. Komisiyo yasanze ibigo byinshi bifite abakozi bake batanafite ubumenyi buhagije mu kugorora abantu bafite imyitwarire igayitse. Ibigo byose byakagombye kugira ubuyobozi buhuriweho n'Akarere na Polisi kandi abayobozi n'abakozi babyo bagashyirwaho mu buryo bumwe. Ibijyanye n'uburenganzira bw'abari muri Transit centers Komisiyo yagenzuye uburenganzira bukurikira: uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo, uburenganzira bwo kumenyesha imiryango no gusurwa, uburenganzira ku buzima, uburenganzira ku ifunguro ndetse n'uburenganzira ku mibereho. Komisiyo yagenzuye kandi imiterere y'inyubako zigize Transit centers n'isuku yazo.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)123 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUa. Ibijyanye n'uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo Komisiyo yasanze abari muri Transit centers banditse mu bitabo byandikwamo. b. Ibijyanye n'Uburenganzira bwo kumenyesha imiryango no gusurwa Komisiyo yasanze hari imiryango imwe n'imwe y'abari muri Transit centers itamenyeshwa ko hari abantu bayo bahafungiye kugira ngo ishobore kubasura. c. Ibijyanye n'Uburenganzira ku buzima Komisiyo yasanze abarwariye muri Transit centers bavuzwa n'Uturere ariko abafite agakoko gatera SIDA bibagora gukomeza gufata imiti igabanya ubukana ku basanzwe bayifata. d. Ibijyanye n'Uburenganzira ku ifunguro Komisiyo yasanze abantu bari muri Transit centers bahabwa igikoma mu gitondo n'ifunguro ry'impungure n'ibishyimbo ku gicamunsi uretse abo mu bigo bya Gashora mu Karere ka Bugesera, Gikonko mu Karere ka Gisagara na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru badahabwa igikoma. Abari muri Transit centers banywa amazi atetse cyangwa arimo umuti wica udukoko two mu mazi keretse abo mu bigo bya Mudende mu Karere ka Rubavu, Ntongwe mu Karere ka Ruhango, Murunda mu Karere ka Rutsiro, Mwendo mu Karere ka Karongi, Gakenke mu Karere ka Gakenke, Gikonko mu Karere ka Gisagara na Rusarabuye mu Karere ka Burera banywa amazi adatetse ntanabemo umuti wica udukoko two mu mazi. e. Ibijyanye n'Uburenganzira ku mibereho myiza Komisiyo yasanze abari muri Transit centers zimwe hari abafite ibiryamirwa n'ibyo kwiyorosa hari n'ahandi batabifite. Mu bwiherero n'aho bakarabira mu bigo bya Mudende, Muhanga, Kageyo na Gikonko, Tare, Komisiyo yasanze nta suku ihagije ihari. Mu kigo cya Rusarabuye nta misarani bagira kuko bakoresha imisarani y'isoko. f. Ibijyanye n'inyubako Centres de Transit ya Mwendo ikorera mu mazu yabigenewe kuko yubakiwe by'umwihariko kwakira inzererezi, ikanagira aho ikorera hahagije, ibindi byose bikorera mu mazu ashaje yari agenewe ibindi bikorwa. Komisiyo yasanze kandi inyubako z'ibyo bigo zifite umwuka n'urumuri bihagije uretse inyubako za Muhanga, Rusarabuye na Gashora zifite umwuka mubi nka Rusarabuye na Gashora bihagarika mu bidomoro bakanararana na byo. Mu Kinigi hari urumuri ruke naho Muhanga inyubako zirashaje. Ku bijyanye n'uko abahungu batandukanywa n'abakobwa Komisiyo yasanze mu bigo byinshi harimo igitsina gabo gusa, ibigo bifite ab'igitsina gore baba mu nyubako zitandukanye n'iz'igitsina gabo.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)124 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU➢ Umwanzuro n'ibyifuzonama Umwanzuro Hakurikijwe igenzura Komisiyo yakoze, uburenganzira bwa Muntu burubahirizwa, ariko hari bimwe bigaragara ko bikwiye gukosorwa harimo kuba bamwe mu bari muri Transit centers imiryango yabo itamenyeshwa ko ari ho bari, kudahabwa amazi meza (atetse cyangwa arimo imiti yica udukoko), kudahabwa imiti igabanya ubukana bw'agakoko gatera SIDA ku bafite ubwandu bwako, kudahabwa ibiryamirwa n'ibyo kwiyorosa, isuku idahagije n'inyubako zishaje. Ibyifuzonama Komisiyo irasaba inzego bireba, gukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo byagaragajwe bikemurwe. By'umwihariko irasaba: A. MINISITERI Y'UMUTEKANO MU GIHUGU-Kuvugurura Iteka rya Minisitiri no 001/10 ryo ku wa 17/03/2010 kugira ngo rihuzwe n'icyo Transit centers zashyiriweho. B. UTURERE-Gushyiraho uburyo abayobozi b'ibyo bigo bamenyesha imiryango y'ababirimo aho baherereye;-Gushakira ibyo bigo abakozi bahagije kandi ubuyobozi bwabo bukagenwa mu buryo bumwe hose;- Korohereza abafite ubwandu bwa SIDA kubona imiti no kugenzura niba nta bandi bafite indwara mu rwego rwo kwirinda ko bakwanduza bagenzi babo;-Gushakira abari muri ibyo bigo ibiryamirwa n'ibyo kwiyorosa;-Kongera isuku muri Transit centers no kuvugurura amazu yose agaragara ko ashaje. 3. 11. 2. Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro Muri iki gihe, ibice byinshi bitandukanye by'isi bigaragaza umuvuduko mwinshi w'iterambere akenshi ukajyana n'ihutazwa ry'uburenganzira bwa Muntu. N'ubwo iryo terambere riba rigamije guteza imbere uburenganzira mu by'ubukungu, imibereho myiza n'umuco, hagiye hagaragara impungenge ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu cyane cyane bujyanye n'uburenganzira ku buzima n'umutekano w'abakozi bakora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro, ubw'abaturage baturiye ahacukurwa, iyubahirizwa ry'amategeko arengera ibidukikije, uburenganzira ku mutungo wa ba nyir'ubutaka bucukurwamo amabuye y'agaciro n'iyubahirizwa ry'amategeko y'umurimo ku bakozi bakora mu bucukuzi. Ni muri urwo rwego, kuva ku wa 13 kugeza ku wa 18 Mata 2015, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yagenzuye uko uburenganzira bwa Muntu bwubahirizwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda hagamijwe kureba iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abakozi bakora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro na Kariyeri n'ubw'abahaturiye.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)125 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Muri iryo genzura, Komisiyo yarebye ibiteganyijwe mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo kuwa 4 Kamena 2003 mu ngingo zaryo: 29, 37, 38, 39, n'iya 49 ku bijyanye n'uburenganzira ku mutungo, uburenganzira bwo kutavangurwa ku murimo, uburenganzira bwo kwibumbira mu ngaga z'abakozi, uburenganzira bw'abakozi bwo guhagarika imirimo, uburenganzira bwo kuba ahantu hadafite ingaruka mbi ku buzima kandi hajyanye n'inshingano yo kurengera ibidukikije. Komisiyo yarebye kandi ibiteganyijwe mu Masezerano Mpuzamahanga yerekeye uburenganzira mu by'ubukungu, imibereho myiza n'umuco yo ku wa 16 Ukuboza 1966 mu ngingo yayo ya: 6, 7, 8 n'iya 9, ku bijyanye n'uburenganzira bwo guhembwa umushahara ungana ku bakozi bakora akazi kamwe kandi bafite ubushobozi bungana, uburenganzira bwo guhembwa umushahara utuma umukozi abaho neza, uburenganzira bwo guhabwa amahugurwa, uburenganzira bwo gukorera ahantu hatabangamiye ubuzima bw'umukozi kandi hafite isuku, uburenganzira bwo kubona ikiruhuko, uburenganzira bwo gukora amasaha atabangamiye umukozi no kwishyurwa amasaha y'ikirenga, uburenganzira bwo guteganyirizwa izabukuru no ku mpanuka ziturutse mu kazi n'uburenganzira bwo kugira ubwishingizi bw'indwara n'ibindi; Muri iryo genzura, Komisiyo yashingiye kandi ku Masezerano Nyafurika yerekeye Uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage yo ku wa 27 Kamena 1981 nk'uko yemejwe n'Itegeko n° 10/1983 ryo ku wa 17/05/1983 mu ngingo yayo ya 15 ku bijyanye n'uburenganzira bwo gukorera ahantu hatabangamiye ubuzima bwe kandi agahabwa umushahara ungana n'akazi kakozwe; Mu yandi mategeko u Rwanda rugenderaho, Komisiyo yarebye ibiteganijwe mu Itegeko n° 13/2009 ryo ku wa 27/05/2009 mu ngingo ya 4, iya 6 n'iya 46, ku bijyanye n'uburenganzira n'inshingano by'umukozi n'umukoresha; Hari kandi Itegeko n° 05/2015 ryo ku wa 30/03/2015 ku bijyanye n'uburenganzira bw'umukozi bujyanye n'ubwiteganyirize bwa pansiyo na ryo ryashingiweho; Itegeko n° 03/2015 ryo ku wa 2/03/2015, ku bijyanye n'uburenganzira ku bwisungane mu kwivuza, n'Itegeko n° 13/2014 ryo ku wa 20/05/2014 mu ngingo zaryo za:16, 22, 25, 28, 30, 31, 32, 33 n'iya 38, ku bijyanye n'ibyo abahawe uruhushya rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bagomba kubahiriza kugira ngo uburenganzira ku bidukikije, uburenganzira ku buzima, umutekano n'imitungo y'abantu byubahirizwe. ➢ Icyari kigamijwe muri iryo genzura Intego rusange y'iryo genzura yari ukureba iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abakozi bakora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro n'ubw'abahaturiye. Iryo genzura kandi ryari rifite intego zihariye zikurikira: -Kureba iyubahirizwa ry'uburenganzira ku buzima, imibereho myiza n'ubundi burenganzira bw'abakozi bakora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda; -Kureba iyubahirizwa ry'uburenganzira mu by'ubukungu bw'abaturiye ahacukurwa amabuye y'agaciro na za kariyeri mu Rwanda; - Kureba iyubahirizwa ry'uburenganzira ku bidukikije mu bice bicukurwamo amabuye y'agaciro mu Rwanda; -Kureba iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'Umwana mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)126 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU➢ Uburyo igenzura ryakozwe Muri iryo genzura, Komisiyo yakoresheje uburyo bwo kubaza ibibazo byanditse n'ubw'ibiganiro ku bakoresha mu birombe, abakozi babikoramo, ababituriye ndetse n'abayobozi b'inzego z'Ibanze z'ahacukurwa amabuye y'agaciro. Komisiyo kandi yageze ahacukurwa (mu birombe) yirebera uko ubwo bucukuzi bukorwa hagamijwe kubona amakuru yuzuye. Ku Turere 30 tw'u Rwanda, Komisiyo yasuye Uturere 26 ducukurwamo amabuye y'agaciro na kariyeri dukurikira : - Bugesera muri site za Karambi, Kiyogoma, Gitaraga, Rusekera, Muyoboro na Gisororo; - Gasabo muri site ya Nyagasayo; -Burera muri site ya Gifurwe; -Gicumbi muri site ya Nkoma; - Rulindo muri site za Nyakabingo, Gasambya na Mahaza; - Musanze muri site ya Kanyana; - Gakenke muri site za Rukore, Rukore B, Gasebeya, Minazi, Gikamba na Gitongo; - Gatsibo muri site ya Gitoki, Nyabicwamba na Kabeza; - Ngoma muri site za Buhunga, Rutare, Mbuye I, Mbuye II na Umuyange; - Rwamagana muri site za Karuganwa na Nyamatete; - Nyanza muri site ya Nyamagana, Gashenge na Mpaza; - Huye muri site za Rurembo na Gakomeye; - Nyagatare muri site za Nyagatabire I na Nyagatabire II; - Kayonza muri site za Rwinkwavu, Ndago na Ruramira; - Muhanga muri site za Kavuza, Nyamabondo na Gisiza; - Rutsiro muri site za Waruganzu, Gakomeye, Giseke, Kamujyambere na Bitongo; - Gisagara muri site ya Gasharu; - Nyamasheke muri site za Banda na Ngoma; - Ngororero muri site za Gasasa, Rusebeya, Ruhanga A na Buranga; - Rubavu muri site za Kiburungu na Busoro; - Kamonyi muri site za Binyeri, Kamuzi, Rubare na Kanyawishyura; - Ruhango muri site za Rukira na Gitinda; - Rusizi muri site za Mashyuza na Kibangira na - Nyamasheke muri site ya Ngoma. ➢ Ibyagaragariye Komisiyo Uburenganzira bw'abakozi bakora mu birombe Komisiyo yagenzuye iyubahirizwa ry'uburenganzira kuri site 65, ihasanga abakozi biganjemo ab'igitsina gabo 6763 n'ab'igitsina gore 906; bose hamwe bakaba 7669. Muri iryo genzura, Komisiyo yibanze ku burenganzira bw'abakozi bakora mu birombe, uburenganzira bw'abaturiye ibirombe, uburenganzira ku bidukikije n'uburenganzira bw'umwana bwo kudakoreshwa imirimo ivunanye.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)127 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ku bijyanye n'uburenganzira ku buzima, Komisiyo yasanze abakozi bo kuri Site zasuwe bafite ubwishingizi bwo kwivuza (mutuelle de santé), naho abakozi ba Site zigenzurwa na CIMERWA na site ya Rwinkwavu bo bafite ubwishingizi bwo kwivuza bwa RSSB. Ku bijyanye n'ubwishingizi bw'Impanuka bukomoka ku kazi, site 52 kuri 65 zasuwe zifite ubwishingizi bw'Impanuka zikomoka ku kazi muri sosiyete z'ubwishingizi zinyuranye zirimo SORAS, CORAR, UAP, RADIANT, PHOENIX; COGEAR, BRITAM, SONARWA na PRIME LIFE INSURANCE. Komisiyo yasanze umubare w'abakozi bafatirwa ubwishingizi bw'impanuka muri buri site uba ari muto ugereranyije n'umubare w'abakozi izo site zikoresha. Zimwe mu ngero z'ubwo bwishingizi bw'impanuka zikomoka ku kazi zabonewe amakuru ku birebana n'umubare w'abafatirwa ubwishingizi ku mpanuka z'akazi, ziri mu mbonerahamwe ikurikira: Akarere Site Kompanyi Umubare w'abakozi Umubare w'abafatiwe ubwishingizi% Muhanga Kavuza Koperative COMINYA 53 15 28% Nyamabondo Koperative COMAR 294 40 15% Gisiza/Shori MISAGO JMV 29 15 51% Rutsiro Gakomeye Koperative TUHAGERE 90 46 51% Kamujyambere COOMUKIRU 30 20 66% Bitango Koperative AMKG 86 46 53% Nyanza Nyamagana Havila Mines 30 20 66% Mpaza Merci Jesus 78 30 38% Gakenke Minazi SINDAMBIWE Simon 70 25 35% Gitongo Standard Mining Company Ltd 55 15 27% ➢ Ku bijyanye n'ibikoresho byo kwirinda impanuka Kuri site zasuwe, site 47 nizo zahaye abakozi bazo bakoreshwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro inkweto zabugenewe (boots) bambara iyo bari mu kazi, site 27 abakozi bazo bahabwa amasitimu abamurikira iyo bari mu kazi imbere mu birombe mu gihe amashanyarazi abuze, site 23 abakozi bazo bahabwa uturindantoki (gants) bambara iyo bari mu kazi, na site 49 abakozi bazo bahabwa imyenda yabugenewe y'akazi (Salopettes). Ku bijyanye n'ubutabazi bw'ibanze, site 65 zasuwe 29 ni zo zifite udusanduku tw'ibikoresho by'ubutabazi bw'ibanze (Quit de secours), 25 zifite imodoka yakwifashishwa haramutse habaye impanuka, site 2 zifite inzogera zimenyesha ko hagiye kuba impanuka, 5 zifite ingobyi zo guteruraho abarwayi (blancard) itwarwaho abarwayi, naho 8 zifite ibindi birimo Amapikipiki n'ìngobyi za Kinyarwanda.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)128 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUImbonerahamwe ikurikira iragaragaza uko uburenganzira ku bwisungane bwo kwivuza, ubwishingizi bw'impanuka zikomoka ku kazi kuri buri site, ibikoresho birinda abakozi impanuka n'ibikoresho by'ubutabazi bw'ibanze kuri buri site bwubahirizwa. N° Akarere Site Ubwisun gane bwo kwivuza Ubwishingizi bw'impanuka zikomoka ku kazi Ubwiteganyirize bw'abakozi Ibikoresho byifashishwa mu kwirinda impanuka Ibikoresho by'ubutabazi bw'ibanze Isarubeti Inkweto Ingofero Isitimu Uturind antoki Ibindi bikore sho Agasanduk a k'imiti y'ibanze Imodo ka cyang wag moto Burankar i Inzogera Ibindi 1 Bugesera Karambi MS--ü ü ü ---ü ü --- Kiyogoma MS ü --------ü --- Gitaraga MS ü -ü ü ü --ü ü ü --- Rusekera MS ü -ü -ü ---ü ---- Muyoboro MS--ü -ü ---ü ---- Gisororo MS ü -ü ü ü -ü -ü ---- 2 Gasabo Nyagasayo MS ü -ü ü ü -ü ü ü ü --- 3 Burera Gifurwe MS ü -ü ü ü ü ü ü ü ü ü -ü 4 Gicumbi Nkoma MS ü -ü ü ü -------- 5 Rulindo Nyakabingo MS ü ü ü ü ü ü ü ü ü ü --- Gasambya MS ü -ü ü ü ü ü ü -ü ü -- Mahaza MS ü -ü ü ü ü ü ü ü ü --- 6 Musanze Kanyana MS ü -ü ü ü ü ü ü ü ü --ü 7 Gakenke Rukore MS--ü ü ü ü ü ü ----- Rukore B MS--ü ü ü ü ü ü ----- Gasebeya MS--ü ü ü ü ü ü ----- Minazi MS ü -ü ü ü ü ü ü ----- Gikamba MS ü -ü ü ---ü ü ü ü ü ü Gitongo MS ü -ü ü ü ü ü ü ü ---- 8 Gatsibo Gitoki MS------------- Nyabicwamba MS-------------
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)129 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUKabeza MS--ü ü ü -ü --ü ----9 Ngoma Buhunga MS ü -ü ü -ü -ü ü moto --- Rutare MS ü -ü ü ü ü ü ü ü moto --- Mbuye MS ü -ü ü ü ü --ü ü --- Mbuye MS ü -ü ü ü ü --ü ü --- Umuyange/Umu yange MS ü -ü ü ü ü ------- 10 Rwamaga na Karuganwa MS ü -ü ü ü ü -ü ü ---- Nyamatete MS ü -ü ü ü ü --ü ü ü -- 11 Nyanza Nyamagana MS ü -ü ü ü ü ü ü ü ü --- Rwankuba MS ü -ü ü ü ü ü ü ü moto --- Mpaza MS ü -ü ü ü ü ü ü ü moto --- 12 Huye Rurembo MS ü -ü ü ü ü ü ü ----ü - Gakomeye MS ü -ü ü ü ü ü ü ----ü 13 Gisagara Gasharu/Dahwe /Ndola MS ü -ü ü ü --ü -ü --- 14 Nyagatar e Nyagatabire MS--ü ü ü -ü ------ Nyagatabire MS--ü ü ü -ü ------ 15 Kayonza Rwinkwavu RSSB ü ü ü ü ü ü ü ü ü ü ü ü ü Ndago MS ü ----ü ---ü --- Mugambira MS ü -ü ü ü --ü -ü --- 16 Muhanga Kavuza MS ü -ü ü ü ü --ü ---- Nyamabondo MS ü -ü ü -ü ------ü Gisiza MS--ü ü -ü ------- 17 Rutsiro Waruganzu MS -ü ü ü ü ü ü ----- Gakomeye MS ü -ü ü ü ü ü -----ü
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)130 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Giseke MS ü -ü ü ü ü ü -ü ---- Kamujyamb ere MS ü -ü ü ü ü ü -----ü Bitango MS ü -ü ü ü ü ü -----ü 18 Nyamasheke Banda MS--ü ü ----ü ü --- 19 Ngororero Gasasa MS ü -ü ü ü ü ---ü ü -- Rusebeya MS ü -ü ü ü ----ü --- Kirengo Sud MS ü -ü ü -----ü --- Buranga MS ü -ü ü ü ---ü ü --- 20 Rubavu Kiburungu MS ü -ü ü ü ü --ü ü --- Busoro MS ü -ü ü ü ü --ü ü ---- 21 Kamonyi Binyeri MS ü -ü ü -ü ü ------ Kamuzi MS ü -ü ü ü -------- Rubare MS ü -ü ü -ü ü ------ Kanyawishyura MS ü -ü ü -ü ü --ü ü -- 22 Ruhang o Gitinda MS--ü ü ü -------- Rukina MS ü -ü ü --ü ------ 23 Rusizi Mashyuza RSSB ü Prime life ü RSSB ü ü ü ---ü -ü ü --ü - Kibangira MS ü SORAS------------ 24 Nyama gabe Ngoma MS------------- Mpatsi MS---------ü --- 25 Karongi MS: 63 49 3 57 55 49 32 30 26 29 29 7 3 10 Igiteranyo
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)131 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Uburenganzira ku mibereho myiza Muri iryo genzura, Komisiyo yibanze ku burenganzira ku mushahara ukwiye, amasaha y'akazi, ifunguro, amazi meza n'isuku. Ku bijyanye n'umushahara w'abakozi bakora mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro hari uburyo butatu bukoreshwa: Guhemba umukozi cyangwa itsinda ry'abakozi ku munsi hashingiwe ku musaruro wabonetse, guhemba bubyizi abakozi bakora muri kariyeri n'abatunda ibitaka byacukuwe mu birombe bijyanwa aho babiyungururamo amabuye y'agaciro no guhemba abakozi buri kwezi hakurikijwe umushahara bagenewe. Komisiyo yasanze site 15 zihemba abakozi bazo bubyizi amafaranga ari hagati ya magana atandatu (600 Frw) n'igihumbi na magana atanu (1. 500 Frw) ku munsi. Abo bakozi bakora akazi ko gupakira amakamyo muri za kariyeri abandi na bo bagatunda itaka ryacukuwe mu birombe barijyana ahatunganyirizwa amabuye y'agaciro kuko ayungururwa muri iryo taka. Komisiyo yasanze hari na site 32 mu zasuwe, zihemba ku munsi abakozi bakoreshwa mu bucukuzi bw'amabuye, amafaranga ari hagati y' igihumbi na magana inani (1. 800 Frw) n'ibihumbi bine (4. 000 Frw) ku kilo cya Gasegereti n'andi mabuye. Site 2 na zo zihemba abakozi bazo amafaranga ari hagati y'ibihumbi bitanu (5. 000 Frw) n'ibihumbi cumi na bitanu (15. 000 Frw) ku kilo cya Gasegereti n'andi mabuye. Komisiyo yasanze kandi hari site zihemba abakozi bazo amafaranga ari hagati y'ibihumbi makumyabiri (20. 000 Frw) n'ibihumbi makumyabiri na bitanu (25. 000 Frw) ku kilo cya koluta. Izindi site 24 ntizagaragaje uburyo zihemba abakozi bazo kubera ko abayobozi bazo batabonetse igihe hakorwaga igenzura. Icyagaragariye Komisiyo ni uko hari ikibazo cy'imishahara inyuranye kuri site zasuwe, kudahemberwa igihe no kutagira amasezerano y'akazi ku bakozi bakora mu birombe (uretse izigenzurwa na CIMERWA n'iya Rwinkwavu), n'ikibazo cyo kutagira amasezerano y'akazi. Ku bijyanye n'amasaha y'akazi, abakozi bakora amasaha ari hagati y'7 n'9 ku munsi, ariko hari site 1 byagaragaye ko ikoresha abakozi bayo amasaha 11 nta kiruhuko bahawe. Abakozi b'iyo site batangira akazi saa 7h00 kugeza saa 18h00. Ku bijyanye n'ifunguro, site 13 kuri 65 zasuwe zitanga ifunguro rya ku manywa ryishyuzwa hagati y'amafaranga ibihumbi cumi na bibiri (12. 000 Frw) n'ibihumbi cumi na bine (14. 000 Frw) buri kwezi, site 35 abakozi bafata ifunguro mu ngo zabo mu masaha y'ikiruhuko, naho site 7 abakozi barakora bagatahira rimwe. Ku byerekeye amazi meza n'isuku, site 12 kuri 65 zibonera abakozi bazo amazi meza yo kunywa bayavomye ku masoko, bayatetse cyangwa bakoresheje imiti (Sur'eau); izindi 53 zisigaye, abakozi birwanaho mu buryo bwo kubona amazi meza yo kunywa. Ku bijyanye n'isuku, site 23 kuri 65 zasuwe zifite ubwiherero n'ubwiyuhagiriro bimeze neza kandi bifite isuku. Site 32 zo zifite ubwiherero n'ubwiyuhagiriro ariko buri kure y'aho ubucukuzi bukorerwa, naho site 3 za Kamuzi, Rubare na Mahaza nta bwo zigira. Komisiyo kandi yagenzuye ibijyanye n'amahugurwa, isanga site 16 kuri 65 zasuwe ari zo ziha abakozi bazo amahugurwa. Site 49 ziha abakozi bazo amabwiriza y'akazi arebana no kwirinda impanuka no kuzirinda abandi bakorana.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)132 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Komisiyo yanagenzuye ibijyanye no kwibumbira hamwe, isanga abakozi ba site 19 kuri 65 zasuwe ari bo bashoboye gutora ababahagararira mu kumvikanisha ibibazo byabo no gukemura amakimbirane, naho site 5 abakozi bishyira hamwe mu bimina bibagoboka. Ibyagaragariye Komisiyo ni uko hari umubare muto wa site zihugura abakozi bazo n'umubare muto wa site zifite abakozi bibumbira mu matsinda aharanira inyungu zabo. Uburenganzira bw'abaturiye ibirombe Igenzura ryibanze ku bijyanye n'uburenganzira mu by'ubukungu n'uburenganzira ku mutungo wabo, hagamijwe kumenya inyungu abaturiye ibirombe babona mu icukurwa ry'amabuye y'agaciro, no kumenya niba bahabwa ingurane cyangwa indishyi ikwiye ku butaka bwabo bucukurwamo amabuye y'agaciro. Ku bijyanye n'uburenganzira mu by'ubukungu, abaturiye ibirombe bahabwa akazi, bakagezwaho n'ibikorwa by'iterambere binyuranye. Imiryango itishoboye yishyurirwa ubwisungane bwo kwivuza kandi hari ba rwiyemezamirimo bacukura amabuye y'agaciro bashoboye kubakira sitade n'ikibuga cy'indege abaturiye ahacukurwa amabuye ndetse banashyiraho gahunda yo kwigisha gusoma no kwandika bahereye ku bakozi bayo batabizi. Ku bijyanye n'uburenganzira ku mutungo, hatangwa ingurane cyangwa indishyi ikwiye mu buryo bwumvikanyweho n'impande zombi. Hari na sosiyete z'ubucukuzi zigirana amasezerano na ba nyir'ubutaka bakumvikana ko bazajya bishyurwa amafaranga magana atatu (300 Frw) ku kilo cya gasegereti yavuye mu butaka bwabo. Hari kandi na zimwe muri sosiyete zihabwa uruhushya rwo gucukura amabuye y'agaciro zitubahiriza amasezerano baba bumvikanyeho na nyir'ubutaka. Ayo masezerano yubahirizwa igihe gitoya ahasigaye nyiri ubutaka agahera mu gihirahiro. Muri iryo genzura, Komisiyo ariko hari n'aho yasanze ibikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bisenya inyubako bitewe n'uko abacukura bakomeza kugenda bakurikiye aho ayo mabuye aherereye bakagera mu masambu y'abaturage batabizi, kuko ibisimu biba byabaciye munsi. Urugero ni umuturage witwa MUTUNGIREHE Thérèse wo mu Karere ka Gakenke, Akagari ka Rukore, Umudugudu wa Kigote, wabonye inyubako yari atuyemo zisenyutse atarigeze amenya igihe abacukura bagereye mu gisimu kiri munsi y'inyubako ze. Komisiyo isanga bigaragara ko hari abaturage bavutswa uburenganzira ku mutungo wabo mu gihe batamenyeshwa ko abacukura bageze munsi y'ubutaka bwabo ngo bahabwe hakiri kare indishyi cyangwa ingurane y'ibyabo. Uburenganzira ku bidukikije Ku bijyanye n'uburenganzira ku bidukikije, Komisiyo yasanze hari site zifite pepiniyeri z'ibiti zifashishwa mu gutera ibiti ku misozi ihanamye n'ahatagicukurwa amabuye y'agaciro mu rwego rwo kurwanya isuri.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)133 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU N'ubwo hari site zubahirije ibisabwa mu kubungabunga ibidukikije hasibwa imyobo hakanaterwa ibiti cyangwa urubingo ahasubiranyijwe, Komisiyo yasanze hari n'aho ubucukuzi bwangiza ibidukikije ku buryo bugaragara bitewe n'uko site zose zidafite uburyo buhamye bwo kurinda isuri itwara ubutaka, gucukura mu kajagari ndetse no mu Midugudu ituwemo n'abantu, gusiba ibirombe bitagikora, kurinda inzuzi n'imigezi byangirika, kugira uruzitiro rutandukanya site n'andi masambu y'abaturage ku buryo hari n'ahakiri imyobo irangaye itagikoreshwa. Ku bijyanye n'amazi ava mu birombe yangiza ibidukikije, Komisiyo yasanze hari site zicukura ibyobo bifata amazi kugira ngo atangiza amazi y'imigezi cyangwa ay'inzuzi. Ariko hari na site zagaragayemo ikibazo cy'amazi ava mu birombe bicukurwamo amabuye y'agaciro atembera mu migezi ikononekara ndetse n'ubutaka buvuye mu birombe bugatembera mu mirima y'abaturage igihe imvura iguye. Hari aho ubucukuzi bwangiza ibidukikije ku buryo bugaragara. Amazi avuye muri site ya Gasasa (KKN) mu Karere ka Ngororero yisuka mu mugezi wa Satinsyi Kuri site ya Rusebeya mu Karere ka Ngororero ibyobo ntibyasibwe ngo haterwe ibiti Uburenganzira bw'umwana bwo kudakoreshwa imirimo ivunanye Ku bijyanye n'uburenganzira bw'umwana, Komisiyo yasanze nta bana bakoreshwa ahacukurwa amabuye y'agaciro keretse mu Karere ka Rutsiro aho Komisiyo yasanze abana baturiye ibirombe bayungurura ibisigazwa byavuye mu mabuye y'agaciro ngo bavanemo Koluta yo gucuruza. Aha ni kwa MUKAGISAGARA Eliana mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Bugambira, Umurenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)134 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUUMWANZURO N'IBYIFUZONAMA Umwanzuro Ku Turere 30 tw'u Rwanda, Komisiyo yasuye Uturere 26 ducukurwamo amabuye y'agaciro na kariyeri. Hasuwe Site 59 zicukurwamo amabuye y'agaciro na Site 6 zicukurwamo kariyeri; zose hamwe zikaba 65 ziri mu Mirenge 47. Muri iryo genzura, Komisiyo yarebye ibijyanye n'uburenganzira bw'abakozi, uburenganzira bw'abaturiye ibirombe cyangwa kariyeri, uburenganzira ku bidukikije n'uburenganzira bw'abana bwo kudakoreshwa imirimo ivunanye, isanga ubu burenganzira bwose bwubahirizwa ariko hari ubukwiye kwitabwaho n'inzego zibishinzwe. Ku bijyanye n'uburenganzira bw'abakozi, Komisiyo yasanze abakozi bose bafite ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) biyishyurira uretse kuri site za CIMERWA n'iya Rwinkwavu bakoresha ubwa RSSB. Komisiyo yasanze kandi amasosiyete afatira ubwishingizi bw'impanuka umubare muto w'abakozi babo ugereranyije n'abo bakoresha. Ikindi ni uko ntaho Komisiyo yasanze abakozi batangirwa ubwiteganyirize bw'izabukuru uretse kuri site za CIMERWA mu Karere ka Rusizi n'iya Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza. Ku birebana n'uko abakozi barindwa impanuka z'akazi, Komisiyo yasanze abakozi bose bahabwa amabwiriza y'uko bakwirinda impanuka ariko hari ikibazo cy'ibikoresho byifashishwa mu kwirinda impanuka bifitwe na site nke mu zasuwe, Komisiyo yasanze kandi ku birebana n'ibikoresho by'ubutabazi bw'ibanze hari site nke zibifite. Ku birebana n'imishahara y'abakozi n'amasaha y'akazi, Komisiyo yasanze abakozi bahembwa hakurikijwe umusaruro babonye ariko hari ikibazo cy'imishahara itagenwa ku buryo bumwe muri site zose; hakaba kandi n'ikibazo cya zimwe muri site zidahembera abakozi bazo ku gihe hakaba nanone ikibazo cy'abakozi bakoze igihe kirekire ariko badafite amasezerano y'akazi. Ku birebana n'amasaha y'akazi ahenshi arubahirizwa cyeretse site imwe yagaragayeho gukoresha abakozi bayo amasaha 11 nta kiruhuko bahawe. Ku birebana n'ifunguro, amazi meza n'isuku, Komisiyo yasanze hari site zigaburira abakozi bazo zikabaha n'amazi asukuye yo kunywa, zikanagira ubwiherero n'ubwiyuhagiriro bufite isuku, ariko hamwe na hamwe ugasanga ubwiherero buri kure y'aho akazi gakorerwa. Ku birebana n'amahugurwa no kwibumbira hamwe, Komisiyo yasanze hari site zihugura abakozi bazo ndetse n'abakozi bakibumbira hamwe mu rwego rwo guharanira inyungu zabo, ariko umubare wazo uracyari muto. Ku bijyanye n'uburenganzira ku mutungo w'abaturiye ibirombe, Komisiyo yasanze ababituriye babivanamo inyungu kuko bahabwa akazi, hari naho sosiyete z'ubucukuzi zishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza zikanabegereza ibikorwa by'iterambere. Ku birebana n'ubutaka bukorerwaho ubucukuzi, ba nyiri ubutaka bahabwa ingurane cyangwa indishyi ikwiye kandi ku buryo bwumvikanyweho. Ariko hari n'abagirana amasezerano y'ubukode bw'ubutaka, sosiyete zicukura zikayubahiriza igihe gito. Icyagaragariye Komisiyo kandi ni uko hari aho inzu z'abaturiye ibirombe zisenyuka kubera kuzicukura mu nsi.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)135 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ku bijyanye n'uburenganzira ku bidukikije, Komisiyo yasanze hose bidakorwa neza ku buryo hari ahagaragara ko hadasibwa ibyobo byacukuwe no kutahatera ibiti. Hari n'aho amazi y'imigezi yangizwa n'ibiva mu birombe. Ku bijyanye n'uburenganzira bw'umwana bwo kudakoreshwa imirimo ivunanye, Komisiyo yasanze nta mwana ukoreshwa ahacukurwa amabuye y'agaciro, cyeretse abana bahaturiye bajya kuyungurura ibisigazwa by'amabuye y'agaciro ngo bavanemo koluta yo kujya kugurisha. Ibyifuzonama Komisiyo ishingiye ku bibazo byayigaragariye, irasaba inzego bireba kwita kuri ibi bikurikira: A. Minisiteri y'Umutungo Kamere -Umukozi wese ukora mu bucukuzi bw'amabuye na kariyeri akwiye gufatirwa ubwishingizi bw' impanuka zikomoka ku kazi; -Gufatanya n'izindi nzego hagashyirwaho amabwiriza agamije guhuza ibihembo bigenerwa abakozi bo mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro na kariyeri; -Gukurikirana ko Sosiyeti zicukura amabuye y'agaciro zitanga ingurane cyangwa indishyi ku butaka bukorerwaho ubucukuzi ku buryo bwumvikanyweho na nyiri ubutaka ku bintu byose byabangamira uburenganzira bwe; - Gusaba sosiyeti zicukura kubahiriza ibiteganywa n'amategeko, kuzitira imbibi za site kugira ngo ubutaka bucukurwa butandukane n'ubutuwe; - Gushyiraho urwego rw'ubugenzuzi bushinzwe gukurikirana ko amabwiriza yerekeranye n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri ashyirwa mu bikorwa; -Gukurikirana no kugenzura ko abahawe uruhushya rwo gucukura amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri baha abakozi babo ibikoresho bibarinda impanuka; - Kugenzura ko ba nyiri ibirombe bateganya ibikoresho by'ubutabazi bw'ibanze cyane cyane imodoka yifashishwa mu gihe habaye impanuka y'akazi. B. Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo -Gusaba abagenzuzi b'umurimo mu Turere kurushaho kureba ko ibiteganywa byose mu itegeko rigenga umurimo mu Rwanda byubahirizwa cyane cyane ku bijyanye n'umushahara, amasaha y'akazi, ubwiteganyirize bw'impanuka,... C. Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) - Gushyiraho uburyo bwo kugenzura ko amabwiriza agenga ibidukikije ashyirwa mu bikorwa. D. Urugaga rw'Abakozi ( CESTRAR) - Gukangurira abakozi bacukura amabuye y'agaciro kwibumbira mu ngaga kugira ngo bahugurwe mu by'amategeko agenga umurimo bityo babashe guharanira no kurengera uburenganzira bwabo.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)136 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU3. 11. 3. Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abafungiye muri za Gereza na Kasho za Sitasiyo za Polisi Hashingiwe ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y`u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk`uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 15 ivuga ko umuntu wese afite uburenganzira bwo kudahungabanywa ku mubiri no mu mutwe; iya 18 ivuga ko ntawe ushobora gukurikiranwa, gufatwa, gufungwa cyangwa guhanirwa icyaha keretse mu gihe giteganywa n'amategeko akurikizwa mu gihe icyaha akurikiranyweho cyakorewe, kumenyeshwa imiterere n'impamvu z'icyaha ukurikiranyweho, kwiregura no kunganirwa ni uburenganzira budahungabanywa mu bihe byose, ahantu hose, mu nzego zose; n'iya 19 ivuga ko umuntu wese afatwa nk'umwere ku cyaha aregwa igihe cyose kitaramuhama burundu mu buryo bukurikije amategeko, mu rubanza rwabereye mu ruhame kandi ruboneye, yahawe uburyo bwose bwa ngombwa bwo kwiregura; Hashingiwe ku Mahame Rusange yerekeye Uburenganzira bw'Imfungwa yemejwe n`inama ya mbere y'Umuryango w`Abibumbye yabereye i Genève mu mwaka w' 1955, akemezwa kandi n`Inama y`Ubukungu n`Imibereho myiza mu cyemezo cyayo cya 663 C (XXIV) cyo ku wa 31 Nyakanga 1975 n`icyemezo cya 2076 (LXII) cyo ku wa 13 Gicurasi 1977, akaba akubiye mu mubumbe w'amategeko ntarengwa yo kwita ku banyururu “Ensemble des règles minima pour le traitement des détenus”; Hashingiwe ku Itegeko no 30/2013 ryo ku wa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha cyane cyane mu ngingo zaryo za 37, 38, 39, 40, 41, 43, 44, 49, 61, 96, 97, 98, 99, 100, 101, 103, 104, zivuga ku bijyanye n'ifata n'ifungwa ry'umuntu ukurikiranyweho icyaha; Nk'uko biteganywa n'ingingo ya 27 y'Itegeko n° 34/2010 ryo ku wa 12/11/2010 rishyiraho Urwego rw'Igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa (RCS) rikanagena imitunganyirize n'imikorere byarwo ivuga ko “Inzego za Leta, imiryango nyarwanda itari iya Leta cyangwa imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, bifite mu nshingano zabyo kurengera uburenganzira bwa Muntu n`ubutabazi n`abakora ubushakashatsi bashobora gusura gereza”; Hashingiwe ku ngingo ya 6 (3) y'Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25/03/2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, iyiha inshingano yo “gusura ahafungiye abantu hagamijwe kugenzura uko uburenganzira bwabo bwubahirizwa no gusaba inzego zibishinzwe gukemura ibibazo by`ihohoterwa ry`uburenganzira bw`abantu bafunzwe byagaragaye”; Mu kwezi kwa Gicurasi 2015, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yasuye Gereza na Kasho za Sitasiyo za Polisi hagamijwe kugenzura uko uburenganzira bw'abantu bafunzwe bwubahirizwa. Muri icyo gikorwa, hasuwe Gereza 14 na Kasho za Sitasiyo za Polisi 52. ➢ Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abafungiye muri Gereza Mu rwego rwo kugenzura uko uburenganzira bw'imfungwa bwubahirizwa, Komisiyo yasuye Gereza 14 zikurikira: Gereza ya Muhanga, Gereza ya Huye, Gereza ya Nyanza, Gereza ya Bugesera, Gereza ya Rwamagana, Gereza ya Gasabo, Gereza ya Rusizi, Gereza ya Musanze, Gereza ya Gicumbi, Gereza ya Ngoma, Gereza ya Rubavu, Gereza ya Nyarugenge, Gereza ya Nyagatare na Gereza ya Nyamagabe.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)137 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUMuri izo Gereza, Komisiyo yagenzuye ibi bikurikira: - Ibijyanye n'imibare y'abari bafungiye muri za Gereza hagamijwe kugenzura ubucucike; -Ibijyanye n'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'imfungwa zo muri Gereza zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cy'iminsi 30, icungwa n'ikurikiranwa ry'amadosiye yabo; - Ibijyanye no kumenya niba muri za Gereza hari abafunzwe badafite icyemezo kibafunga. ➢ Ibyagaragariye Komisiyo: Muri Gereza zasuwe, Komisiyo yasanze harimo abantu 54144: abagabo 50528 (habariwemo abana b'abahungu 245 batarageza ku myaka 18) n'abagore 3616 (habariwemo abana b'abakobwa 9 batarageza ku myaka 18). Imbonerahamwe ikurikira igaragaza imibare y'imfungwa n'abagororwa bari muri za Gereza zasuwe hakurikijwe ibyaha bakurikiranyweho: Gereza zasuwe Umubare w'abazifungiyemo hakurikijwe ibyaha bakurikiranyweho Ibyaha bisanzwe Jenoside Abagororwa Imfungwa Bose Abagororwa Imfungwa Bose Bose hamwe Gabo Gore Gabo Gore Gabo Gore Gabo Gore 01. Gereza ya Bugesera516 0 133 0 649 2191 0 0 0 2191 2840 02. Gereza ya Gasabo1443 0 956 0 2399 2523 0 5 0 2528 4927 03. Gereza ya Gicumbi1014 72 153 10 1249 696 43 1 0 740 1989 04. Gereza ya Huye2057 0 398 0 2455 6999 0 0 0 6999 9454 05. Gereza ya Muhanga1302 207 260 0 1769 1553 288 4 0 1845 3614 06. Gereza ya Musanze1292 229 118 16 1655 321 153 0 0 474 2129 07. Gereza ya Ngoma2 268 42 0 312 211 355 0 1 567 879 08. Gereza ya Nyagatare 195 5 4 0 204 71 1 0 0 72 276 09. Gereza ya Nyamagabe16 255 0 15 286 600 1155 0 0 1755 2041 10. Gereza ya Nyanza1127 0 1 0 1128 6411 0 7 0 6418 7546 11. Gereza ya Nyarugenge1144 203 382 30 1759 1130 310 7 0 1447 3206 12. Gereza ya Rubavu1115 0 451 0 1566 2162 0 0 0 2162 3728 13. Gereza ya Rusizi1033 0 100 0 1133 1713 0 0 0 1713 2846 14. Gereza ya Rwamagana3040 0 920 0 3960 4701 0 8 0 4709 8669 15296 1239 3918 71 20524 31282 2305 32 1 33620 54144 IGITERANYO16535 3989 33587 33
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)138 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Nk'uko bigaragazwa n'imbonerahamwe iri hejuru, mu bantu 54. 144 bari bafungiwe muri Gereza zasuwe, 20. 524 (abagororwa 16. 535 n'imfungwa 3. 989 ) bakurikiranyweho ibyaha bisanzwe naho 33. 620 (abagororwa 33. 587 n'imfungwa 33) bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside. Abagororwa bose hamwe ni 50122 naho imfungwa ni 4022. Umubare w'imfungwa ni muto cyane ugereranyije n'uw'abagororwa bafunzwe mu rwego rwo kurangiza ibihano bakatiwe n'inkiko, kuko bangana n'8%. Komisiyo yasanze umubare w'abagororwa bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside waragabanutse kuko mu mwaka w'2013-2014 wari 35099 bakaba bageze kuri 33620 mu mwaka w'2014-2015 kubera ko abenshi bagenda barangiza ibihano bakatiwe bagafungurwa, naho umubare w'imfungwa wariyongereye kuko wavuye kuri 3530 mu mwaka ushize ugera kuri 4022 uyu mwaka w'2014-2015. Hagamijwe gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo gufungira abagore n'abagabo muri gereza zitandukanye; Gereza ya Nyamagabe n'iya Ngoma zagenewe gufungirwamo abagore gusa, abagabo bazifungiyemo ni ababa barahazanywe kubera imirimo y'amaboko bagomba kuhakora cyane cyane ubwubatsi. Gereza ya Bugesera, Rwamagana, Gasabo na Rubavu zifungiyemo abagabo gusa. Gereza ya Nyagatare (Rehabilitation Centre for minors) yagenewe kugororerwamo abana, abagabo bayifungiyemo ni abakora imirimo y'amaboko naho umugore umwe (1) uyifungiyemo akurikirana abana b'abakobwa. Gereza ya Muhanga, Gicumbi, Musanze na Nyarugenge ni gereza zigifungiwemo abagabo n'abagore. Kuba muri izo gereza hagaragaramo abana, ni uko ari abari bahacumbikiwe bategereje kuburana mu nkiko. Imbonerahamwe ikurikira iragereranya ubucucike muri Gereza zasuwe mu mwaka w'2013-2014 n'uw' 2014-2015: Gereza Umubare w'imfungwa Gereza igenewe kwakira Umwaka w'2013-2014 Umwaka w'2014-2015 Umubare w'abari bafunzwe Ubucucike Umubare w'abafunzwe Ubucucike 01. Gereza ya Rwamagana 6500 8236 126. 7% 8669 133. 3% 02. Gereza ya Nyarugenge 2500 3201 128% 3206 128. 2% 03. Gereza ya Gicumbi 1600 1598 99. 8% 1989 124. 3% 04. Gereza ya Musanze 1800 1976 109. 7% 2129 118. 3% 05. Gereza ya Gasabo 4500 4663 103. 6% 4927 109. 4% 06. Gereza ya Huye 8898 7852 88. 2% 9454 106. 2% 07. Gereza ya Nyanza 7500 6522 86. 9% 7546 100. 6% 08. Gereza ya Rusizi 3412 2788 81. 7% 2846 83. 4% 09. Gereza ya Nyagatare 500 220 44% 276 55. 2% 10. Gereza ya Bugesera 3000 3027 100. 9% 2840 94. 6% 11. Gereza ya Nyamagabe 2500 3439 137. 4% 2041 81. 6% 12. Gereza ya Rubavu 5000 3941 78. 8% 3728 74. 5% 13. Gereza ya Muhanga 5000 5890 117. 8% 3614 72. 2% 14. Gereza ya Ngoma 1600 926 57. 8% 879 54. 9% Igiteranyo 54310 54279 99. 9% 54144 99. 6% Umubare w'abafungiye muri Gereza x100 Ubucucike = Umubare Gereza igenewe kwakira
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)139 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Nk'uko imbonerahamwe iri hejuru ibigaragaza, Komisiyo yasanze muri rusange ikibazo cy'ubucucike muri za gereza bwaragabanutse ugereranyije n'umwaka ushize kuko bwavuye kuri 99. 9% bugera kuri 99. 6%. Gereza zifite ubucucike bwinshi ku buryo zakiriye abantu barenze abo zari zarateganyirijwe ni Gereza ya Rwamagana (133. 3%) yagizwe iy'abagabo gusa nyuma yakira abagabo bavuye muri Gereza ya Ngoma (yagizwe iy'abagore gusa) kandi n'ubwo yongereweho inyubako, ntabwo zose zirashyirwamo abafungwa; Gereza ya Nyarugenge (128. 2%), Gereza ya Gicumbi (124. 3%), Gereza ya Musanze (118. 3%), Gereza ya Gasabo (109. 4%), Gereza ya Huye (106. 2%) yagizwe iy'abagabo gusa bituma yakira abagabo bavuye muri Gereza ya Nyamagabe inakira abagabo bavuye muri Gereza ya Muhanga ubwo yafatwaga n'inkongi y'umuriro na Gereza ya Nyanza (100. 6%). Gereza zagaragayemo ubucucike buke ni Gereza za Ngoma (54. 9%), Nyagatare (55. 2%), Muhanga (72. 2%), Rubavu (74. 5%), Nyamagabe (81. 6 % ), Rusizi (83. 4 %) na Bugesera (94. 6%). Ibyerekeye iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo Mu igenzura Komisiyo yakoze muri za Gereza, yibanze ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cy'iminsi 30, icungwa n'ikurikiranwa ry'amadosiye yabo, nk'uko biteganywa n'Itegeko n° 30/2013 ryo ku wa 24 Gicurasi 2013 ryerekeye imiburanishirize y'Imanza Nshinjabyaha. Imbonerahamwe ikurikira igaragaza abafungiye ku byemezo byarengeje igihe n'ibitarakirenza: Gereza Itariki yasuriwe Umubare wa dosiye Komisiyo yagenzuye Umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo kitararenza igihe n'izakirengeje ariko dosiye zabo zararegewe inkiko Umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cyarengeje igihe nticyongerwe kandi dosiye zabo zitararegerwa inkiko 01. Gereza ya Bugesera 26/05/2015 133 133 0 02. Gereza ya Gasabo 27/05/2015 182 61 121 03. Gereza ya Gicumbi 28/05/2015 152 152 0 04. Gereza ya Huye 28/05/2015 133 130 3 05. Gereza ya Muhanga 27/05/2015 264 253 11 06. Gereza ya Musanze 28/05/2015 16 14 2 07. Gereza ya Ngoma 28/05/2015 43 43 0 08. Gereza ya Nyagatare 26/05/2015 4 4 0 09. Gereza ya Nyamagabe26/05/2015 15 15 0 10. Gereza ya Nyanza 26/05/2015 7 7 0
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)140 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUGereza Itariki yasuriwe Umubare wa dosiye Komisiyo yagenzuye Umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo kitararenza igihe n'izakirengeje ariko dosiye zabo zararegewe inkiko Umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cyarengeje igihe nticyongerwe kandi dosiye zabo zitararegerwa inkiko 11. Gereza ya Nyarugenge26/05/2015 260 240 20 12. Gereza ya Rubavu 27/05/2015 187 131 56 13. Gereza ya Rusizi 27/05/2015 100 100 0 14. Gereza ya Rwamagana27/05/2015 192 178 14 IGITERANYO 1688 1461 227 Nk'uko iyi mbonerahamwe iri hejuru ibigaragaza, mu madosiye y'imfungwa 1688 Komisiyo yagenzuye, yasanze imfungwa 1461 bingana na 86. 5% zifunzwe mu buryo bwubahirije amategeko, naho imfungwa 227 bingana na 13. 5% zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cyarengeje iminsi 30 nticyongerwa. Komisiyo isanga uburenganzira bw'imfungwa bwo gukurikirana dosiye zabo mu gihe giteganywa n'Itegeko rigenga imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha ryavuzwe hejuru bwubahirizwa ku rwego rw'ubushinjacyaha, n'ubwo hakigaragara umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cyarengeje iminsi 30. Ibyerekeye imfungwa zidafite icyemezo kizifunga Mu igenzura Komisiyo yakoze muri za Gereza zasuwe, yasanze imfungwa zose zifite ibyemezo bizifunga (Icyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo). ➢ Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abafungiye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi Mu rwego rwo kugenzura uko uburenganzira bw'abafungiwe muri Kasho za Sitasiyo za Polisi bwubahirizwa, Komisiyo yasuye kasho 52 zikurikira: Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata, Butaro, Kivuye, Gahunga, Ruli, Gakenke, Rushashi, Gisozi, Ngarama, Kabarore, Kiramuruzi, Byumba, Mulindi, Rwamiko, Gikonko, Mugombwa, Ngoma, Runda, Musambira, Kabarondo, Rukara, Mukarange, Kanombe, Kicukiro, Kirehe, Nyamabuye, Kiyumba, Kinigi, Muhoza, Kibungo, Kavumu, Kabaya, Nyabihu, Gatunda, Nyagatare, Gasaka, Musebeya, Kaduha, Busoro, Busasamana, Nyamirambo, Muhima, Cyahinda, Gisenyi, Nyamagana, Kabagari, Kinihira, Murambi, Muganza, Kamembe, Nzige na Kigabiro. Muri iryo genzura, Komisiyo yari igamije kumenya imibare y'abari bafungiye muri kasho za Sitasiyo za Polisi, kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'imfungwa mu bijyanye n'imibereho myiza, ibijyanye n'amadosiye y'imfungwa (PVA, MAP, Icyemezo cy'umucamanza), niba umuntu ufunzwe amenyeshwa uburenganzira bwe bwo kubazwa ari kumwe n'umwunganira no kugenzura niba nta mfungwa ikorerwa iyicarubozo.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)141 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUIbyagaragariye Komisiyo Ibijyanye n'imibare y'abari muri kasho Igihe Komisiyo yasuraga Kasho za Sitasiyo za Polisi, yasanze zifungiwemo imfungwa 1. 248 zigizwe n'abagabo 1. 113, abagore 116 n' abana 19 b'abahungu batarageza ku myaka 18. Hari kandi abana bato b'inshuke 18 bafunganwe na ba nyina. Imbonerahamwe ikurikira igaragaza impapuro imfungwa zifungiye : Urupapuro imfungwa ifungiyeho PVA MAPIcyemezo cy'umucamanza Incarubanza Abatarufite 357 771 36 876 Umubare w'imfungwa zose hamwe zagenzuriwe impapuro zizifunga : 1248 Nk'uko bigaragara mu mbonerahamwe iri hejuru, Komisiyo yasanze mu mfungwa 1248 yagenzuriye impapuro, 357 bingana na 28. 6% zifungiye ku nyandikomvugo z'Ifata n'Ifunga (PVA), muri zo 8 zararengeje igihe. Imfungwa 771 bingana na 61. 8% zari zifite Inyandiko z'Ifungwa ry'Agateganyo (MAP) harimo 86 zarengeje igihe, naho imfungwa 36 bingana na 2. 9% zifungiye ku Cyemezo cy'Umucamanza (OMP). Harimo kandi imfungwa 8 bingana na 0,6 % zifite incarubanza (copie de jugement) zitegereje imodoka izisubiza muri Gereza zari zifungiwemo mbere yo kujyanwa kuburanira mu Nkiko z'Ibanze z'aho bakoreye ibyaha; naho imfungwa 76 bingana na 6% ntizari zifite impapuro zizifunga kuko ari abari baraye bafashwe n'abahagejejwe uwo munsi bari bakibazwa ngo bakorerwe amadosiye. Ibijyanye n'imibereho y'imfungwa Komisiyo yagenzuye uburenganzira bw'abafungiye muri Kasho bukurikira: Uburenganzira ku ifunguro, uburenganzira bwo kuvuzwa, uburenganzira bwo kudakorerwa iyicarubozo, uburenganzira bwo kuba ahantu hatunganye (uburenganzira bwo gufungirwa mu nyubako zifite umwuka n`urumuri bihagije, Uburenganzira ku isuku y'aho bakarabira n'ubwiherero, Uburenganzira bw'aho kuryama n'ibyo kuryamamo) n'uburenganzira bwo kudafunganwa amapingu. Komisiyo yasanze uburenganzira bw'abafungiwe muri Kasho za Sitasiyo za Polisi bwubahirizwa ariko hagaragaye ibibazo bimwe na bimwe bikwiye gukosorwa. Ibyo bibazo ni ibikurikira: Uburenganzira ku ifunguro Komisiyo yasanze abafungiye muri Kasho bahabwa na Leta ifunguro rigizwe n'ibigori n'ibishyimbo. Iryo funguro barihabwa inshuro imwe ku munsi (ku gicamunsi). Bahabwa kandi igikoma mu gitondo.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)142 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Igihe Komisiyo yasuraga Kasho za Sitasiyo za Polisi, yasanze imfungwa zo muri Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare n'iya Gahunga zidafite ibyo kurya bihagije. Komisiyo yasanze kandi abafungiye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi za Ngoma, Nzige, Kigabiro, Murambi, Kinihira, Kirehe, Gisenyi, Gatunda, Nyabihu, Kabaya, Muhoza, Kibungo,Kinigi, Gahunga, Kivuye, Nyamata, Kabarore, Ngarama, Rushashi, Gakenke, Ruli, Mugombwa, Gikonko, Mulindi, Byumba na Kiramuruzi nta gikoma bahabwa. Muri Kasho za Sitasiyo za Polisi za Muhima, Nyamirambo, Gisozi, Kicukiro na Kanombe igikoma gihabwa abagore n'abana. Komisiyo yasanze abana bato bafunganywe na ba nyina nta ndyo y'umwihariko bahabwa. Uburenganzira bwo kwivuza Muri kasho zasuwe, Komisiyo yasanze iyo hari urwaye, avurizwa ku Kigo Nderabuzima cyangwa ibitaro byegereye Kasho afungiyemo. Imfungwa yivuza hakoreshejwe ikarita ye y'ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), utayifite akiyishyurira kuri byose. Muri Kasho za Sitasiyo za Polisi za Mugombwa, Gikonko, Busoro, Busasamana, Ngoma, Ngarama, Kabarore, Kiramuruzi, Kibungo, Kirehe, Runda, Musambira, Nyamagana, Kabagari, Nyamabuye na Kiyumba iyo hari abadashobora kwirihira kandi barwaye bavuzwa nk'abatishoboye, naho muri Kasho za Muhima, Gisozi na Nyamirambo iyo hari abarwaye batishoboye bavuzwa n'Umurenge bafungiyemo. Uburenganzira bwo kudakorerwa iyicarubozo n'ibindi bikorwa bibabaza umubiri n'ibitesha umuntu agaciro Komisiyo yasanze abafungiye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi badakorerwa iyicarubozo cyangwa ibindi bikorwa bibabaza umubiri ariko muri Kasho za Sitasiyo za Polisi za Kabarondo na Kanombe, hagaragaye imfungwa zabwiye Komisiyo ko zakorewe ibikorwa bibabaza umubiri ubwo zafatwaga, Komisiyo ikaba izakomeza kubikoraho iperereza ryimbitse. Uburenganzira bwo gufungirwa ahantu hari umwuka n'urumuri bihagije Komisiyo yasanze inyubako zifungirwamo atari izari zarateganyirijwe icyo gikorwa. Zimwe muri zo usanga zifite umwuka n'urumuri bihagije, izindi zitabifite. Komisiyo yasanze muri Kasho zikurikira nta mwuka n'urumuri bihagije bitewe ahanini n'imyubakire yazo: Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Gisozi, Kanombe, Kicukiro, Muhima, Nyamirambo, Nyamagana, Kabagari, Kiyumba, Gisenyi, Nyabihu, Gahunga, Muhoza, Kirehe, Nzige, Nyagatare, Nyamata, Busoro, Muganza na Ngoma naho Kasho za Sitasiyo za Polisi za Kinihira, Byumba, Mulindi na Murambi ni nto, zifite umwuka udahagije kandi ntizigira ibirahuri mu madirishya. Komisiyo yasanze kandi Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Nyabihu ishaje cyane ku buryo hari aho iva.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)143 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Uburenganzira bwo gufungirwa ahantu hari isuku Mu igenzura ry'isuku Komisiyo yakoze, yarebye aho imfungwa zirara, zikarabira no mu bwiherero, isanga muri Kasho zikurikira nta suku ihari: Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Mugombwa, Busasamana, Gisenyi, Mukamira, Gahunga, Nyagatare, Muhoza, Nyamagana, Kinihira, Muganza, Nyagatare na Kamembe. Ibibazo by'isuku nke muri Kasho biterwa ahanini no kuba ziri ahantu hari amazi make, ubwiherero budahagije ugereranyije n'umubare w'abahafungiye. Ibyo byagaragaye cyane muri Kasho za Sitasiyo ya Polisi ya Busoro, Muganza, Nzige, Kirehe na Nyagatare. Uburenganzira bw'imfungwa bw'aho kuryama n'ibyo kuryamamo Komisiyo yasanze abafungiwe muri Kasho zagenzuwe bafite aho baryama. Ababishoboye bijyanira ibyo baryamira n'ibyo biyorosa (matelas, imisambi cyangwa imikeka n'ibiringiti) ariko hari abandi batabifite. Kuri uwo munsi, Kasho za Sitasiyo za Polisi za Muhanga, Kamembe na Nyagatare zagaragayemo ikibazo cy'uko imfungwa zitabona uko ziryama kubera ubwinshi bwazo. Komisiyo yasanze Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana, Kabarondo, Nzige, Nyamata na Kigabiro zikurikira zitemerera abazifungiwemo gutumiza ibyo baryamira cyangwa biyorosa. Hagaragaye kandi ikibazo cy'abana babana na ba nyina muri Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Gasaka na Kamembe bariwe n'imibu kubera kutabona inzitiramibu baryamamo. Uburenganzira bwo kudafunganwa amapingu Komisiyo yasanze kutambikwa amapingu igihe imfungwa ziri muri Kasho byubahirizwa. Ibijyanye n'igenzura ry'amadosiye y'abafungiye muri kasho za sitasiyo za Polisi Komisiyo isanga ibiteganywa n'amategeko mu ikurikirana ry'amadosiye y'abafungiye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi byarubahirijwe kuko mu mfungwa 1248 zari muri Kasho za Sitasiyo za Polisi zagenzuwe, 94 bingana na 7. 5% ni zo zari zifunzwe mu buryo butubahirije amategeko (PVA na MAP byarengeje igihe giteganywa n'amategeko), naho 76 bingana na 6 % bari bakibazwa ngo bakorerwe inyandikomvugo zibafunga cyangwa barekurwe niba nta mpamvu yagaragaye yatuma baguma mu Bugenzacyaha. Komisiyo ariko yasanze hakiri ibibazo bigomba kubonerwa ibisubizo n'inzego zibishinzwe: Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n'Inkiko. Ibyo bibazo ni ibikurikira: 1) Ikibazo cy'abafungiye ku nyandikomvugo y'ifata n'ifunga (PVA) yarengeje igihe Mu igenzura Komisiyo yakoze, yasanze hari imfungwa 8 bingana na 0. 6% zari zifungiye kuri PVA zarengeje igihe. Zagaragaye muri Kasho ya Sitasiyo za Polisi ya Ngarama, iya Kiramuruzi, iya Mugombwa, iya Rukara, iya Kibungo, iya Nyagatare, iya Nyamagana n'iya Kamembe.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)144 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU2) Ikibazo cy'abafungiye ku rwandiko rw'Umushinjacyaha rufunga by'agateganyo (MAP) rwarengeje igihe Komisiyo yasanze hari imfungwa 86 bingana na 6. 8% zari zifungiye ku rwandiko rw'Umushinjacyaha rufunga by'agateganyo rugira agaciro k'iminsi itanu (5) (MAP) rwarengeje igihe Ubushinjacyaha butarabashyikiriza umucamanza. Izo mfungwa zigaragara muri Kasho za Sitasiyo za Polisi zikurikira: Kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga (9), iya Gakenke (3), iya Byumba (9), iya Mulindi (9), iya Mugombwa (7), iya Ngoma (6), iya Runda (1), iya Kabarondo (1), iya Rukara (7), iya Kicukiro (1), iya Nyamabuye (11), iya Nyabihu (2), iya Gasaka (1), iya Busasamana (1), iya Nyamirambo (4), iya Nyamagana (6) n'iya Kamembe (8). 3) Ikibazo cy'imfungwa zitinda kumenyeshwa icyemezo cy'umucamanza Mu igenzura Komisiyo yakoze, yasanze hari imfungwa 48 zo muri zimwe muri Kasho za Sitasiyo za Polisi zanyujijwe imbere y'umucamanza zigatinda gusomerwa no gushyikirizwa icyemezo cy'ifunga cyangwa cy'ifungura ry'agateganyo dore ko hari n'inkiko zigeza ku byumweru bibiri (2) zitaramenyesha abo bireba icyemezo cy'urukiko. Izo Sitasiyo za Polisi ni izikurikira: Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda (3), Kiramuruzi (5), Kibungo (4), Kabarondo (2), Rukara (5), Nzige (2), Gakenke (3), Mulindi (8), Murambi (4), Runda (2), Nyamagana (2), Nyamabuye (2), Gisenyi (2) n'iya Gahunga (4). UMWANZURO N'IBYIFUZONAMA Umwanzuro Mu igenzura Komisiyo yakoze, yasanze uburenganzira bw'imfungwa bwo gukurikirana dosiye zabo mu gihe giteganywa n'itegeko rigenga imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha bwubahirizwa, n'ubwo hakigaragara umubare w'imfungwa zifungiye ku cyemezo cy'umucamanza cy'ifunga ry'agateganyo cyarengeje iminsi 30. Yasanze uburenganzira bw'imfungwa bwo kunyuzwa imbere y'umucamanza mbere y'uko zigezwa muri Gereza bwubahirizwa. Yasanze kandi uburenganzira bw'abafungiwe muri Kasho za Sitasiyo za Polisi bwubahirizwa ariko hagaragaye ibibazo bimwe na bimwe bikwiye gukosorwa nk'uko byagaragajwe muri iyi raporo. Ibyifuzonama Kugira ngo uburenganzira bw'imfungwa burusheho kubahirizwa, Komisiyo irasaba inzego bireba, gukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo byagaragajwe bikemurwe. By'umwihariko irasaba: A. MINISITERI Y'UMUTEKANO MU GIHUGU - Gushyira muri Gereza zose gahunda y'icungwa ry'amadosiye y'imfungwa ku buryo icyakozwe kuri buri dosiye kiyigaragaramo haba muri mudasobwa haba no mu mpapuro ziyigize (dossier physique); - Gukora ibishoboka byose buri mfungwa igomba kujya kuburana cyangwa gusomerwa ikagezwa mu rukiko ku itariki yahawe;
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)145 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU- Gushyiraho gahunda ihamye yo guha abafungiye muri za Kasho za Sitasiyo za Polisi zose amafunguro ku buryo bumwe; - Kwemerera abafungiye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi kujya batumiza ibyo kuraramo ndetse bakabikangurirwa kuko hari abatamenya ko ari uburenganzira bwabo; - Kugenera buri Kasho ya Sitasiyo ya Polisi inzitiramibu zakoreshwa n'ababyeyi bafunganywe n'abana mu rwego rwo kubarinda indwara; -Gukemura ikibazo cy'isuku nke cyagaragaye muri Kasho za Sitasiyo za Polisi za Mugombwa, Busasamana, Gisenyi, Nyabihu, Gahunga, Nyagatare, Muhoza, Nyamagana, Kinihira, Muganza, Nyagatare, Nzige na Kamembe ; - Kuvugurura no kwagura inyubako zifungirwamo kugira ngo zigire umwanya n'urumuri bihagije. B. UBUSHINJACYAHA BUKURU - Gusaba urukiko kongera buri gihe icyemezo cy'ifunga ry'agateganyo cy'iminsi mirongo itatu (30) igihe impamvu zatumye icya mbere gifatwa zigihari. - Gushyikiriza Gereza buri gihe urutonde rw'imfungwa zifite amadosiye yarangije gukorerwa amaperereza akaregerwa inkiko bitarenze iminsi 7 inkiko ziregewe; - Gushyikiriza Gereza mu gihe gito gishoboka imfungwa zose zafatiwe icyemezo n'umucamanza cyo kumufunga by'agateganyo; - Kubahiriza igihe giteganywa n'itegeko ryerekeye imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha mu bijyanye no gukurikirana amadosiye y'abakekwaho ibyaha, haba ku rwego rw'Ubugenzacyaha no ku rwego rw'Ubushinjacyaha. C. URUKIKO RW'IKIRENGA -Gufata ingamba zigamije gutuma inkiko zishyikiriza vuba ubuyobozi bwa gereza, kopi z`imanza zaciwe n`izo nkiko kugira ngo ibyemezo byafatiwe umugororwa bishyirwe mu bikorwa bidatinze; -Gusaba inkiko kumenyesha imfungwa zose zaburanishijwe bitarenze amasaha 72 ibyemezo byazifatiwe ku ifunga n'ifungura ry'agateganyo no kuzishyikiriza ibyo byemezo byanditse nk'uko biteganywa n'Itegeko rigenga imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha. -Gushyikiriza Gereza impapuro z'ihamagara (assignations) z'imfungwa zigomba kuburana nibura hasigaye iminsi 8 mbere y'uko baburana nk'uko biteganywa n'itegeko rigenga imiburanishirize y'imanza z'inshinjabyaha. AHO IBYIFUZONAMA BYATANZWE MU MWAKA W'2013-2014 BIGEZE BISHYIRWA MU BIKORWA Buri mwaka Komisiyo ikora Raporo ku igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abafungwa muri Gereza na Kasho za Sitasiyo za Polisi ikubiyemo ibyo yabonye muri iryo genzura ikanatanga ibyifuzonama ku nzego zibishinzwe. Ni muri urwo rwego mu mwaka w'2014-2015, Komisiyo igendeye ku nyandiko igaragaza ibyagezweho mu rwego rwo kurinda no guteza imbere uburenganzira bwa Muntu mu mwaka w'2013-2014 yakozwe na Minisiteri y'Umutekano mu Gihugu yometse ku ibaruwa no 46/0809 yo ku wa 20 Nyakanga 2015, Minisitiri uyobora iyo Minisiteri yandikiye Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ayigezaho ibyo bikorwa.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)146 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Bimwe mu byifuzonama Komisiyo yari yagaragaje mu igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'imfungwa muri Gereza na Kasho za Sitasiyo za Polisi muri Raporo y'ibikorwa byayo mu mwaka w'2013-2014 byashyizwe mu bikorwa nk'uko bigaragazwa n'imbonerahamwe ikurikira: Imbonerahamwe igaragaza uko ibyifuzonama byagaragajwe na Komisiyo muri Raporo y'ibikorwa byayo mu mwaka 2013-2014 byashyizwe mu bikorwa n'inzego bireba. IBYIFUZONAMA BYARI BIGENEWE MINISITERI Y'UMUTEKANO MU GIHUGU N0Ibyifuzonama Komisiyo yagaragaje muri raporo yayo y`ibikorwa byo mu mwaka w'2013-2014Uko byashyizwe mu bikorwa kugeza muri Nyakanga 2015 1 Ikibazo cy'ubwiherero budahagije muri Gereza ya Nyamagabe Cyarakemutse 2 Ikibazo cy'ibikoni byacitsemo ibinogo muri Gereza ya Nyarugenge Ntibyakosowe kuko Gereza iteganywa kwimurwa 3 Gukemura ikibazo cy'ubucucike cyagaragaye muri Gereza ya Nyamagabe, Gereza ya Nyarugenge na Gereza ya Rwamagana;Hongereweho inyubako muri gereza za Rwamagana na Huye, naho Nyamagabe na Ngoma ziravugururwa kandi zigirwa Gereza zifungirwamo abagore gusa 4 Gufungira imfungwa n'abagororwa mu byumba bitandukanye n'abana b'abakobwa bagatandukanywa n'abagore nk'uko biteganywa n'amategeko; Ibi bizatwara igihe, bizagerwaho ari uko gahunda y'inyubako za gereza irangiye 5 Gushyikiriza abana barengeje imyaka 3 y'amavuko bari kumwe na ba nyina muri gereza imiryango yabo, abatayifite bagashakirwa indi miryango ibakira; Abana b'incuke babana n'ababyeyi babo bafunze iyo bagejeje ku myaka 3 y'amavuko Minisiteri y'Umutekano mu Gihugu, ku bwumvikane n'umubyeyi ndetse n'umuryango agiyemo ibashakira uko basubizwa mu miryango yabo , abatayifite ibashakira indi miryango yabakira ku bufatanye na Komisiyo y'Igihugu ishinzwe y'Abana. 6 Gukemura ikibazo cy'ibikoresho (imyambaro, ibikoresho byo kuriramo no kunyweramo, ibikoresho by'isuku) bidahagije cyagaragaye muri Gereza zavuzwe;Imfungwa n'abagororwa bagejejweho ibiryamirwa n'imyambaro ku gihe. 7 Gukemura ikibazo cy'ibura ry'amazi cyagaragaye muri Gereza ya Bugesera; Nta kiragikorwaho 8 Gukemura ikibazo cy'isuku nke cyagaragaye muri Gereza ya Nyamagabe, Gereza ya Rwamagana, Gereza ya Nyarugenge no muri Gereza ya Gicumbi;Muri gereza hakoreshwa “chlore” yo kwifashisha mu gukora isuku ndetse ubu amagereza asigaye ayikorera usibye Gereza ya Gicumbi na Nyanza. Hakoreshwa kandi “BIOGAZ” uretse Gereza ya Nyarugenge
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)147 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU9 Gufungura kantine ya Gereza ya Musanze n'iya Rubavu zidakora no gukemura ikibazo cy'ibiciro by'ibicuruzwa bihanitse muri Gereza ya Muhanga n'iya Ngoma; Kantine zaravuguruwe ku magereza yose. 10 Gukemura ikibazo cy'abafungwa bo muri Gereza ya Rusizi badafite ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé); “Mutuelle de Santé” yarateganyijwe kuri bose ndetse no ku bakora imirimo nsimburagifungo (Tigistes) 11Gushyira amasomero muri za Gereza zitayafite no kuyashyiramo ibitangazamakuru byanditse n'amagazeti ya Leta; Amasomero yarateguwe kandi yongerewemo ibitabo n'ibinyamakuru. Ikindi cyongerewe mu magereza yose ni Televiziyo 12 Gukemura ikibazo cy'abagororwa bimuriwe muri Gereza ya Rwamagana, Gereza ya Huye na Gereza ya Ngoma amadosiye yabo akaba atarashyikirijwe ubuyobozi bw'izo gereza; Cyarakemutse 13 Gukora ibishoboka byose kugira ngo abagororwa bafungiye kure y'imiryango yabo bimurirwe muri gereza zegereye iyo miryango;Birakorwa 14 Gufata ingamba zihamye zigamije gukumira inkongi z'imiriro mu magereza. Higishijwe uburyo bwo gukumira no kwirinda inkongi y'umuriro muri za gereza zose hagurwa kizimyamwoto, higishjwe uburyo zikoreshwa,ziranatan,gwa ndetse hashyizweho uburyo bwa “sands bags” mu magereza yose 15 Kugenera Polisi y'Igihugu amazu yo gukoreramo, mudasobwa n'ibindi bikoresho bijyana na zo, imashini zifotora impapuro, za “appareils photos”, imodoka na za moto, aho bitari kugira ngo ishobore kuzuza inshingano zayo cyane cyane mu bijyanye no gukurikirana abakekwaho ibyaha;Birakorwa IBYIFUZONAMA BYARI BIGENEWE UBUSHINJACYAHA BUKURU 1 Gukemura ikibazo cy'imfungwa 33 zikurikiranyweho ibyaha bya jenoside zimaze igihe kirekire zifungiwe muri Gereza zikaba zitarigeze ziburanishwa n'Inkiko Gacaca cyangwa Inkiko zisanzwe; Ubushinjacyaha bwatangiye kubashyikiriza inkiko 2 Kwihutisha ibijyanye no kwemeza amakuru yerekeye abagororwa babanje gufungirwa muri kasho zari iza Komini kugira ngo ababa bararangije ibihano bafungurwe; Ku bufatanye na Polisi n'Ubushinjacyaha ku madosiye y'abagororwa baregwa icyaha cya jenoside 7099 yagaragayemo ibibazo,6401 byarakemutse hasigaye 698 Minisiteri y'Umutekano mu Gihugu ikaba ikomeje gushyiramo imbaraga kugira ngo icyo kibazo kirangire.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)148 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Icyagaragariye Komisiyo, ni uko ku byifuzo 15 byashyikirijwe Minisiteri y'Umutekano mu Gihugu, 12 bingana na 80% byakemutse, naho 2 byashyikirijwe Ubushinjacyaha Bukuru byatangiye gushakirwa ibisubizo. 3. 12. KONGERERA UBUSHOBOZI KOMISIYO 3. 12. 1. Amahugurwa y'Abakomiseri n'Abakozi ba Komisiyo Mu rwego rwo kongerera ubumenyi Abakomiseri n'abakozi bayo, mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2014-2015, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yabateguriye amahugurwa abafasha mu kunoza inshingano zabo. Ayo mahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Komisiyo n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Rishinzwe Iterambere (PNUD), Inzego za Leta zitandukanye n'Ihuriro rya za Komisiyo Nyafurika z'Uburenganzira bwa Muntu (NANHRI). Ayo mahugurwa yabereye imbere mu gihugu no hanze yacyo nk'uko bigaragazwa mu bice bikurikira : Amahugurwa Abakomiseri n'abakozi bakoreye imbere mu Gihugu. ➢ Kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Werurwe 2015, Abakozi babiri ba Komisiyo bahawe amasomo ku birebana n'amategeko (Legal Practice). Ayo masomo yatangiwe mu Ishuri Rikuru ryo Guteza imbere Amategeko (Institute of Legal Practice and Development/ ILPD) rikorera mu Karere ka Nyanza, mu Ntara y'Amajyepfo; Amasomo aba bakozi babonye ni ingirakamaro mu bijyanye n'ishyirwa mu bikorwa ry'amategeko, akazabafasha kunoza inshingano bahawe, by'umwihariko akazafasha Komisiyo mu gushyira mu bikorwa izo nshingano zo gutanga ubujyanama mu byerekeranye n'Amategeko yerekeye kurengera no guteza imbere uburenganzira bwa Muntu. ➢ Kuva ku wa 27 kugeza ku wa 28 Ugushyingo 2014, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, ku nkunga y' Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Ritsura Amajyambere (PNUD/UNDP), mu mushinga wiswe «Guteza imbere uguhabwa ubutabera, Uburenganzira bwa Muntu n'Amahoro arambye», yateguriye Abakomiseri n'abakozi bayo 34, amahugurwa mu bijyanye no guteza imbere no kurengera Uburenganzira bwa Muntu. Ayo mahugurwa yabereye muri Centre St André i Kabgayi, mu Karere ka Muhanga. Ayo mahugurwa yibanze ku nsanganyamatsiko zikurikira: Ubucuruzi n'uburenganzira bwa Muntu (Business and Human Rights) Icuruzwa ry'abantu (Human trafficking) Kurengera uburenganzira mu by'ubukungu, imibereho myiza n'umuco (justiciabilité des droits économiques, sociaux et culturels). Ayo mahugurwa yari agamije kongerera ubumenyi abayitabiriye mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano zabo zijyanye no guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa Muntu.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)149 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU ➢ Kuva ku wa 25 kugeza ku wa 28 Gicurasi 2015, Umukozi wa Komisiyo yakurikiranye amahugurwa yateguwe na Minisiteri y'Ubutabera ifatanyije n'Ikigo gishinzwe Uburenganzira bwa Muntu cyo muri Kaminuza ya Pretoria mu gihugu cya Afurika y'Epfo. Ayo mahugurwa yabereye kuri Hotel Serena Lake Kivu, mu Karere ka Rubavu, akaba yari agamije gusobanura ibyerekeye guteza imbere uburenganzira bw'umugore muri Afurika. Ayo Masezerano y'i Maputo yuzuza ibikubiye mu Masezerano yerekeye uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage. Inyigisho zatanzwe muri ayo mahugurwa ni izi zikurikira : -Amasezerano Nyafurika y'Uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage n'uburyo uburenganzira bwa Muntu burengerwa muri Afurika; - Amasezerano yerekeye uburenganzira bw'umugore muri Afurika yuzuza ibikubiye mu Masezerano Nyafurika yerekeye uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage ; - Uko uburenganzira bw'Umugore bwateye imbere mu Rwanda n'inzitizi zigihari; -Imirongo ngenderwaho ku bijyanye no gutanga raporo ku Masezerano yerekeye uburenganzira bw'Umugore; - Uruhare rw'Imiryango itari iya Leta n'inzego z'ibihugu zishinzwe uburenganzira bwa Muntu bigira mu itegurwa rya raporo zitangwa ku gihugu; -Urugero rw'Igihugu cya Malawi mu itegurwa no kugeza raporo y'icyo gihugu kuri Komisiyo Nyafurika y'Uburenganzira bwa Muntu n'ubw'Abaturage; - Imiterere y'uko u Rwanda rutanga raporo ku Masezerano Nyafurika no ku Masezerano y'i Maputo. Abitabiriye ayo mahugurwa babonye uburyo bwiza bwo gukora umwitozo ujyanye no gutegura raporo mu matsinda no kuyigeza ku bandi. Ubumenyi umukozi wa Komisiyo yungukiye muri ayo mahugurwa, buzamufasha gukurikirana ibijyanye n'ishyirwa mu bikorwa ry'ayo masezerano. ➢ Kuva muri Werurwe kugeza muri Gicurasi 2015, abakozi bane (4) ba Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu bari kumwe n'abo mu Nzego za Leta zitandukanye, bahuguwe na Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo (MIFOTRA), kuri Porogaramu yitwa « Integrated Personnel and Payroll Information System (IPPIS)». Ayo mahugurwa yari agamije kongerera ubumenyi abayitabiriye mu byerekeye gahunda nshya zongewe muri « Logiciel » y'imishahara ikoreshwa n'abakozi ba Leta, kugira ngo bayikoreshe. Gahunda zongewe muri iyo « Logiciel (programmes) » zakozwe kugira ngo zihutishe imirimo ihuriweho n'Inzego zose za Leta, harimo gahunda y'ibikorwa by'umwaka (Action Plan), imihigo, amapiganwa n'ibindi. Zimwe mu nyigisho zigishijwe muri ayo mahugurwa ni izi zikurikira: - Gusobanura ihame ryo gukorera ku ntego (Definition and concepts of Result Based Management); - Kongera muri Porogaramu y'Imicungire y'Abakozi ihame ryo gukorera ku ntego no kubihuza na Porogaramu y'Imicungire y'Imari ya Leta (Integration of RBM in IPPIS with Link to smart IFMS); - Gushyira gahunda y'ibikorwa by'umwaka muri iyo porogaramu y'Imicungire y'abakozi (Integration of Action Plan in IPPIS); - Incamake ku bijyanye no guhuza gahunda y'ibikorwa n'imihigo (Overview on liaison of Action Plan and Performance Contract in new concept).
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)150 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Abakozi bahawe amahugurwa azabafasha mu bugenzuzi bw'ibikorwa byari biteganyijwe gukorwa n'ibyakozwe, kureba niba imihigo yahizwe ishingiye ku bikorwa byateganyijwe by'umwaka, gukosora aho bitagenda neza no kureba niba byarakorewe ku gihe cyagenwe. ➢ Kuva ku wa 22 kugeza ku wa 25 Kamena 2015, Umukozi wa Komisiyo yakurikiye amahugurwa yateguwe na Minisiteri y'Ubutabera ifatanyije n'Ishuri Rikuru Riteza imbere Amategeko (ILPD) n'Ibiro by'Umuvugizi wa Guverinoma (OGS-MINAFFET). Ayo mahugurwa yari agenewe abakozi bo mu bigo bitandukanye bya Leta bashinzwe Imibanire y'Inzego n'Itumanaho (Public Relations and Communication Officers) akaba yarabereye muri iryo shuri riherereye mu Karere ka Nyanza. Ayo mahugurwa yari agamije : - Kongerera ubumenyi abo bakozi mu bijyanye n'Itumanaho no gukoresha umwanya barimo mu kumenyekanisha gahunda z'ibikorwa mu bigo babarizwamo; - Guhugura abo bakozi mu gukoresha imbuga nkoranyambaga nk'uburyo bwihuse bwo kumenyekanisha amakuru mu bikorwa byose byo muri izo nzego; - Kurebera hamwe uko imyanzuro yavuye mu mwiherero wa kane wabereye mu Karere ka Rubavu wavugaga iby'ubutabera (Peer Review Retreat) yashyirwa mu bikorwa mu buryo bw'itumanaho; - Kurebera hamwe ingorane ziboneka mu nzego z'ubutabera mu by'itumanaho. Abakurikiye amahugurwa yabafashije kumenya neza gukoresha imbuga nkoranyambaga mu guhanahana amakuru yerekeye ibigo bihuriye mu rwego rw'ubutabera n'ibyo bikora; anabafasha kumenya imikorere y'ibindi bigo mu byerekeye itumanaho. Ayo mahugurwa azafasha umukozi wa Komisiyo wayakurikiye kumenyekanisha ibikorwa byayo binyuze ku mbuga nkoranyambaga no kujya ifatanya n'izo nzego mu gutegura no gukorera hamwe ibikorwa bijyanye n'urwego rw'ubutabera, birimo cyane cyane kwizihiza iminsi ngarukamwaka ifite aho ihuriye n'Uburenganzira bwa Muntu. ➢ Ihuriro rya za Komisiyo Nyafurika z'Uburenganzira bwa Muntu (NANHRI), rifatanyije n' Ishyirahamwe Rikumira Iyicarubozo (APT) n'Umuryango w'Ubumwe bw'Ibihugu by'Iburayi (EU), bateguye amahugurwa yari agenewe Abakomiseri n'Abakozi ba za Komisiyo z'Uburenganzira bwa Muntu z'ibihugu bigera kuri 26 by'Afurika. Abakozi 4 ba Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu y'u Rwanda bakurikiranye ayo mahugurwa. Insanganyamatsiko y'ayo mahugurwa yagiraga iti “Kugabanya ikoreshwa rikabije ry'ifungwa ry'agateganyo” (Rédution de l'usage excessif de la détention préventive/Reducing Overuse of Pretrial Detention). Ayo mahugurwa yatanzwe mu byiciro bibiri: 1. Amahugurwa yatanzwe hifashishijwe uburyo bw'Iyakure (Virtual Learning Environment, VLE) yatanzwe kuva ku wa 8 kugeza ku wa 30 Mata 2015; 2. Amahugurwa yabereye muri Lemigo Hotel mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Mata 2015.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)151 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUAmahugurwa yibanze ku bikurikira: - Gusobanura ifungwa ry'agateganyo rikabije icyo ari cyo n'uburyo rishobora gukoreshwa bigafatwa nk'iyicarubozo cyangwa ibikorwa bibabaza umubiri ku barikorewe n'ingaruka zaryo ku bantu b'ibyiciro byihariye; -Imirongo ngenderwaho yerekeranye n'ifatwa n'ifungwa ry'agateganyo ku mugabane w'Afurika yemejwe na Komisiyo Nyafurika y'Uburenganzira bwa Muntu n'ubw'abaturage mu nama yayo isanzwe ya 55 yabereye i Luanda kuva ku wa 28 Mata kugeza ku wa 12 Gicurasi 2014 (Lignes Directrices de Luanda); - Uburyo bwo kugenzura ahafungirwa abantu, kubikorera raporo no gutanga ibyifuzonama. Abahuguwe bunguranye ibitekerezo ku buryo za Komisiyo Nyafurika z'Uburenganzira bwa Muntu zafasha mu gikorwa cyo kugabanya ikoreshwa rikabije ry'ifungwa ry'agateganyo ku buryo burambye hakoreshejwe amategeko asanzweho mu bihugu cyangwa andi yashyirwaho, kuko ryakemura ku buryo bugaragara ikibazo cy'ubucucike bukabije mu magereza ndetse bikanarinda ikwirakwiza ry'indwara zaturuka kuri ubwo bucucike. Ibyo kandi bishobora no kugabanya ubukene ku miryango yo mu byiciro byihariye. Iryo gabanuka kandi ryafasha mu gushimangira ihame ry'uko umuntu wese afatwa nk'umwere igihe cyose atarahamwa burundu n'icyaha aregwa. 3. 12. 2. Amahugurwa Abakomiseri n'Abakozi bakoreye hanze y'Igihugu. ➢ Kuva ku wa 22 Werurwe 2015 kugeza ku wa 26 Werurwe 2015, Umukomiseri n'umukozi bakurikiranye amahugurwa yabereye i Nairobi mu Gihugu cya Kenya; akaba yarateguwe n'Ihuriro rya za Komisiyo Nyafurika z'Uburenganzira bwa Muntu (NANHRI). Ayo mahugurwa yari agenewe Abakomiseri n'Abakozi ba za Komisiyo z'Uburenganzira bwa Muntu z'ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba. Ayo mahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa za Komisiyo z'Uburenganzira bwa Muntu mu matora”. Amahugurwa yibanze kuri bikurikira: - Kurebera hamwe imikorere ya za Komisiyo n'uruhare rwazo mu matora; -Kurebera hamwe ingamba zo gushyiraho uburyo buhamye bwo kumenya mu buryo bwihuse ihungabana ry'Uburenganzira bwa Muntu (Early warning systems) ; - Kurebera hamwe uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry'Uburenganzira bwa Muntu mu matora; -Kurebera hamwe ibikunze kubangamira uburenganzira bwa Muntu mu gihe cy'amatora ndetse n'ingamba zo kubikumira. Abakurikiye ayo mahugurwa bunguranye ibitekerezo ku buryo ihuriro rya za Komisiyo Nyafurika z'Uburenganzira bwa Muntu ziri mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba zakomeza kugira uruhare mu migendekere myiza y'amatora, hakoreshejwe amategeko asanzweho mu bihugu cyangwa andi yashyirwaho, mu rwego rwo kugira ngo amatora ajye abaho mu buryo butabangamiye Uburenganzira bwa Muntu. Abakurikiye amahugurwa kandi bungutse ubumenyi mu bijyanye no kurinda no kurengera uburenganzira bwa Muntu mu gihe cy'amatora.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)152 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Muri rusange, amahugurwa ni ingirakamaro kuko atuma abahuguwe biyungura ubumenyi mu byo bakora bijyanye n'akazi kabo ka buri munsi, baniyibutsa amasomo bagiye babona mu gihe bigaga, bityo bikabafasha kurangiza neza inshingano bahawe. Amahugurwa afasha kandi Abakozi bahuguwe kunguka ubundi bumenyi bwihariye bagenda bakura ku bandi bantu baturutse ahantu hatandukanye. 3. 12. 3. Kongerera ubushobozi Abakorerabushake b'Urwego rushinzwe kugenzura uko uburenganzira bw'Umwana bwubahirizwa (ODE) Nk'uko biteganyijwe mu Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25/03/2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, mu ngingo yaryo ya 6, agace ka kane, Komisiyo ifite inshingano yihariye yo gukurikirana by'umwihariko iyubahirizwa ry'Uburenganzira bw'umwana, akaba ari muri urwo rwego Komisiyo yashyizeho Urwego rushinzwe Igenzura ry'Iyubahirizwa ry'Uburenganzira bw'Umwana (ODE), urwo rwego rukaba ruyifasha kugenzura umunsi ku wundi uko uburenganzira bw'Umwana bwubahirizwa mu Gihugu. Uru rwego rwashyizweho mu mwaka wa 2006, hashingiwe ku ngingo ya 24 y' Itegeko N° 27/2001 ryo ku wa 28/04/2001 ryerekeye uburenganzira bw'Umwana n'uburyo bwo kumurinda ihohoterwa, yahaga Komisiyo inshingano yo guteganya uburyo bwihariye bwo gukurikirana uko uburenganzira bw'Umwana bwubahirizwa. Urwego rwa ODE rugizwe n'abakorerabushake 3122 barimo 2912 bakorera ku rwego rw'Umurenge na 210 bo ku rwego rw'Akarere. Abo bakorerabushake bakurikirana uko uburenganzira bw'Umwana bwubahirizwa umunsi ku wundi, raporo igashyikirizwa ubakuriye ku rwego rw' AKarere nawe akayigeza kuri Komisiyo buri kwezi. Hari kandi Komite yo ku rwego rw'Igihugu igizwe n'abantu banyuranye kandi b'inararibonye mu byerekeye uburenganzira bw'Umwana, kuri bo hakiyongeraho abana batanu (5) bahagarariye bagenzi babo ku rwego rw'Intara n' Umujyi wa Kigali. Urwego rwa ODE rushinzwe muri rusange gukurikirana uko uburenganzira bw'umwana bwubahirizwa, kumenya uko buhagaze, gukumira, kwamagana ihohoterwa ry'uburenganzira bw'umwana no gukora ubuvugizi kugira ngo ubwo burenganzira bwubahirizwe. By'umwihariko ODE ishinzwe: Gusesengura ibibazo by'ihohoterwa ry'uburenganzira bw'Umwana byagaragajwe na raporo ziturutse mu Turere uko ari 30; Kugaragaza impamvu z'ihohoterwa ry'uburenganzira bw'umwana n'ingamba zihamye zashyirwa mu bikorwa mu rwego rwo kurirwanya; Kugeza ibyifuzonama ku nzego zibishinzwe hagamijwe guhagarika no gukumira ihohoterwa rikorerwa abana. Komite ya ODE ku rwego rw'Igihugu igizwe n'aba bakurikira: 1. Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, ikaba ari na yo iyobora iyo Komite; 2. Abana batanu (5) bahagarariye abandi, umwe kuri buri Ntara; 3. Uhagarariye Urwego rw'Umuvunyi; 4. Uhagarariye Urukiko rw'Ikirenga; 5. Uhagarariye Inama Nkuru y'Urubyiruko ku rwego rw'Igihugu;
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)153 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU 6. Uhagarariye Inama Nkuru y'Abagore ku rwego rw'Igihugu; 7. Uhagarariye Inama Nkuru y'Itangazamakuru; 8. Abantu bane (4) bahagarariye amadini ku rwego rw'Igihugu: -Uhagarariye Inama Nkuru y'Abepiskopi gaturika mu Rwanda; -Uhagarariye Inama y'Abaporotestanti mu Rwanda; -Uhagarariye Itorero ry'Abadivantisite b'Umunsi wa Karindwi mu Rwanda; -Uhagarariye Idini rya Isilamu mu Rwanda. 9. Abantu batatu (3) bahagarariye amashyirahamwe atatu (3) akora ibijyanye n'uburenganzira bw'abana akorera mu Gihugu (CLADHO, HAGURUKA na IBUKA) ; 10. Abarimu babiri (2) ba Kaminuza, umwe uhagarariye kaminuza zigenga n'undi uhagarariye Kaminuza y'u Rwanda; 11. Uhagarariye Urugaga rw'Abavoka (Bar Association/Barreau). Mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere y'urwo Rwego, kuva muri Nyakanga 2014 kugeza muri Kamena 2015, intumwa za Komisiyo zasuye abakorerabushake ba ODE mu Turere twa Rusizi, Nyamasheke, Rubavu, Gicumbi, Nyarugenge, Kicukiro, Gasabo, Bugesera, Nyagatare na Huye bakorana inama hagamijwe kurebera hamwe nabo uburyo basohoza inshingano bahawe n'imbogamizi baba bahura nazo. Buri mwaka kandi Komisiyo ikorana inama n'abagize Komite ya ODE ku rwego rw'Igihugu hagamijwe gusesengura ibibazo by'ihohoterwa ry'uburenganzira bw'Umwana byagaragajwe muri za raporo z'abakorerabushake ba ODE, kugaragaza impamvu z'ihohoterwa ry'uburenganzira bw'Umwana n'ingamba zihamye zashyirwa mu bikorwa mu rwego rwo kurirwanya; Ni muri urwo rwego ku wa 22/06/2015 Komisiyo yakoresheje inama ya Komite ya ODE ku rwego rw'Igihugu. Inama yabereye i Kigali muri Hoteli Nobreza ku Kicukiro ifungurwa ku mugaragaro na Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu. Iyo nama kandi yatumiwemo n'abakorerabushake bahagarariye abandi ku rwego rw'Uturere bitewe n'uruhare rukomeye bagira mu bikorwa bya buri munsi by'Urwego, hari kandi abahagarariye zimwe mu nzego za Leta n'izigenga zifite mu nshingano zazo guteza imbere no kurengera uburenganzira bw'Umwana Muri rusange inama yari igamije kugaragariza abagize Komite ya ODE ku rwego rw'Igihugu n'abafatanyabikorwa ba Komisiyo uko uburenganzira bw'Umwana bwubahirizwa mu Gihugu n'ibibazo bigaragaramo Insanganyamatsiko y'inama yagiraga iti:''Ikibazo cy'imirimo mibi ikoreshwa abana n'ingaruka zacyo. ” Komisiyo yahisemo iyi nsanganyamatsiko bitewe n'uko ikibazo cy'imirimo mibi ikoreshwa abana kibangamira bikomeye uburenganzira bw'umwana cyane cyane uburenganzira ku burezi Muri iyi nama hatanzwe ibiganiro bikurikira: Imiterere n'inshingano z'Urwego rushinzwe Igenzura ry`Iyubahirizwa ry'Uburenganzira bw'Umwana, ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro y'inama ya ODE iheruka yabaye muri Gashyantare 2014, n'ikiganiro ku mirimo mibi ikoreshwa abana.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)154 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Imyanzuro yavuye muri iyi nama Komisiyo yayishyikirije inzego zigomba kuyishyira mu bikorwa: Iyo myanzuro ni iyi ikurikira: Gushaka uburyo (mechanism) bushingiye ku itegeko bwatuma amazina y'umwana wasambanyijwe adatangazwa mu ruhame igihe cy'isomwa ry'urubanza; Kugenzura uburyo isomo ku buzima bw'imyororokerere ritangwa mu mashuri, rigashyirwa ku rutonde rw'amasomo y'ibanze kandi rikajya ritangwa n'umwarimu ubifitiye ubushobozi; Gukurikirana imitangire ya raporo z'abakorerabushake zikajya zirushaho kugaragaza ibintu bishobora guhungabanya uburenganzira bw'Umwana ku buryo ihohoterwa ryajya rikumirwa ritaraba; Gusaba inzego zibishinzwe korohereza ababyeyi batinze kwandikisha abana kubikora batiriwe bajya mu nkiko nk'uko bisanzwe, mu rwego rwo kubahiriza Uburenganzira bw'Umwana bwo kwandikwa mu bitabo by'Irangamimerere; Kunoza imikoranire hagati y'inzego mu bikorwa byo kubungabunga uburenganzira bw'Umwana hagamijwe kumenya no kuzamura imibereho y'abana; Gukora ibarura rihoraho ry'abana bakora akazi ko mu rugo kugira ngo hafatwe ingamba zo gukumira, kurinda no kurengera uburenganzira bw'Umwana by'umwihariko ku bijyanye no gukoreshwa imirimo mibi imburagihe; Guteganya uburyo bwo kunganira abana mu manza z'imbonezamubano kuko ubusanzwe bunganirwa mu manza nshinjabyaha gusa; Gukora ubuvugizi kugira ngo habeho icyumweru cyo kurangiza imanza z'abana nk'uko hasanzwe habaho icyumweru cy'ubufasha mu by'amategeko; Nyuma y'umuganda rusange wa buri kwezi, gutanga ibiganiro bigamije kongera imbaraga mu
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)155 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU gukangurira abaturage kwirinda imirimo mibi ikoreshwa abana. IV. RAPORO Y'IMIKORESHEREZE Y'IMARI 4. 1. Ibisobanuro by'ibanze Raporo y'imikoreshereze y'imari y'umwaka w'2014-2015 igaragaza amafaranga Komisiyo yahawe ku ngengo y'imari ya Leta y'umwaka watangiye ku wa 1 Nyakanga 2014 kugeza ku wa 30 Kamena 2015, ayo yahawe n'abaterankunga n'ayakoreshejwe muri uwo mwaka. 4. 2. Amafaranga Komisiyo yagenewe ku ngengo y'imari y'umwaka w'2014-2015 Mu mwaka w'ingengo y'imari w'2014-2015, Komisiyo yagenewe ingengo y'imari ingana na Miliyari imwe na miliyoni ijana na mirongo itanu n'eshanu n'ibihumbi magana ane na mirongo itatu n'icyenda na magana ane na mirongo ine n'atanu (1,155,439,445 Frw). Iyo ngengo y'imari igizwe n'amafaranga Komisiyo yahawe avuye ku ngengo y'Imari ya Leta hamwe n'ay'inkunga yahawe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Ritsura Amajyambere (PNUD). Imbonerahamwe ikurikira iragaragaza amafaranga yose Komisiyo yagenewe ku ngengo y'Imari ya Leta y'Umwaka w'2014-2015 hamwe n'ay'inkunga yahawe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Ritsura Amajyambere (PNUD), hagendewe kuri porogaramu z'ibikorwa zijyanye n'inshingano za Komisiyo No Inkomoko y'Ingengo y'Imari Porogaramu Ingengo y'Imari yemejwe (Frw) 1 Ingengo y'Imari ya Leta988,924,176 Administration and support services 860,591,749 Igiteranyo (1) 860,591,749 Guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa Muntu(HR protection and Promotion)128,332,302 Guteza imbere uburenganzira bwa Muntu (HR Promotion)60,324,302 Kurengera uburenganzira bwa Muntu (HR Protection)68,008,125 Igiteranyo(2) 128,332,302 2 Inkunga Komisiyo yahawe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Rishinzwe Iterambere (PNUD),166,515,269 Administration and support services 166,515,269 Ingengo y'Imari yose 1,155,439,445
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)156 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU4. 2. 1. Amafaranga yaturutse ku Ngengo y'Imari ya Leta Komisiyo yagenewe amafaranga angana na Miliyoni magana cyenda mirongo inani n'umunani n'ibihumbi magana cyenda na makumyabiri na bine n'ijana na mirongo irindwi n'atandatu (988,924,176 Frw). Ku wa 30 Kamena 2015, Komisiyo yari imaze guhabwa amafaranga angana na Miliyoni magana cyenda mirongo itandatu n'umunani n'ibihumbi magana atandatu mirongo icyenda na bibiri na magana ane mirongo itatu n'abiri (968,692,432 Frw). Amafaranga Komisiyo itahawe angana na Miliyoni makumyabiri, ibihumbi magana abiri mirongo itatu na kimwe na magana arindwi mirongo ine n'ane (20,231,744 Frw), y'imishahara y'abakozi atarasabwe kuko mu ivugururwa ry'imyanya y'inzego z'imirimo ya Leta yabaye muri uwo mwaka, hari abakozi bagabanyijwe bari ku mbonerahamwe y'imirimo n'abandi bakozi basezeye ku mirimo yabo, umwaka w'ingengo y'Imari urangira hataraboneka ababasimbura. 4. 2. 2 Amafaranga y'inkunga Komisiyo yahawe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Ritsura Amajyambere (PNUD). Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye Ritsura Amajyambere (PNUD), mu mushinga wiswe «Guteza imbere uguhabwa ubutabera, Uburenganzira bwa Muntu n'Amahoro arambye» ryageneye Komisiyo amafaranga ahwanye na Miliyoni ijana na mirongo itandatu n'esheshatu n'ibihumbi magana atanu na cumi na bitanu na magana abiri mirongo itandatu n'icyenda (166 515 269 Frw). Ku wa 30 Kamena 2015, Komisiyo yari imaze guhabwa amafaranga ahwanye na Miliyoni mirongo inani n'eshatu ibihumbi magana atatu na mirongo inani na kimwe n'amafaranga abiri (83,381,002 Frw). Ayo mafaranga yari agenewe igikorwa cyo gufasha Komisiyo mu bijyanye no guteza imbere no kurinda Uburenganzira bwa Muntu no kongerera ubushobozi Komisiyo. Ku wa 30 Kamena 2015, Komisiyo yari imaze gukoresha amafaranga angana na Miliyoni mirongo irindwi n'enye n'ibihumbi magana ane na mirongo inani n'arindwi na magana arindwi mirongo inani n'umunani (74,487,788 Frw). Amafaranga atarakoreshejwe ahwanye na Miliyoni umunani na magana inani mirongo icyenda na bitatu na magana abiri na cumi n'ane (8. 893. 214 Frw), ibikorwa byayo bikaba bigikomeza muri uyu mwaka w'2015-2016. 4. 2. 3. Andi amafaranga Komisiyo yabonye - Komisiyo yahawe n'Ihuriro ry'Inzego Nyafurika zishinzwe uburenganzira bwa Muntu (Network of African National Human Rights Institutions) amafaranga angana na Miliyoni imwe n'ibihumbi cumi n'icyenda na magana inani na mirongo cyenda n'atatu (1,019,893 Frw). Ayo mafaranga yari agenewe igikorwa cyo gutegura amahugurwa ku bijyanye n'ifatwa n'ifungwa by'agateganyo (Pre-trial detention ) yabereye i Kigali. - Amafaranga yaturutse ku ivunja ry'amafaranga y'amahanga Komisiyo yabonye mu gihe Abakomiseri n'abakozi bajyaga mu butumwa mu mahanga. Ayo mafaranga ahwanye n'ibihumbi magana abiri n'umunani na magana abiri mirongo itanu n'abiri ( 208,252 Frw).
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)157 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Amafaranga yose Komisiyo yabonye kugeza ku wa 30 Kamena 2015, harimo ayo yahawe ku Ngengo y'Imari y'Umwaka w'2014-2015 n'ayatanzwe n'abaterankunga, akaba ahwanye na miliyari imwe na miliyoni mirongo ine n'enye n'ibihumbi magana ane n'umunani na magana atatu na mirongo itandatu n'atanu (1,044,408,365 Frw). Kuri ayo mafaranga yose Komisiyo yabonye, ayakoreshejwe kugeza ku wa 30 Kamena 2015 ahwanye na miliyari imwe na miliyoni mirongo itatu n'eshatu n'ibihumbi magana ane mirongo inani na bine na magana atatu mirongo irindwi n'atanu (1,033,484,375 Frw). Ayo mafaranga yakoreshejwe ku bijyanye n'imishahara y'abakomiseri n'abakozi, muri gahunda zo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa Muntu, kongerera ubushobozi Komisiyo no mu mirimo isanzwe ya buri munsi. Ku wa 30 Kamena 2015, Komisiyo yari ifite muri banki amafaranga angana na miliyoni umunani n'ibihumbi magana cyenda na mirongo ine n'icyenda na magana inani na mirongo cyenda na atandatu (8,949,896 Frw), n'amafaranga ibihumbi mirongo cyenda n'icyenda na magana ane yari mu isanduku ntoya ya Komisiyo (99,400 Frw). 4. 3. Ishusho y'imari ya Komisiyo mu mwaka w'2014-2015 Imbonerahamwe ikurikira iragaragaza amafaranga Komisiyo yabonye mu mwaka w'ingengo y'Imari w'2014-2015 n'uburyo yakoreshejwe muri uwo mwaka. Igaragaza kandi ayo yari isigaranye ku wa 30 Kamena 2014.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)158 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU Ishusho y'Imari ya Komisiyo yari ifite ku wa 30 Kamena 2015. A. Aho Amafaranga yaturutse Umubare w'amafaranga 1. Amafaranga Komisiyo yari ifite ku wa 30 Kamena 2014 Amafaranga yari muri Banki (2,180,570) Amafaranga yari mu isanduku nto ya Komisiyo 100,000 Ishusho y'umutungo wa Komisiyo ku wa 30 Kamena 2014 (2,080,570) 2. Amafaranga Komisiyo yabonye mu mwaka w'ingengo y'Imari ya 2014-2015 Amafaranga Komisiyo yahawe ku ngengo y'Imari ya Leta kugeza ku wa 30 Kamena 2015968,692,432 Amafaranga y'abaterankunga- PNUD- Network of African Human Rights Institution (NANHRI)- Amafaranga Komisiyo yabonye yaturutse ku ivunjisha ry'amafaranga y'amahanga. 74,487,788 1,019,893 208,252 Igiteranyo cy'amafaranga Komisiyo yabonye mu mwaka w'ingengo y'Imari ya 2014-2015(2)1,044,408,365 B. Icyo amafaranga yakoreshejwe 1. Imishahara y'abakozi 490,128,220 2. Guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa Muntu, Kongerera Ubushobozi Komisiyo n'imikorere ya buri munsi. 543,356,155 Igiteranyo(3) 1,033,484,375 Ikinyuranyo (2-3) 10,923,990 Amafaranga Komisiyo yari ifite ku wa 30 Kamena 2015 Amafaranga yari muri banki 8,949,896 Amafaranga yari mu Isanduku ntoya ya Komisiyo 99,400 Igiteranyo 9,049,296 C. Ibisobanuro by'amafaranga Komisiyo yari ifite ku wa 30 Kamena 2015. Amafaranga Komisiyo yari ifite ku wa 30 Kamena 2014. (2,080,570) Ikinyuranyo cy'amafaranga Komisiyo yahawe n'ayo yakoresheje. 10,923,990 Amafaranga yagaruwe kuri Konti ya Komisiyo atarakoreshejwe n'abakozi bagiye mu butumwa (Prior year adjustment). 205,876 Igiteranyo (C) 9,049,296
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)159 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU4. 4. Imikoreshereze y'ingengo y'imari hagendewe ku mirongo migari y'ingengo y'imari Imbonerahamwe ikurikira iragaragaza uko amafaranga Komisiyo yagenewe mu mwaka w'ingengo y'imari w'2014-2015 yakoreshejwe hagendewe ku mirongo migari y'ingengo y'imari. Umurongo w'ingengo y'imari Inyito y'Umurongo w'Imari ngenderwaho Amafaranga yagenewe Amafaranga yakoreshejwe Ikinyuranyo Ijanisha 221 Ibikoresho n'abunganira Komisiyo mu mirimo inyuranye (Use of goods and services)621,152,367 526,998,686 94,153,681 84. 84 % 263 Ibigenda ku bakomiseri n'abakozi (Compensation of employees)510,651,395 490,128,220 20,523,175 95. 98 % 221 Ibikoresho biramba (Capital expenditure)23,635,683 16,357,469 7,278,214 69. 21 % Igiteranyo 1,155,439,445 1,033,484,375 121,955,070 89. 45 % Nk'uko imbonerahamwe ibigaragaza, ku bijyanye n'ibikoresho n'abunganira Komisiyo mu mirimo inyuranye, uwo murongo ugaragaza igiteranyo cy'amafaranga Komisiyo yahawe ku ngengo y'imari n'ayatanzwe n'umushinga wa UNDP iteramo inkunga Komisiyo ajyanye n'ibikorwa byose bijyanye no kurinda no kurengera uburenganzira bwa Muntu no kongerera ubushobozi Komisiyo. Ikinyuranyo cy'amafaranga atarakoreshejwe kikaba giterwa n'uko amafaranga angana na miliyoni ijana na mirongo itandatu n'esheshatu n'ibihumbi magana atanu na cumi na bitanu na magana abiri mirongo itandatu n'icyenda (166 515 269 Frw) Komisiyo yagenewe n'umushinga wa PNUD atatanzwe yose muri uwo mwaka, Komisiyo ikaba yarahawe angana na Miliyoni mirongo inani n'eshatu ibihumbi magana atatu mirongo inani na kimwe n'amafaranga abiri ( 83,381,002 Frw). Ku bijyanye n'ibikoresho biramba byo mu biro (Intebe n'ameza), amafaranga yose ntiyakoreshejwe kuko hari isoko ryari ryatanzwe ryo kugura intebe zo mu biro, riraseswa kubera ko ba Rwiyemezamirimo bapiganwe batari bujuje ibisabwa, umwaka urangira hataratangwa irindi soko. Raporo y'imikoreshereze y'imari y'umwaka w'2014-2015 muri rusange, igaragaza ko amafaranga yose Komisiyo yahawe ku Ngengo y'Imari y'Umwaka w'2014-2015 n'ayo yahawe n'abaterankunga yakoreshejwe neza ku kigero cya 89. 45%, hashingiwe ku mirongo migari y'ingengo y'imari.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)160 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUV. UMWANZURO RUSANGE N'IBYIFUZONAMA Ibikorwa bikubiye muri iyi raporo ni ibyo Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yagezeho kuva ku wa 1 Nyakanga 2014 kugeza ku wa 30 Kamena 2015 bijyanye n'inshingano Komisiyo ihabwa n'ingingo y'177 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda nk'uko ryavuguruwe kugeza ubu n'izo ihabwa n'Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25 Werurwe 2013 rigena inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu. Mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira bwa Muntu, Komisiyo yahuguye inakangurira abaturarwanda bo mu byiciro bitandukanye uburenganzira bwa Muntu. Inyigisho n'amasomo bahawe byatumye barushaho kumenya no gusobanukirwa akamaro ko kurengera uburenganzira bwa Muntu. By'umwihariko, byafashije abayobozi b'inzego zitandukanye kumenya ko uruhare rwabo mu kurengera uburenganzira bw'abo bayobora ari ingenzi. Ku birebana no kurengera uburenganzira bwa Muntu, Komisiyo yakurikiranye ibirego ibyibwirije cyangwa ibigejejweho n'abaturage, ibikorera amaperereza mbere y'uko bigezwa ku nzego zishinzwe kubikemura. Zimwe mu nzego Komisiyo yafatanyije nazo gukemura ibibazo by'abaturage twavuga nk'iz'ubuyobozi ku rwego rw'igihugu, iz'ibanze, iz'ubucamanza, iz'ubushinjacyaha, iz'ubugenzacyaha n'izishinzwe imicungire y'amagereza. Ubushake izo nzego zagaragaje mu gushakira ibisubizo ibibazo by'abaturage Komisiyo yazigejejeho bwatumye u Rwanda rukomeza gutera intambwe ishimishije mu kubahiriza uburenganzira bwa Muntu. Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yakoze kandi amaperereza ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu bigo by'agateganyo binyuzwamo abagomba kujyanwa mu bigo ngororamuco, mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro no mu magereza na kasho. Ishingiye ku byayigaragariye muri ayo maperereza, Komisiyo yagejeje ku nzego bireba ibyifuzonama byafasha gukemura ibibazo byagaragajwe muri raporo zihariye. Ishingiye ku byo yagaragaje muri iyi raporo, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu isanga u Rwanda rukomeza gutera intambwe ishimishije mu kubahiriza uburenganzira bwa Muntu. Cyakora, ishingiye ku bibazo yakurikiranye kandi ibona ko bikwiye kubonerwa ibisubizo n'inzego zibishinzwe, Komisiyo iratanga ibyifuzonama bikurikira : - Komisiyo yongeye gusaba inzego yashyikirije ibibazo by'ihohoterwa ry'uburenganzira bwa Muntu kubikemura vuba bitabaye ngombwa ko abaturage basiragizwa cyangwa ihora izibutsa ; - Komisiyo irongera gusaba inzego zikuriye abayobozi b'inzego z'ibanze bafite ubuhesha bw'inkiko mu nshingano zabo gukomeza kuzikangurira kurangiza imanza vuba kugira ngo basubizwe uburenganzira bwabo ; - Komisiyo yongeye gusaba inzego bireba guha abaturage ingurane ikwiye mu gihe bagomba kwimurwa mu byabo ku nyungu rusange kandi bigakorwa mu mucyo mbere y'uko bimurwa ; - Komisiyo irongera gusaba ko hashyirwaho ikigega cy'indishyi cyajya cyishyura igihe abakoze ibyaha badafite ubwishyu ; - Komisiyo irasaba inzego z'ibanze kujya zigisha abaturage kujya bakemura ibibazo bafitanye, bitari
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)161 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU iby'inshinjabyaha, mu buryo bw'ubwumvikane batarize gusiragira mu nkiko; -Komisiyo irasaba Inzego Nkuru z'Igihugu gusaba Inzego za Leta n'iz'abikorera kujya zisubiza Komisiyo igihe yazandikiye ; -Komisiyo irasaba abakuriye ibigo by'agateganyo binyuzwamo abagomba kujyanwa mu bigo ngororamuco kujya bamenyesha imuryango y'ababirimo kugira ngo ibasure ; -Komisiyo irasaba ko hashyirwaho uburyo bwo kuvuza abafungwa batishoboye baba bafungiye muri kasho za Sitasiyo za Polisi ; -Komisiyo irasaba ko ababyeyi bafunganywe n'abana babo bato bahabwa inzitiramibu mu rwego rwo kubakingira imibu itera indwara ya malariya.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)162 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTUVI. IBIKORWA BITEGANYIJWE KUVA MURI NYAKANGA 2014 KUGEZA MURI KAMENA 2015 Nk'uko Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa 25 Werurwe 2013 rigena Inshingano, imiterere n'imikorere bya Komisiyo ribiteganya mu ngingo yaryo ya 12, Komisiyo ishyikiriza buri mwaka Inteko Ishinga Amategeko porogaramu yayo y'ibikorwa biteganyijwe mu mwaka ukurikiye. Porogaramu y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka wo kuva muri Nyakanga 2015 kugeza muri Kamena 2016, ikubiyemo ibikorwa by'ingenzi bikurikira: ➢ Mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira bwa Muntu Kuva muri Nyakanga 2015 kugeza muri Kamena 2016, Komisiyo irateganya amahugurwa ku burenganzira bwa Muntu azibanda ku byiciro bikurikira: - Abagize Inama Njyanama z'Uturere two mu Ntara y'Iburasirazuba ; - Amashyirahamwe n'amakoperative anyuranye yo mu Gihugu; - Komite z'Ibigo Nderabuzima byo mu Ntara y'Iburasirazuba; Mu rwego rwo gukangurira abaturarwanda uburenganzira bwa Muntu, hateganyijwe ibiganiro ku burenganzira bwa Muntu bizahabwa abantu b'ingeri zitandukanye (clubs z'uburenganzira bwa Muntu mu mashuri yisumbuye, mu nkambi z'impunzi, mu ngando zikorerwamo imirimo nsimburagifungo ifitiye Igihugu akamaro, mu ngando zinyuranye, Itorero n'abafungwa). Hazatangwa kandi ibiganiro kuri za radio na televiziyo bizaba bigenewe Abaturarwanda muri rusange. Komisiyo irateganya nanone kwizihiza iminsi ngarukamwaka yerekeye uburenganzira bwa Muntu. Komisiyo ifatanyije n'Imiryango itari iya Leta yita ku burenganzira bwa Muntu izakora isuzuma ku ishyirwa mu bikorwa ry'ibyifuzonama byatanzwe na za Komite za Loni zishinzwe gukurikirana uko ibihugu byubahiriza amasezerano byemeye burundu zihereye kuri raporo u Rwanda rwatanze kuva 2012 kugeza ubu. Ibyo byifuzonama bizashyirwa mu rurimi rw'Ikinyarwanda bisakazwe mu rwego rwo kugaragariza abaturage b'u Rwanda uko igihugu gishyira mu bikorwa Amasezerano Mpuzamahanga kiba cyaremeje burundu. Komisiyo izanakurikirana integanyabihe y'ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro n'ibyifuzonama bizaturuka mu Isuzuma Ngarukagihe (UPR) rizakorerwa u Rwanda mu Ugushyingo 2015. Muri uwo mwaka nanone, Komisiyo izakomeza igikorwa cyo gutanga ibitekerezo ku mategeko no ku mishinga y'amategeko n'icyo gushishikariza inzego zibishinzwe gusinya no kwemeza burundu Amasezerano Mpuzamahanga yerekeye uburenganzira bwa Muntu no gutanga raporo kuri ayo masezerano kandi ku gihe. Komisiyo izakomeza kandi gushishikariza inzego zibishinzwe kwinjiza mu mategeko y'Igihugu Amasezerano Mpuzamahanga n'ay'Akarere u Rwanda rwemeje burundu.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)163 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU➢ Mu rwego rwo kurengera uburenganzira bwa Muntu Mu rwego rwo kurengera uburenganzira bwa Muntu hateganyijwe ibi bikurikira: - Kwakira, gusuzuma no gukurikirana ibirego bijyanye n'ihungabana ry'uburenganzira bwa Muntu no kubigeza ku nzego zibishinzwe kugira ngo bibonerwe ibisubizo no kuregera inkiko bibaye ngombwa ; -Kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu ngando zikorerwamo imirimo nsimburagifungo ifitiye Igihugu akamaro, mu nkambi z'impunzi, ; - Kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu matora y'Inzego z'Ibanze; - Gukora anketi ku ihohoterwa rikorerwa abana (rape on minors). - Gukora anketi ku burenganzira ku bakozi bo mu nganda no mu bigo byigenga (Private Sector); ➢ Mu rwego rwo kongerera ubushobozi Komisiyo Mu rwego rwo kongerera ubushobozi Komisiyo, hateganyijwe ibikorwa by'ingenzi bikurikira: - Kongerera ubumenyi Abakomiseri n'abakozi mu bijyanye n'uburenganzira bwa Muntu no mu bindi byiciro by'ubumenyi ku burenganzira (uburinganire mu byiciro byabwo, ibidukikije,... ); -Guhugura abakorerabushake bashinzwe iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'umwana bo mu Ntara zose z'Igihugu; - Gukomeza ubufatanye hagati ya Komisiyo n'Imiryango itari iya Leta, izindi za Komisiyo z'Ibihugu ndetse n'amahuriro y'inzego z'ibihugu zishinzwe uburenganzira bwa Muntu; - Gutegura politiki irebana n'imicungire y'ububiko bw'inyandiko muri Komisiyo. - Gukurikirana inama mpuzamahanga z'uburenganzira bwa Muntu; - Gushyiraho ingamba na za politike byo gushaka inkunga (Fundraising), gukumira ingaruka zaturuka ku micungire mibi (Risk Management) n'ibijyanye n'imyitwarire (Code of Conduct).
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
Raporo y'ibikorwa by'umwaka (Nyakanga 2014-Kamena 2015)164 KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BW A MUNTU
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2014_15.pdf
RAPORO Y'IBIKORWA BY'UMWAKA NYAKANGA 2021-KAMENA 2022 Nzeri, 2022RAPORO Y'IBIKORWA BY'UMWAKA NYAKANGA 2021-KAMENA 2022 Nzeri, 2022
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
RAPORO Y'IBIKORWA BY'UMWAKA NYAKANGA 2021-KAMENA 2022RAPORO Y'IBIKORWA BY'UMWAKA NYAKANGA 2021-KAMENA 2022
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
1IJAMBO RY'IBANZE........................................................................................................................................................... 3 INSHINGANO, UBUBASHA, IMITERERE N'IMIKORERE BYA KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBURENGANZIRA BWA MUNTU............................................................................................................................................................................... 4 ABAGIZE INAMA Y'ABAKOMISERI....................................................................................................................................8 INCAMAKE..........................................................................................................................................................................9 IGICE CYA MBERE: KURENGERA UBURENGANZIRA BWA MUNTU............................................................................11 1. 1. GUKURIKIRANA IBIREGO MU MWAKA WA 2021-2022......................................................................................... 11 1. 2. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU....................................................................13 1. 2. 1. Igenzura ku iyubahirizwa ry'Uburenganzira bwa muntu mu matora y'abayobozi b'inzego z'ibanze n'ab'inama z'ig-ihugu yabaye mu Ukwakira n'Ugushyingo 2021............................................................................................................... 13 1. 2. 2. Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'impunzi, abasaba ubuhungiro, abakozi b'abimukira n'imiryango yabo..........................................................................................................................................................................................16 ,JHQ]XUDU\¶L\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJD 1. 3. UBUSHAKASHATSI KU IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU................................................... 32 1. 3. 1. Ubushakashatsi ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro....................... 32 1. 3. 2. Ubushakashatsi ku iyubahirizwa ry'uburenganzira ku butabera n'ubwo guhabwa indishyi ikwiye ku bakorewe ihoho-terwa rishingiye ku gitsina..................................................................................................................................................38 IGICE CYA KABIRI: GUKUMIRA IYICARUBOZO N'IBINDI BIHANO CYANGWA IBIKORWA BY'UBUGOME, IBIDAKWIRIYE UMUNTU CYANGWA IBIMUTESHA AGACIRO................................................................................42 2. 1. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BW'ABAFUNGIYE MURI GEREZA..................................43 2. 2. IGENZURA MURI KASHO Z'UBUGENZACYAHA....................................................................................................49 2. 3. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU MU BIGO BINYURWAMO BY'IGIHE GITO  2. 4. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU MU BIGO NGORORAMUCO..................... 63 ,*(1=85$5<¶,<8%$+,5,=:$5<¶8%85(1*$1=,5$%:¶$%$),7(8%85:$<,%:208087:(08%,7$52 BIBITAHO..........................................................................................................................................................................69 2. 6. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BW'ABAGEZE MU ZABUKURU..................................73 2. 6. 1. Igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abageze mu zabukuru mu bigo bibitaho no mu ngo z'impinganzi-ma..................................................................................................................................................................................... 74 ,JHQ]XUDU\¶L\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDJH]HPX]DEXNXUXED¿WHLQGZDUD]LGDNLUDPXNXEDJDEDQ\LUL]D uburibwe n' ububabare (Palliative Care)..........................................................................................................................77 IGICE CYA GATATU: GUTEZA IMBERE UBURENGANZIRA BWA MUNTU........................................................................81 3. 1. Gukangurira no kwigisha Abaturarwanda Uburenganzira bwa Muntu........................................................................81 3. 2. Iminsi ngarukamwaka y'uburenganzira bwa Muntu....................................................................................................83 3. 3. Gutanga ibitekerezo ku mishinga y'amategeko......................................................................................................90 3. 4. Gushishikariza inzego zibishinzwe kwemeza burundu amasezerano mpuzamahanga yerekeye uburenganzira bwa muntu no gutanga raporo ku gihe......................................................................................................................................90 *XNRUDJXWDQJDQRJXVDND]DUDSRUR\¶LELNRUZDE\¶XPZDNDZD 3. 6. Ubufatanye bwa Komisiyo n'izindi nzego..................................................................................................................91 3. 7. Abashyitsi basuye Komisiyo....................................................................................................................................... 97 IGICE CYA KANE: ISHYIRWA MU BIKORWA RY'IMYANZURO KOMISIYO YAGARAGAJE MURI RAPORO Y'UMWAKA 2020-2021...................................................................................................................................................98 IGICE CYA GATANU: UBUTEGETSI N'IMARI..............................................................................................................102ISHAKIRO
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
2. XEDNDXEXVKRER]LEZD. RPLVL\R ,PLNRUHVKHUHMH\¶LPDUL IGICE CYA GATANDATU: UMWANZURO RUSANGE N'IBISABWA INZEGO............................................................106 IGICE CYA KARINDWI: IBIKORWA KOMISIYO IZIBANDAHO MU MWAKA WA 2022-2023 ................................... 107 7. 1. Guteza imbere uburenganzira bwa muntu............................................................................................................... 107 7. 2. Kurengera uburenganzira bwa muntu......................................................................................................................107 7. 3. Gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha aga-ciro..................................................................................................................................................................................108
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
3IJAMBO RY'IBANZE 1N¶XNRELWHJDQ\ZDQ¶LQJLQJR\DQ¶L\D]¶,WHJHNRQƒU\RNXZD ryahinduwe n'Itegeko n° 61/2018 ryo ku wa 24/08/2018 rigena Inshingano, Imiterere Q¶,PLNRUHUHE\D\R. RPLVL\R\¶,JLKXJX\¶8EXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXLQHMHMZHQRNXJH]DNX Nteko Ishinga Amategeko ndetse no gushyikiriza kopi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Urukiko rw'Ikirenga na Guverinoma raporo yayo y'ibikorwa by'umwaka wa 2021-2022 na gahunda yayo y'ibikorwa y'umwaka wa 2022-2023.,\LUDSRURLNXEL\HPRLELNRUZDELM\DQ\HQ¶LQVKLQJDQR]D. RPLVL\R]RNXUHQJHUDXEXUHQJD]LUD bwa muntu, gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye XPXQWXF\DQJZDLELPXWHVKDDJDFLURQGHWVHQ¶LELM\DQ\HQRJXWH]DLPEHUHXEXUHQJDQ]LUDEZD muntu yakoze mu mwaka wa 2021-2022. Muri iyi raporo Komisiyo iragaragaza kandi uko imyanzuro n'inama kuri raporo y'ibikorwa E\D\RE\¶XPZDNDZD\DVK\L]ZHPXELNRUZDXNR\DNRUHVKHMHLQJHQJR\¶LPDULQGHWVHQ¶LELNRUZDLWHJDQ\D kuzibandaho mu mwaka wa 2022-2023. Komisiyo iboneyeho umwanya wo gushimira Leta y'u Rwanda kubera ingamba yashyizeho mu rwego rwo guhangana Q¶LQJDUXND]¶LF\RUH]RF\D&29,'F\DNZLUL\HLVL\RVH,NRPHMHNX\LVKLPLUDNDQGLNXEZ¶LQJHQJR\¶LPDULL\LJHQHUDEXUL mwaka mu rwego rwo kuyifasha gusohoza inshingano zayo. Komisiyo irashima kandi uruhare rw'abafatanyabikorwa batandukanye barimo inzego za Leta, imiryango itari iya Leta, abikorera n' abakorerabushake bayo kuko ibikorwa bikubiye muri iyi raporo ari umusaruro mwiza wavuye mu bufatanye nabo. MUKASINE Marie Claire Perezida wa Komisiyo
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
4INSHINGANO, UBUBASHA, IMITERERE N'IMIKORERE BYA KOMISIYO Y'IGIHUGU Y'UBU-RENGANZIRA BWA MUNTU Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ni Komisiyo yigenga iteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u 5ZDQGDU\RPXU\DYXJXUXZHPXPXQJLQJR\DU\R\D,QJLQJR\DU\R\DLNDEDL\LKDLQVKLQJDQR yihariye yo guteza imbere uburenganzira bwa muntu. By'umwihariko Komisiyo igengwa n'Itegeko n° 19/2013 ryo ku wa U\DKLQGXZHQ¶,WHJHNRQƒU\RNXZDULJHQD,QVKLQJDQR,PLWHUHUHQ¶,PLNRUHUHE\D\R Nk'Urwego rw'Igihugu rushinzwe uburenganzira bwa muntu, Komisiyo igendera ku Mahame Shingiro agenga imiterere n'imikorere by'izo nzego nk'uko ateganywa n'Icyemezo A/RES/48/134 cyafashwe n'Umuryango w'Abibumye ku wa 20 Ukuboza 1993 i Paris, gishyiraho Amahame Shingiro ya za Komisiyo z'Ibihugu zishinzwe Uburenganzira bwa muntu. Ayo mahame akaba agenga imiterere n'imikorere by'Inzego z'Ibihugu zishinzwe guteza imbere no kurengera uburenganzira EZD0XQWX. XEHUDNXEDKLUL]DLELNXEL\HPXULD\RPDKDPH. RPLVL\RL¿WH6LWDWL$\DKDZHQ¶8UZHJR0SX]DPDKDQJD ruhuza za Komisiyo z'Ibihugu zishinzwe uburenganzira bwa Muntu (GANHRI). Kubona Sitati A byatumye Komisiyo igira uruhare mu nama mpuzamahanga no mu mirimo itumirwamo ihuza za Komisiyo Q¶,Q]HJR]¶,ELKXJX]LVKLQ]ZHXEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWXELQD\LKHVKDXEXUHQJDQ]LUDEZRJXIDWDLMDPERQRJXWRUZDPX nzego z'ubuyobozi bw'Ihuriro ry'Inzego z'Ibihugu zishinzwe Uburenganzira bwa Muntu ku rwego rw'isi. Komisiyo kandi LNXULNLUDQDLQDPD]¶$NDQDPDN¶8PXU\DQJRZ¶$ELEXPE\HJDVKLQ]ZH8EXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXLNDQDIDWDPRLMDPER Icyerekezo cya Komisiyo Icyerekezo cya Komisiyo ni ukugira umuryango nyarwanda wubahiriza uburenganzira bwa muntu n'Igihugu kigendera ku mategeko. Inshingano rusange,WHJHNRQƒU\RNXZDU\DKLQGXZHQ¶,WHJHNRQƒU\RNXZDULJHQDLQVKLQJDQR imiterere n'imikorere bya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, mu ngingo yaryo ya 4, riha Komisiyo inshingano rusange yo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu. Inshingano zihariye Mu bijyanye no guteza imbere uburenganzira bwa muntu, . RPLVL\RL¿WHLQVKLQJDQR]LKDUL\H]LNXULNLUD Kwigisha no gukangurira abaturarwanda ibyerekeye uburenganzira bwa muntu no kugira uruhare mu gutegura gahunda zo kwigisha uburenganzira bwa muntu; Gufatanya n'izindi nzego gushyiraho ingamba zo gukumira ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu; Gukora no gusakaza raporo ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu mu Rwanda buri mwaka n'igihe cyose bibaye ngombwa; *XWDQJDLELWHNHUH]RLELVDEZHF\DQJZDLE\LEZLULMHNXPDWHJHNRNXPDEZLUL]D\RPXQ]HJR]¶XEX\RER]LDNXULNL]ZD mu gihugu no ku mishinga y'amategeko kugira ngo byubahirize amahame shingiro y'uburenganzira bwa muntu; Gushishikariza inzego za Leta zibishinzwe kwemeza amasezerano mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu QRNX\LQML]DPXPDWHJHNRLJLKXJXNLJHQGHUDKR Gushishikariza inzego za Leta zibishinzwe gutangira ku gihe raporo ku masezerano mpuzamahanga u Rwanda UZHPHMHEXUXQGX Kugaragariza inzego za Leta zibishinzwe ibyakorwa igihe hari ihohoterwa ryakozwe kugira ngo rikosorwe kandi ULKDQZHKDNXULNLMZHDPDWHJHNR Gufatanya n'inzego z'ibindi bihugu zishinzwe uburenganzira bwa muntu, amashyirahamwe akorera mu gihugu
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
5n'imiryango mpuzamahanga mu bikorwa byo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu. Mu bijyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu. RPLVL\RL¿WHLQVKLQJDQR]LKDUL\H]LNXULNLUD Kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu, by'umwihariko iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'umwana, XEZ¶XPXJRUHXEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDXEZ¶DED¿WHXEZDQGXEZ¶DJDNRNRJDWHUD6,'$XEZ¶LPSXQ]LXEZ¶DEDNR]L b'abimukira n'imiryango yabo n'ubw'abageze mu zabukuru; . ZDNLUDJXVX]XPDQRJXNRUDLSHUHUH]DNXELUHJRELM\DQ\HQ¶LKXQJDEDQ\ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWX Gusuzuma ihungabanywa ry'uburenganzira bwa muntu rishobora gukorwa n'inzego za Leta cyangwa rikozwe n'inzego z'abikorera, amashyirahamwe, imiryango itari iya Leta, abantu bitwaza ububasha bwabo, itsinda ry'abantu cyangwa umuntu ku giti cye; *XVXUD DKDIXQJL\H DEDQWX KDJDPLMZH NXJHQ]XUD NR XEXUHQJDQ]LUD EZDER EZXEDKLUL]ZD QR JXVDED LQ]HJR zibishinzwe gukemura ibibazo by'ihohotera ry'uburenganzira bw'abantu bafunzwe byagaragaye; Kugenzura iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu mu matora no gushyikiriza raporo inzego zibishinzwe. Mu bijyanye no gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro,. RPLVL\RL¿WHLQVKLQJDQR]LKDUL\H]LNXULNLUD . XJHQ]XUDNXEXU\REXKRUDKR\DWHJXMHF\DQJZDLWDWHJXMHQ¶LJLKHF\RVHELED\HQJRPEZDDKDQWXKDNXULNLUDJHUH]D ahafungirwa abantu ku mpamvu z'ubugenzacyaha, ibigo ngororamuco n'ibigo binyurwamo by'igihe gito, ibigo byakira DEDQWXED¿WHXEXPXJDEZRPXPXWZHQ¶LELWDURE\DNLUDDEDUZD\LERPXPXWZHLELJRE\DNLUDDEDJH]HPX]DEXNXUX DKDQWXKDVK\LUZDE\¶DJDWHJDQ\RDELQMLUDPXJLKXJXED¿WHLELED]RPXELQ\DEL]LJDF\DQJZDPXEXQGLEXU\REZR JXWZDUDDEDQWXEDIXQ]ZHDKDQGLKDQWXDEDQWXEDEXMLMZHXEZLVDQ]XUHF\DQJZDEDVKRERUDNXEXUL]ZDXEZLVDQ]XUH Gusuzuma ku buryo buhoraho imifungire y'abantu bambuwe uburenganzira ku bwisanzure n'ubundi burenganzira bwabo, kugira ngo barusheho kwitabwaho no kurindwa iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome ibidakwiriye umuntu cyangwa bimutesha agaciro; . XJH]DLE\LIX]RQDPDNXED\RER]LEDEL¿WL\HXEXEDVKDNXJLUDQJRLPLEHUHKR\¶DEDQWXEDIXQ]ZHLUXVKHKRNZLWDEZDKR kandi hakumirwe iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro hashingiwe ku mategeko mpuzamahanga, ayo mu karere n'ayo mu gihugu no kubasaba gukemura ibibazo byagaragaye; *XNXULNLUDQDLVK\LUZDPXELNRUZDU\¶LE\LIX]RQDPDNRPLVL\R\DJHMHMHNX]LQGLQ]HJR Gutanga ibitekerezo ku mategeko asanzwe ariho cyangwa imishinga y'amategeko birebana no gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro bikorerwa ahafungiye abantu; Kwakira ibirego birebana no gufunga abantu, ibirebana n'imibereho myiza n'ubundi burenganzira bw'abafunzwe; *XNRUDXEXVKDNDVKDWVLQ¶LQ\LJRELM\DQ\HQRJXIXQJDDEDQWXLELM\DQ\HQ¶LPLEHUHKRP\L]DQ¶XEXQGLEXUHQJDQ]LUD EZ¶DEDIXQ]ZHKDJDPLMZHJXNXPLUDF\DQJZDNXUZDQ\DL\LFDUXER]RQ¶LELQGLELKDQRF\DQJZDLELNRUZDE\¶XEXJRPH ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro; *XWVXUDXPXEDQRQ¶XEXIDWDQ\HQ¶L]LQGLQ]HJR]L¿WHLQVKLQJDQR]LPZHQD. RPLVL\R
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
6Ububasha bwa Komisiyo. RPLVL\R\¶,JLKXJX\¶8EXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXL¿WHXEXEDVKDUXVDQJHEXNXULNLUD Kwakira no gusuzuma ubuhamya bwerekeye ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu; Kugera aho ari ho hose hakekwa cyangwa havugwa ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu, harimo n'ahafungiwe abantu kugira ngo ihakorere iperereza; . ZHJHUDNXED]DQRJXVREDQX]DXNHNZDKRNXEDD¿WHXEXKDP\DDPDNXUXXUXKDUHQ¶XEXKDQJDELVKRERUDJXIDVKD Komisiyo mu gusesengura no kwegeranya ibimenyetso by'ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu; Kwerekwa inyandiko, kwemererwa kuzisomera aho ziri, cyangwa se guhabwa kopi zazo no guhabwa indi nyandiko yose yakenerwa na komisiyo mu gusesengura no kwegeranya ibimenyetso by'ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu. Inyandiko cyangwa ibintu komisiyo ihawe bisubizwa ba nyirabyo cyangwa inzego byaturutsemo mu gihe kitarenze amezi atatu (3); *XKX]DQRNXQJDDEDQWXED¿WDQ\HLELED]RE\HUHNHUDQ\HQ¶XEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWXPXJLKHELWDQ\XUDQ\LMH n'amategeko; Gusaba inzego zibishinzwe kurenganura nta mananiza umuntu wese Komisiyo yasanze bigaragara ko uburenganzira bwe bwahohotewe; Gusaba inzego zibishinzwe gukurikirana mu nkiko umuntu wese wakoze ibyaha bihutaza uburenganzira bwa muntu; *XNRUDXEXVKDNDVKDWVLNXELED]RE\LKDUL\HQRJXWDQJD]DLELYX\HPRKDJDPLMZHJXWH]DLPEHUHXEXUHQJDQ]LUDEZD muntu; . XJHUDQWDQ]LWL]LNXQ\DQGLNR]RVHQ¶DPDNXUX\RVHEL¿WZHQ¶LQ]HJRELUHEDE\HUHNH\HXPXEDUHZ¶DEDQWXEDIXQ]ZH umubare w'ahantu hafungiye abantu n'aho haherereye; Kugera nta nzitizi ku makuru yose arebana n'uburyo abantu bafunzwe bafashwe n'uburyo bafunzwemo; Kugera nta nzitizi ahantu hose hafungiye abantu, ku nyubako zaho n'ibikoresho; Kuganira mu muhezo igihe cyose n'abantu bafunzwe cyangwa undi muntu wese ushobora gutanga amakuru akenewe; *XIDWDDPDMZLQ¶DPDVKXVKRE\DIDVKD. RPLVL\RPXNXUDQJL]DLQVKLQJDQR]D\RNDQGLKXEDKLULMZHXEX]LPDEZLWH bw'umuntu. $EDNRPLVHULED¿WHXEXEDVKDEZ¶XEXJHQ]DF\DKDEXKRUDKRNXLIDVL\RVH\¶X5ZDQGDLJLKHEDULPXPLULPR\DER0XJLKH bibaye ngombwa n'umukozi ashobora guhabwa ubwo bubasha n'urwego rubishinzwe bisabwe na Perezida wa Komisiyo. . RPLVL\RL¿WHNDQGLXEXEDVKDEZRNXUHJHUDLQNLNRPXPDQ]D]¶LPERQH]DPXEDQRL]¶XEXFXUX]LL]¶XPXULPRQ¶L]¶XEXWHJHWVL iyo habaye ihungabanywa ry'uburenganzira bwa muntu buteganywa n'Itegeko Nshinga, amasezerano mpuzamahanga X5ZDQGDUZHPHMHEXUXQGXQ¶DQGLPDWHJHNR
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
7Inzego za Komisiyo Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu igizwe n'Abakomiseri barindwi (7) barimo Perezida na Visi Perezida. %DNRUDNXEXU\REXKRUDKRNDQGLEDJLUDPDQGDLPDUDLP\DNDLWDQX  LVKRERUDNRQJHUZDLQVKXURLPZHJXVD%DWRUDQ\ZD na Komite ishinzwe gutoranya abakandida ku mwanya w'ubukomiseri igengwa n'Iteka rya Perezida. 0X NX]X]D LQVKLQJDQR ]D\R. RPLVL\R \¶,JLKXJX \¶8EXUHQJDQ]LUD EZD 0XQWX L¿WH LQ]HJR ]¶XEX\RER]L ]LJL]ZH n'Inama y'Abakomiseri ari na rwo rwego rukuru rwa Komisiyo, Biro ya Komisiyo igizwe na Perezida na Visi Perezida n'Ubunyamabanga Bukuru buyoborwa n'Umunyamabanga Mukuru.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
8ABAGIZE INAMA Y'ABAKOMISERI MUKASINE Marie Claire Perezida wa Komisiyo SINYIGAYA Silas Visi Perezida KAWERA Marie Sylvie Komiseri UWIZEYE Marie Thérèse Komiseri MAKOMBE Jean Marie Vianney Komiseri GAHONGAYIRE Aurélie Komiseri MUHONGERWA Patricia Komiseri
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
9INCAMAKE Iyi raporo ikubiyemo ibikorwa Komisiyo yakoze mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2021-2022 hashingiwe ku nshingano zayo zo guteza imbere uburenganzira bwa muntu, kurengera uburengazira bwa muntu n'iyo gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiriye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro. Mu gushyira mu bikorwa inshingano yo kurengera uburenganzira bwa muntu, Komisiyo yakoze iperereza ku birego E\¶LKRKRWHUZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXELULPRLELUHJR  E\D\LJHMHMZHKRPXPZDNDZD Q¶LELUHJR  E\DULELJLNXULNLUDQZDPXPSHUD]¶XPZDNDZD<DNR]HLJHQ]XUDNXL\XEDKLUL]ZD ry'uburenganzira bwa muntu mu matora y'abayobozi b'inzego z'ibanze n'ab'inama z'igihugu yabaye mu mwaka wa LJHQ]XUDNXL\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDEDEDPXELJRELELWDKRLU\¶XEXUHQJDQ]LUD bw'impunzi, abasaba ubuhungiro, abakozi b'abimukira n'imiryango yabo. Yakoze kandi ubushakashatsi ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro no ku iyubahirizwa ry'uburenganzira ku butabera n'uburenganzira bwo guhabwa indishyi ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Komisiyo yasanze uburenganzira bwo gutora no gutorwaEZDUXEDKLULMZHPEHUH\¶DPDWRUDPXJLKHF\¶DPDWRUD QDQ\XPD\D\R,EDUXUDU\¶DPDMZLU\DNR]ZHPXPXF\RQRPXEZLVDQ]XUH&\DNRUD. RPLVL\R\¶DPDWRUDLNZL\HNXM\D LVREDQXUDELKDJLMHLELM\DQ\HQ¶LJLNRUZDF\¶DPDWRUDNXNRKDPZHQDKDPZH. RPLVL\R\DVDQ]HDEDJL]HLQWHNRLWRUD Q¶DEDQ\DUZDQGDPXULUXVDQJHEDWDULEDVREDQXNLZHELKDJLMHXEXU\RDPDWRUD\DJRPEDJDJXNRUZDPR Komisiyo yasanze uburenganzira bw'impunzi bwubahirizwa ishingiye ku bikorwa bya Leta n'imiryango \¶DEDIDWDQ\DELNRUZDELJDPLMHJXWH]DLPEHUHLPLEHUHKR\¶LPSXQ]LDEDNR]LE¶DELPXNLUDQ¶LPLU\DQJR\DERQ¶DEDVDED ubuhungiro. Cyakora, isanga hakwiye gushyirwaho XEXU\REXKDP\HEZRURKHUH]DLPSXQ]L]LJHMHMHLJLKHF\RNXERQD YXEDLNDULWDQGDQJDPXQWX\¶LPSXQ]LQ¶DER]DUDQJLMHLJLKH <DVDQ]HXEXUHQJDQ]LUDEZ·DEDQWXEDÀWHXEXPXJD bwubahirizwa mu bigo bibitaho kuko bahabwa amafunguro DNZL\HEDQGLNZDPXELWDERE\¶LUDQJDPLPHUHUHNDQGLLQ]HJR]LQ\XUDQ\H]LNRPHMHJXNRUDQDQ¶LELJRELELWDKRNXJLUDQJR DEDQDED¿WHXEXPXJDEDJLUHXEXUHQJDQ]LUDQN¶DEDQGLEDQDEZRNXUHUHUZDPXPXU\DQJR&\DNRUD. RPLVL\RLVDQJD hakigaragara LNLED]RF\¶XEXYX]LEZLKDUL\HEXNHQHUZDQ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDEXWLVK\XUZDQ¶XEZLVXQJDQHPXNZLYX]D Mu bushakashatsi Komisiyo yakoze ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro, yasanze haratewe intambwe igaragara mu iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu bwaba ubw'abakozi, ubw'abaturage baturiye ibirombe ndetse n'ubwa ba nyir' ibirombe. Yasanze ariko hari ibikwiye kunozwa kugira ngo burusheho kubahirizwa harimo gushyira ahagaragara ku buryo buhoraho ibiciro by'amabuye y'agaciro kugira ngo bifashe abakozi bakora mu birombe kumvikana n'abakoresha ku bihembo bahabwa no gushishikariza abagikora ubucukuzi EXFLULULWVHJXNRUHVKDXEXU\REXJH]ZHKREXWXPDKDERQHNDXPXVDUXURXKDJLMHELW\RQ¶LELKHPERE\¶DEDNR]LELNL\RQJHUD Hakenewe kandi gukomeza gukangurira abagore kwitabira gukora no gushora imari mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro. Mu bushakashatsi Komisiyo yakoze ku iyubahirizwa ry'uburenganzira ku butabera n'ubwo guhabwa indishyi ikwiye ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, yasanze hari imbogamizi zo kubura ibimenyetso zituma umubare PXQLQLZ¶LELUHJRELVK\LNLUL]ZDXEXVKLQMDF\DKDXVK\LQJXUZDQGHWVHQ¶XPXEDUHZ¶LPDQ]D]LGDWVLQGZDQ¶XEXVKLQMDF\DKD XNDEDXULKHMXUX<DVDQ]HNDQGL8EXVKLQMDF\DKDEZDUDKDJDULWVHJXNXULNLUDQDLELUHJRELQJDQDQDEZDVK\LNLULMZH EXQDWVLQGZDE\¶LPDQ]D]RJXVDPEDQ\DDEDQD]DFLZHQ¶LQNLNR. RPLVL\R\DVDQ]HNDQGLKDNLULLNLED]RF\R kutabungabunga ibimenyetso by'ihohoterwa ndetse no guhishira abahohotera abasambanya abana.. XELM\DQ\HQ¶L\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZRNXUHJHUDLQGLVK\LNXEDNRUHZHLKRKRWHUZDULVKLQJL\HNXJLWVLQD. RPLVL\R \DVDQ]HKDNLJDUDJDUDXPXEDUHPXWRZ¶LELUHJRE\¶LQGLVK\LXJHUDUDQ\LMHQ¶XPXEDUHZ¶LELUHJRQVKLQMDE\DKDELWHZHDKDQLQL Q¶XEXPHQ\LEZ¶DEDWXUDJHEXGDKDJLMHPXE\¶DPDWHJHNRQRNXEDEDWDPHQ\DLPLEXUDQLVKLUL]H\¶LPDQ]D]¶LQVKLQMDE\DKD Mu gushyira mu bikorwa inshingano yo gukumira iyicarubozo n'ibindi bihano cyangwa ibikorwa by'ubugome, ibidakwiye umuntu cyangwa ibimutesha agaciro, Komisiyo yakoze igenzura ry'iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu muri gereza 14, muri kasho z'ubugenzacyaha 70, mu bigo binyurwamo by'igihe gito 28, mu bigo ngororamuco 8 birimo ibigo ngororamuco bibiri (2) bya Leta n'ibigo ngororamuco bitandatu (6) bicungwa n'abafatanyabikorwa ba Leta. . RPLVL\R\DNR]HNDQGLLJHQ]XUDPXELWDUREL¿WHVHULYLVL\RNXYXUDDED¿WHXEXUZD\LEZRPXPXWZHLQDNRUDLJHQ]XUD mu bigo 8 byita ku bageze mu zabukuru n'Ingo 4 z'Impinganzima.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
10Muri za Kasho. RPLVL\R\DVDQ]HXEXUHQJDQ]LUDEZRJXIXQJZDPXEXU\REZXEDKLULMHDPDWHJHNRQ¶XEXUHQJDQ]LUDNX mibereho myiza bwubahirizwa. Cyakora, Komisiyo yasanze abana bato bari kumwe na ba nyina muri za Kasho nta ndyo \LKDUL\HEDJHQHUZD. RPLVL\R\DVDQ]HNDQGLPX7XUHUHDEDIXQ]ZHEDUZD\HEDGD¿WHXEZLVXQJDQHPXNZLYX]DQWD Q¶XEXVKRER]LED¿WHEDYX]ZDELJRUDQ\H<DVDQ]HNDQGLNDVKR]LNRUHUDPXQ\XEDNR]LVKDMHF\DQHQDKRNDVKR]L¿WH XEZLKHUHUREXVKDMHF\DQH\DVDQ]HNDQGLNDVKR]RVH]DVXZH  ]LGD¿WHXEZLKHUHUREZLKDUL\HEZDJHQHZHLPIXQJZD ]L¿WHXEXPXJDEZ¶LQJLQJR Muri gereza, Komisiyo yasanze uburenganzira bw'imfungwa n'abagororwa bwubahirizwa. Cyakora Komisiyo yasanze imfungwa n'abagororwa bafashwa kubona abunganizi mu mategeko batinda kubabona. Komisiyo yasanze kandi XEXFXNLFHPXULJHUH]DEXULKHMXUXNXNLJHURF\DXJHUHUDQ\LMHQ¶XEXVKRER]LEZD]R Mu bigo binyurwamo by'igihe gito, Komisiyo yasanze uburenganzira ku mibereho myiza y'ababirimo bwubahirizwa NXNREDKDEZDLIXQJXURULNZL\HEDUDYX]ZDNDQGLDED¿WHXEXUZD\LEDGDVKRER\HDPDIXQJXURDVDQ]ZHDEDJRUHEDWZLWH abonsa n'abana bari kumwe na ba nyina bahabwa ifunguro ryihariye. Cyakora, Komisiyo yasanze uburenganzira ku myidagaduro no kubona amakuru butubahirizwa uko bikwiye kuko nta bibuga by'imyidagaduro bihari kandi ibigo byo mu 7XUHUHQWDWHOHYL]L\RF\DQJZDUDGL\RELJLUD8EXFXFLNHPXELJRELQ\XUZDPRE\¶LJLKHJLWREXULKHMXUXNXNRDEDIXQJL\H PXULLE\RELJREDQJDQDQDXJHUHUDQ\LMHQ¶XEXVKRER]LEZDE\R. RPLVL\R\DVDQ]HNDQGL,ELJRE\RVHE\DJHQ]XZH QWDPSXJXNHPXELM\DQ\HQ¶LP\LWZDULUHQ¶LPLWHNHUHUH]H SV\FKRORJLVW EL¿WHXUHWVHLNLJRF\¶8PXM\LZD. LJDOL Mu bigo ngororamuco, Komisiyo yasanze uburenganzira ku mibereho myiza n'uburenganzira ku burezi bwubahirizwa. $EDJRURUHUZDPXULLELELJREDKDEZDLIXQJXURULNZL\HED¿WHLVXNXDEDUZD\HEDUDYX]ZDKDNRUHVKHMZHXEZLVXQJDQHPX kwivuza kandi abana bato biga amashuri abanza n'abakuze bahabwa inyigisho zinyuranye zirimo ubumenyingiro. Nta bucucike bwagaragaye muri ibyo bigo. Mu bigo byita ku bageze mu zabukuru, Komisiyo yasanze uburenganzira bw'ababirimo ku mibereho myiza n'uburenganzira bwo kumenya amakuru bwubahirizwa kandi nta bucucike bubirimo. 0XELWDURE\LWDNXEDQWXEDÀWHXEXUZD\LEZRPXPXWZH, Komisiyo yasanze uburenganzira ku mibereho myiza bwubahirizwa kuko bavuzwa uko bikwiye kandi bahabwa ifunguro rikwiye. Cyakora, Ibitaro bya CARAES Ndera n' Ibitaro bya CARAES Butare byagaragayemo ubucukike kuko byarimo umubare w'abarwayi uruta ubushobozi bwabyo. Mu gushyira mu bikorwa inshingano yo guteza imbere uburenganzira bwa muntu, Komisiyo yakoze ibikorwa byo gukangurira abaturarwanda uburenganzira bwa muntu binyuze kuri radiyo, televiziyo imbuga nkoranyambaga no mu biganiro n'inzego zinyuranye. Ibiganiro byatanzwe byibanze ku burenganzira ku butabera buboneye, kurwanya ruswa n'ingaruka zayo ku burenganzira bwa Muntu, amahame remezo y'uburenganzira bwa Muntu, kwimakaza ubumwe EZ¶DEDQ\DUZDQGDQRNXUZDQ\DLQJHQJDELWHNHUH]R\DMHQRVLGH. RPLVL\R\DWDQ]HNDQGLDPDKXJXUZDDQ\XUDQ\HNX bantu 871 bari mu byiciro bitandukanye.. RPLVL\RLIDWDQ\LMHQ¶LQ]HJR]LQ\XUDQ\H]LULPRLQ]HJR]D/HWDQ¶LPZHPXPLU\DQJRLWDULL\D/HWDLKDUDQLUDXEXUHQJDQ]LUD EZD0XQWX\L]LKLMHLPLQVL0SX]DPDKDQJDQJDUXNDPZDND\¶XEXUHQJDQ]LUDEZD0XQWX0XUL\RKDULPRXPXQVLZ¶,WDQJD]R 0SX]DPDKDQJDU\¶8EXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXXPXQVLPSX]DPDKDQJDZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDXPXQVLPSX]DPDKDQJD w'umugore, umunsi wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n' umunsi w'umwana w'umunyafurika. Komisiyo kandi yasesenguye inatanga ibitekerezo ku mishinga y'amategeko kugira ngo yubahirize amahame shingiro y'uburenganzira bwa muntu. . RPLVL\R\DNRPHMHXEXIDWDQ\HQ¶LQ]HJRPSX]DPDKDQJD]LVKLQ]ZHXEXUHQJDQ]LUDEZD0XQWXNXUZHJRUZ¶,VLQRNX mugabane w'Afurika, inafatanya n'inzego za Leta n'imiryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bwa Muntu ikorera mu gihugu mu bikorwa bitandukanye byo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa Muntu. By'umwihariko, Komisiyo yateguye inakira inama y'Ihuriro ry'Inzego zishinzwe Uburenganzira bwa Muntu z'ibihugu biri mu muryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'Icyongereza yabereye i Kigali, tariki 16-17 kamena 2022. Muri iyo nama, Komisiyo yatorewe kuyobora iryo huriro mu gihe cy'imyaka ibiri (2). . XJLUDQJRLJHUHNXELNRUZDELNXEL\HPXULL\LUDSRURPXPZDNDZD. RPLVL\R\DNRUHVKHMHLQJHQJR\¶LPDUL ingana n'amafaranga y'u Rwanda miliyali imwe na miliyoni mirongo itandatu n'imwe n'ibihumbi magana inani na mirongo itatu na bitandatu na magana cyenda mirongo itanu n'abiri (1,061,836,952 Rwf) harimo ingengo y'imari yahawe na Leta ingana na Miliyari imwe na Miliyoni makumyabiri n'ibihumbi magana atandatu mirongo itanu na bitatu Q¶DPDIDUDQJDLMDQDQDPDNXP\DELULQ¶DELUL )UZ QD0LOL\RQLPLURQJRLQHQ¶LPZHQ¶LELKXPELLMDQDQD mirongo inani na bitatu na magana inani mirongo itatu (41,183,830 Frw) yahawe n'abafatanyabikorwa.
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
111. IGICE CYA MBERE KURENGERA UBURENGANZIRA BWA MUNTU Ibikorwa bya Komisiyo byo kurengera uburenganzira bwa muntu mu mwaka wa 2021-2022 birimo gukurikirana ibirego ELM\DQ\HQ¶LKXQJDEDQ\ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWXQRNXJHQ]XUDL\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWX 1. 1. GUKURIKIRANA IBIREGO MU MWAKA WA 2021-2022. RPLVL\RL¿WHLQVKLQJDQR\RNZDNLUDJXVX]XPDQRJXNRUDLSHUHUH]DNXELUHJRELM\DQ\HQ¶LKXQJDEDQ\ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUD bwa muntu nk'uko biteganywa n'Itegeko noU\RNXZDU\DKLQGXZHQ¶,WHJHNRQo 61/2018 ryo ku wa ULJHQDLQVKLQJDQRLPLWHUHUHQ¶LPLNRUHUHE\D\RPXQJLQJR\DU\R\D  0XULLNLJLFHKDJDUDJDMZHXNR Komisiyo yakurikiranye ibirego mu mwaka w'ingengo y'imari 2021-2022 hagaragazwa umubare w'ibirego byakurikiranwe n'aho bigeze bikemuka. 1. 1. 1. Ibirego byakurikiranwe mu mwaka wa 2021-2022 0XPZDNDZD. RPLVL\R\DNXULNLUDQ\HLELUHJRELM\DQ\HQ¶LKXQJDEDQ\ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZDPXQWX ELULPRLELUHJR  \DNLUL\HPXPZDNDZDQ¶LELUHJR  E\DULELJLNXULNLUDQZDPXPSHUD ]¶XPZDNDZDELJL]ZHQ¶LELUHJR. RPLVL\R\DUL\DUDUDQJLMHJXNRUHUDLSHUHUH]DDULNRELWDUDERQHUZDLELVXEL]R n'ibirego 69 byari bigikorerwa iperereza. Igishushanyo no1: Ibirego byakurikiranwe mu mwaka wa 2021-2022 134385 Ibirego byari bigikurikiranwa mu mpera z'umwaka 2020-2021Ibirego byakiriwe mu mwaka wa 2021-2022 1. 1. 2. Isesengura ry'ibirego Komisiyo yakurikiranye mu mwaka wa 2021-2022. RPLVL\R\DVX]XP\HLQDNRUDLSHUHUH]DNXELUHJR\DNLUL\HKDJDPLMZHNXELERQHUDLELVXEL]R0XELUHJR. RPLVL\R \DNXULNLUDQ\HPXPZDNDZDLELUHJRELQJDQDQDE\DUDQJLMHJXNRUHUZDLSHUHUH]DLELUHJR ELQJDQDQDELUDF\DNRUHUZDLSHUHUH]DQDKRLELUHJRELQJDQDQD. RPLVL\R\DJLUL\HLQDPDEDQ\LUDE\R NXELM\DQDPX]LQGLQ]HJRELWHZHQ¶XNR. RPLVL\R\DVDQ]HELULPXEXEDVKDEZD]R
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
12Igishushanyo no2: Aho ibirego bigeze bikurikiranwa mu mpera z'umwaka 2021-2022 37015134Ibirego byarangije gukorerwa iperereza Ibirego byasuzumwe ba nyirabyo bakagirwa inama yo kubijyana mu nzego zibishinzwe Ibirego bigikorerwa iperereza 0XELUHJRE\DUDQJLMHJXNRUHUZDLSHUHUH]DLELUHJRELQJDQDQDE\DERQHZHLELVXEL]RQDKRELQJDQDQD QWLELUDERQHUZDLELVXEL]R Mu isesengura Komisiyo yakoze, yasanze ibirego biza ku isonga ari ibishingiye ku burenganzira ku mutungo, uburenganzira ku butabera, uburenganzira bwo kudahungabanywa ku mubiri no mu mutwe, uburenganzira bwo kumenya ababyeyi no kurerwa na bo n'uburenganzira ku burezi. Imbonerahamwe no1: Ibirego Komisiyo yakurikiranye hakurikijwe ibyiciro by'uburenganzira No Uburenganzira Abakuru Abana Igiteranyo Ijanisha Gabo Gore Gabo Gore 1 Umutungo 73-3 134  2 Ubutabera  1 8 117  3 Kudahungabanywa ku mubiri no mu mutwe 6 6 4 71 87  4 Kumenya ababyeyi no kurerwa na bo 3 10 43   Uburezi 2-14 23 39  6 Umurimo 17 6--23  7 Kwandikwa mu bitabo by'irangamimerere 4 2 3 14  8 Ubuzima 2 8 2 1 13  9 Imibereho myiza 7 1 3 11  10 Kutavangurwa 4 9  11 Icumbi riboneye 2 1-8  12 Kumenyesha imiryango y'abantu bashyizwe ah-DQWXEDWHPHUHZHNXYDQRNXM\DDKREDVKDNDNX mpamvu ziteganywa n'amategeko1 1 7  13. XGDNRUHVKZDLPLULPRLEXMLMZHNXPZDQD--4 2 6  14 Guhabwa indishyi 2 3--   Ihohoterwa rikorerwa mu ngo -1 -1  16 Kudashyingirwa imburagihe --1 -1  17 Kurererwa mu muryango--1-1  Igiteranyo 173 158 51 137 519 100. 0%
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
13Nk'uko imbonerahamwe no LELJDUDJD]D LELUHJR E\¶XPXWXQJR EL]D NX PZDQ\D ZD PEHUH Q¶LMDQLVKD U\D  ELJDNXULNLUZDQ¶LELUHJRELVKLQJL\HNXEXUHQJDQ]LUDNXEXWDEHUD  XEXUHQJDQ]LUDEZRNXGDKXQJDEDQ\ZDNXPXELUL QRPXPXWZH  XEXUHQJDQ]LUDEZRNXPHQ\DDEDE\H\LQRNXUHUZDQDER  Q¶XEXUHQJDQ]LUDNXEXUH]L  ,ELUHJRE\¶XEXUHQJDQ]LUDNXPXWXQJRE\LJDQMHPRLELVKLQJL\HNXPDNLPELUDQHNXEXWDNDQRNXGDKDEZDLQGLVK\LLNZL\H NXPLWXQJR\¶DEDWXUDJH\DQJLMZHQ¶LPLULPR\¶LELNRUZDE\¶LQ\XQJXUXVDQJH,ELUHJRE\¶XEXUHQJDQ]LUDNXEXWDEHUD E\LJDQMHPRLE\RNXWDUDQJLUL]ZDLPDQ]D]DED\HLWHJHNRQDKRLELUHJRE\¶XEXUHQJDQ]LUDEZRNXGDKXQJDEDQ\ZDNXPXELUL QRPXPXWZHE\LJDQMHPRLE\RJXVDPEDQ\DDEDQDF\DQHF\DQHDE¶DEDNREZD,ELUHJRE\¶XEXUHQJDQ]LUDEZRNXPHQ\D DEDE\H\LQRNXUHUZDQDERELM\DQ\HDKDQLQLQ¶DEDE\H\LE¶DEDJDEREDWHUDLQGDDEDJRUHEDNDQJDNZHPHUDDEDQDQGHWVH n'ababyeyi bamara kubyara abana bakabasiga ntibabarere. Ibirego by'uburenganzira ku burezi bishingiye ku babyeyi bakura abana mu ishuri bakabakoresha imirimo yo mu rugo cyangwa mu yindi mirimo yo gukorera amafaranga. 1. 2. IGENZURA RY'IYUBAHIRIZWA RY'UBURENGANZIRA BWA MUNTU Mu mwaka wa 2021-2022, Komisiyo yakoze igenzura ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu mu matora y'abayobozi b'inzego z'ibanze n'ab'inama z'igihugu yabaye mu Ukwakira n'Ugushyingo 2021, igenzura ry'iyubahirizwa U\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDPXELJRELELWDKRQ¶LJHQ]XUDU\¶L\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶LPSXQ]L abasaba ubuhungiro, abakozi b'abimukira n'imiryango yabo. 1. 2. 1. Igenzura ku iyubahirizwa ry'Uburenganzira bwa muntu mu matora y'abayobozi b'inzego z'ibanze n'ab'inama z'igihugu yabaye mu Ukwakira n'Ugushyingo 2021 Mu mezi y'Ukwakira n'Ugushyingo 2021, mu Rwanda habaye ibikorwa by'amatora y'abayobozi b'inzego z'ibanze guhera ku rwego rw'Umudugudu kugera ku rwego rw'Akarere, abagize Komite z'Inama y'Igihugu y'Abagore n'Inama y'Igihugu y'Urubyiruko kuva ku rwego rw'Umudugudu kugera ku rwego rw'Igihugu. Habaye kandi n'amatora y'abagize komite z' ,QDPD\¶,JLKXJX\¶$EDQWXED¿WH8EXPXJDNXYDNXUZHJRUZ¶$NDJDULNXJHUDNXUZHJRUZ¶,JLKXJX Komisiyo yagenzuye imyiteguro y'amatora, amatora nyir'izina n'ibikorwa bya nyuma y'amatora. 1. 2. 1. 1. Imyiteguro y'amatora. XZD. RPLVL\R\DJLUDQ\HLELJDQLURQD. RPLVL\R\¶,JLKXJX\¶$PDWRUDKDJDPLMZHNXPHQ\DDKRLP\LWHJXUR y'amatora igeze. Muri iyi nama, Abakomiseri ba Komisiyo zombi bunguranye ibitekerezo ku bikwiye kwibandwaho mu mitegurire y'amatora hitabwa ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa Muntu mu matora n'ibyagaragaye mu matora aheruka bikwiye kunozwa. Abagize Komisiyo zombi nyuma y'ibiganiro ku myiteguro y'amatora (Ifoto: NCHR, 2021)
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
14Ku wa 11/11/2021, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yitabiriye inama y'indorerezi yatumiwe na Komisiyo \¶,JLKXJX\¶$PDWRUD,\RQDPD\DKXMHLQGRUHUH]L]DWXUXWVHPXQ]HJR]LWDQGXNDQ\HKDJDPLMZHNX]LJH]DKRDPDEZLUL]D y'uko zizitwara mu gihe cy'amatora 1. 2. 1. 2. Amatora nyirizina Mu matora nyirizina, Komisiyo yagenzuye iyubahirizwa ry'uburenganzira bwo gutora, gutorwa n'uburenganzira bwo kugira uruhare mu buyobozi bw'Igihugu, uburenganzira bwo kutavangurwa, n'uburenganzira bw'indorerezi. . RPLVL\R\DJHQ]X\HNDQGLXEXUHQJDQ]LUDEZ¶LE\LFLURE\LKDUL\HELULPRDEDQWXED¿WHXEXPXJDDEDJH]HPX]DEXNXUX abagore batwite n'abonsa. Uburenganzira bwo gutora, gutorwa n'uburenganzira bwo kugira uruhare mu buyobozi bw'Igihugu ,WHJHNR1VKLQJDU\D5HSXEXOLND\¶X5ZDQGDU\RPXULU\DYXJXUXZHPXPXQJLQJR\DU\R\DLWHJDQ\DNR “Itora ari uburenganzira bw'Abanyarwanda bose ku buryo bungana. Abanyarwanda bose, baba ab'igitsina gore cyangwa DE¶LJLWVLQDJDEREXMXMHLE\DQJRPEZDELVDEZDQ¶DPDWHJHNRED¿WHXEXUHQJDQ]LUDEZRJXWRUDQRJXWRUZD,WRUDULNRUZD mu buryo butaziguye cyangwa buziguye kandi mu ibanga, keretse iyo biteganywa ukundi n'iri Tegeko Nshinga cyangwa andi mategeko”.,QJLQJR\D\¶LU\RWHJHNRLJLNDF\DPEHUHLYXJDNR³$EDQ\DUZDQGDERVHED¿WHXEXUHQJDQ]LUDEZRNXJLUDXUXKDUHPX EX\RER]LEZ¶,JLKXJXEDEDEDEXNRUHVKHMHXEZDERF\DQJZDVHEDELQ\XMLMHNXEDEDKDJDUDUL\HELKLWL\HPRQWDJDKDWR KDNXULNLMZHDPDWHJHNR´. RPLVL\R\DVDQ]HXEXUHQJDQ]LUDEZRJXWRUDQRJXWRUZDEZDUXEDKLULMZHNXNRDEDQWXEDULEXMXMHLELVDEZDEHPHUHZH gutora no gutorwa. Abahagarariye amatora bagiye babanza kurahira mbere yo kuyobora abaturage mu matora (Amafoto: NCHR, 2021) . RPLVL\R\DVDQ]HDPDWRUD\DULWDELULZHNXEXU\REXVKLPLVKLMHELJDUDJD]DNRDEDQ\DUZDQGDEDJL]HXUXKDUHPXEX\RER]L bw'igihugu bitorera nta gahato abayobozi bazabahagararira mu nzego zitandukanye. Cyakora, Komisiyo yasanze bamwe mu bagize inteko itora mu nzego z'umudugudu n'utugari batari basobanukiwe neza uburyo amatora yagombaga gukorwamo. Uburenganzira bwo kutavangurwa,WHJHNR1VKLQJDU\D5HSXEXOLND\¶X5ZDQGDU\RPXU\DYXJXUXZHPXPXQJLQJR\DULWHJDQ\DNR Abanyarwanda bose bavukana kandi bagakomeza kugira uburenganzira n'ubwisanzure bingana, ko ivangura iryo ari ryo U\RVHF\DQJZDNXULNZLUDNZL]DELEXMLMZHNDQGLELKDQZDQ¶DPDWHJHNR Mu igenzura Komisiyo yakoze, yasanze nta vangura ryakorewe abatora cyangwa abatorwa kubera ko uburenganzira EZDEREZXEDKLULMZHXNRELNZL\HNXULERVH
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf
15 Uburenganzira bw'indorerezi Amasezerano Nyafurika kuri Demokarasi, Amatora n'Imiyoborere, mu ngingo yayo ya 21(2) avuga ko ''akazi k'indorerezi ]¶DPDWRUDJDNRUZDQ¶LPSXJXNH]L¿WHXEXPHQ\LPXELM\DQ\HQRNXJHQ]XUDDPDWRUD>@¶ ¶,QGRUHUH]L]¶DPDWRUD]L¿WHXEXUHQJDQ]LUDEXWHJDQ\ZDPX,WHJHNR1JHQJD1RU\RNXZDULJHQJD DPDWRUDPXQJLQJR\DQN¶XNRU\DKLQGXZHQ¶,WHJHNR1JHQJD1ž2/ U\RNXZDDULEZR Kumenyeshwa gahunda y'itora; Kumenyeshwa uburyo itora rikorwamo; Kumenyeshwa aho ibikorwa byose by'itora bikorerwa; Koroherezwa kubona inyandiko zirebana n'itora; Kwemererwa kugera aho ibikorwa by'itora bikorerwa, uretse mu bwihugiko igihe gutora byatangiye, no kumenyeshwa ibyavuye mu itora mu gihe giteganywa n'itegeko. 0XLJHQ]XUD. RPLVL\R\DVDQ]HXEXUHQJDQ]LEZ¶LQGRUHUH]LEXPD]HNXYXJZDEZDUXEDKLULMZHNDQGLLQGRUHUH]L]HPHUHZH gukurikirana ibikorwa byose by'amatora. Uburenganzira bw'ibyiciro byihariye mu matora . RPLVL\R\DJHQ]X\HL\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDXEZ¶DEDJH]HPX]DEXNXUXXEZ¶DEDJRUH batwite n'abonsa. 8EXUHQJDQ]LUDEZ·DEDQWXEDÀWHXEXPXJD. RPLVL\R\DJHQ]X\HL\XEDKLUL]ZDU\¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDLVDQJDEZDUXEDKLULMZHNXNRERURKHUHMZH JXWRUDNDQGLLELURE\¶LWRUDE\DULE\XEDWVHNXEXU\REXERURKHUH]DNXJHUDNXELURQRPXE\XPEDE\¶LWRUDKXEDKLULMZH LELWHJDQ\ZDPX,WHJHNRQƒU\RNXZDULUHQJHUDDEDQWXED¿WHXEXPXJDPXULUXVDQJHPXQJLQJR \DU\R\DLYXJDNR³,Q\XEDNR]LNRUHUZDPRVHULYLVL]LWDQGXNDQ\H]LJHQHZHDEDWXUDJH]LJRPEDNXED]LWH\HNXEXU\R ]RURKHUH]DDEDQWXED¿WHXEXPXJDNXJHUDDKRL]RVHULYLVL]LWDQJLUZD¶ ¶ %DPZHPXEDQWXED¿WHXEXPXJDELWDELUL\HDPDWRUDPX. DUHUHND%XJHVHUD ,IRWR1&+5 %\¶XPZLKDULNRPXELUHEDQDQ¶XEXUHQJDQ]LUDEZ¶DEDQWXED¿WHXEXPXJDEZRNXWDERQD. RPLVL\R\DVDQ]HEZDUXEDKLULMZH NXNRDEDJH]HNXELURE\¶LWRUDERVHEHPHUHZHJXWRUDKDNXULNLMZH$PDEZLUL]D1ƒ\RNXZD\D Komisiyo y'Igihugu y'Amatora agenga amatora y'Abayobozi b'inzego z'ibanze n'ab'inama z'Igihugu mu 2021, mu ngingo
CNDP_komisiyo_uburenganzira_2021_22.pdf